Imibiri 8007 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yari ishyinguye i Karubamba mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza yataburuwe ikaba izongera gushyingurwa mu cyubahiro tariki 25/05/2014.
														
													
													Mu gihe hakomeza gushyirwa imbaraga mu gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu karere ka Kayonza hakomeje kugaragara ahantu hagiye jugunywa imibiri y’abazize iyo Jenoside, ku buryo bitashoboka kuyihavana ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
														
													
													Nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda, mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza hari ibyobo byacukurwagamo amabuye y’agaciro mbere ya Jenoside byajugunywemo imibiri y’Abatutsi bazize iyo Jenoside none ubu byananiranye kuyikuramo.
														
													
													Abarokokeye i Mukarange mu karere ka Kayonza n’Abanyamukarange muri rusange tariki 12/04/2014 bibutse Jenoside yahakorewe banashyingura mu cyubahiro imibiri 30 yabonetse yari itarashyingurwa. Imibiri 26 muri yo yabonetse mu murenge wa Mukarange, ibiri iboneka mu murenge wa Nyamirama, indi ibiri iboneka mu murenge wa Rwinkwavu.
														
													
													Padiri Bosco Munyaneza wari padiri mukuru wa Paruwasi ya Mukarange mu karere ka Kayonza mu gihe cya Jenoside ni umwe mu bapadiri bagize ubutwari bwo gushaka kurokora Abatutsi bari bamuhungiyeho, kugeza ubwo ahitamo gupfana na bo aho kugira ngo yitandukanye na bo.
Bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside mu murenge wa Kabarondo bubakiwe Jenoside ikirangira amazu ya bo yarangiritse bikomeye ku buryo hari n’aho bishobora kuzasaba ko bongera kubakirwa bundi bushya.
														
													
													Uwamariya Mediatrice wo mu kagari ka Gikaya mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yisanze asigaranye barumuna be babiri indi miryango ye yarishwe.
														
													
													Ubuyobozi bw’ikigo cya SOS Village d’Enfants gikorera mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza tariki 07/04/2014 cyaremeye abakecuru batanu bagizwe incike na Jenoside kinabashumbusha abana n’abuzukuru bazajya baba hafi. Abana bashumbushijwe abo bakecuru ni abakozi basanzwe bakora muri icyo kigo, naho abuzukuru bakaba ari (…)
														
													
													Nyirabagenzi Elevaniya, umukecuru utuye mu mudugudu w’Akinyenyeri mu kagari ka Cyinzovu mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza ari mu bantu bakuze cyane mu Rwanda, kuko ngo yavutse umunsi umwe mbere y’uko intambara yitiriwe Rucunshu itangira.
														
													
													Umushinga USAID-Higa Ubeho ukorera mu karere ka Kayonza wigishije abaturage uburyo bakora umuti wica udukoko twibasira ibihingwa bifashishije urusenda.
														
													
													Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bavuga ko hari bagenzi ba bo cyane cyane abarokore bagiterwa isoni no kugura udukingirizo, bigatuma bakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.
														
													
													Abaturage bo mu karere ka Kayonza barasabwa kwitondera abantu biyita abashoramari babasaba gukorana imishinga ibyara inyungu ariko ntibagirane amasezerano kuko bishobora kubateza igihombo kandi ntibabone uko barenganurwa igihe hatabayeho amasezerano ku mpande zombi.
														
													
													Abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona biga mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini (GS Gahini) bavuga ko n’ubwo batabona bashoboye, kuko babasha kwigana na bagenzi ba bo badafite ikibazo kandi kenshi abatabona bagatsinda cyane kurusha abanyeshuri badafite ikibazo.
														
													
													Mu karere ka Kayonza hatangijwe imirimo yo kubaka umuyoboro w’amazi uzageza amazi meza ku baturage bagera ku bihumbi 30 bo mu mirenge ya Mwili na Rwinkwavu. Muri uyu mushinga wiswe Migera hazubakwa umuyoboro mushya, ndetse hanasanwe indi miyoboro yatangiye kwangirika, ndetse imwe muri yo yamaze gusanwa.
														
													
													Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza muri ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr. Alvera Mukabaramba, arasaba abaganga bahuguriwe gushyira mu byiciro abafite ubumuga kuzabikorana ubushishozi, kugira ngo bizatange imibare nyayo y’abafite ubumuga u Rwanda rufite, bityo byorohe kugena uburyo bazajya bafashwa.
														
													
													Bamwe mu rubyiruko rwo mu mujyi wa Kayonza ngo bishimiye kuba umuraperi Jay Polly yaraje mu bahanzi 10 basigaye bazahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS4) ku nshuro ya kane.
														
													
													Umuhuzabikorwa w’ikigo cy’urubyiruko cya Kayonza, Mwiseneza Jean Claude avuga ko isomero ryafunguwe muri icyo kigo rizagira uruhare runini mu kugabanya umubare w’urubyiruko rwishoraga mu bikorwa bibi.
														
													
													Abaturage bo mu karere ka Kayonza bakorana n’umushinga Learning Environmental Adaptations for Food security (LEAF) wa ADRA Rwanda bavuga ko umusaruro w’ibyo beza utazongera gupfa ubusa kubera ikoranabuhanga ryo kuwumisha bigishijwe n’uwo mushinga.
														
													
													Bamwe mu baturage batuye mu gace gafatwa nk’umujyi wa Kayonza bavuga ko igishushanyo mbonera cyakorewe ako gace mu bijyanye n’imyubakire kitajyanye n’ubushobozi bwa bo, ndetse nyuma y’aho icyo gishushanyombonera gishyiriwe ahagaragara, ibikorwa by’ubwubatsi muri uwo mujyi byagiye bihagarara buhoro buhoro.
Harerimana Jean Bosco bahimbaga Buyondori wari utuye mu kagari ka Murundi ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza yitabye Imana tariki 10/03/2014 ku buryo butunguranye, abaturage bakaba bakeka ko yaba yishwe n’inzoga yitwa Super Gin, benshi bita Suruduwire.
														
													
													Bagendeye ku nsanganyamatsiko igira iti “Twubake dushingiye ku byo twagezeho dukomeze imihigo”, abagore bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bizihije umunsi mpuzamahanga w’abari n’abategarugori wabaye tariki 08/03/2014 baremera bagenzi ba bo batishoboye.
														
													
													Abanyamuryango ba koperative Inshuti ikora ubuhinzi bw’imboga mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza bahinga imboga mu bihe by’imvura n’izuba, kandi muri ibyo bihe byose imboga bahinga zikera bitewe n’ikoranabuhanga bazihingana.
														
													
													Abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona biga mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini mu karere ka Kayonza bavuga ko kuba abafite ubwo bumuga batiga mu mashami ya siyansi atari uko batayashobora, ahubwo ngo biterwa n’uko nta bikoresho byabugenewe bihari abo banyeshuri bakoresha igihe biga ayo masomo.
Habyarimana Fulgence w’imyaka 32 ucukura amabuye mu kigo cya MUNSAD Minerals Company gicukura amabuye y’agaciro mu birombe bya Ndago ho mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza, tariki 02/03/2014 yaguye ku gisasu ubwo yari ari guhinga ashaka amabuye mu birombe.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza bavuga ko bifuza Radiyo ya Kigali Today Ltd yazarushaho kwegera abaturage mu byaro, aho gukorera mu mujyi wa Kigali gusa nk’uko bagiye babibona kuri zimwe muri radiyo zikorera mu Rwanda.
Mu mudugudu wa Nyamiyaga wo mu kagari ka Kahi mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza, tariki 26/02/2014, hatoraguwe umurambo w’umusore wari mu kigero cy’imyaka 16 witwa Claude waragiraga inka.
Umugore wo mu mu mudugudu wa Miyaga mu kagari ka Buhabwa ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rukara, akekwaho kuba yarahinze urumogi aruvanze n’amasaka.
														
													
													Ibihuha ngo ni kimwe mu bintu umwanzi w’igihugu ashobora kuboneramo icyuho cyo kugirira nabi Abanyarwanda, nk’uko byavugiwe mu nama nyunguranabitekerezo ku mutekano yabereye i Kayonza tariki 21/2/2014.
														
													
													Urubyiruko rukora ibijyanye no kwerekana imideri mu itsinda ry’urubyiruko rya YCEG (Youth Challenge Entertainment Group) ryo mu karere ka Kayonza ruvuga ko iterambere rya rwo rikibangamiwe n’imyumvire y’ababyeyi n’abandi baturage muri rusange ikiri hasi ku bijyanye no kwerekana imideri.
Mu mirenge itandukanye igize akarere ka Kayonza hakomeje gufatirwa abaturage bahinga ibiti by’urumogi mu ngo za bo kandi bamwe bafatwa ibyo biti byaramaze gukura.