Abaturage bo mu turere twa Rwamagana na Kayonza barasabwa kudahishira abajura biba insinga zirinda inkuba (uturindankuba) ziba zimanitse ku mapoto y’amashanyarazi.
														
													
													Umuyobozi w’ishami ry’ikigo cya EWSA rya Rwamagana, Karemera Emmery, avuga ko muri uyu mwaka wa 2013 bamaze guha amashanyarazi abaturage barenga 6000 mu turere twa Rwamagana na Kayonza; muri rusange bafite abafatabuguzi 23608 muri utwo turere.
Umuyobozi wa sitasiyo ya EWSA mu karere ka Ngoma, Mugeni Genevieve, araburira abajura biba insinga z’amashanyarazi kuko abazafatirwa muri ibyo bikorwa bazahanwa by’intangarugero.
														
													
													Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rwinkwavu bavuga ko bafite ikibazo cy’abantu bari kwiba insinga z’amashanyarazi zimanitse ku mapoto mu masaha y’umugoroba kuko umuriro w’amashanyarazi ukunze kuba wabuze.
														
													
													Abantu 54 ni bo bamaze kwakirwa n’ibitaro bya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, nyuma yo gukomerekera mu mpanuka ya Bus ifite ikirango cya RAC 104 B yabereye mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza tariki 28/10/2013.
														
													
													Abaturage bo mu bice binyuranye by’akarere ka Kayonza ngo bahangayikishijwe n’imyaka bahinze ikaba yaranze kumera kubera kubura imvura. By’umwihariko ibigori abaturage bateye ngo byaheze mu butaka nk’uko bivugwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabarondo, Ngabonziza Bideri Vincent.
Munyanziza Alphonse w’imyaka 35 wacururizaga mu mujyi wa Kabarondo mu karere ka Kayonza yiyahuye tariki 19/10/2013. Uwo mugabo yabanje kunywa umuti wica udukoko arangije yishyira mu kagozi, ariko impamvu yamuteye kwiyahura ikomeje kuba urujijo.
														
													
													Abasirikari b’inzobere mu kuvura indwara zitandukanye bavura mu bitaro bya gisirikari by’i Kanombe, kuva tariki 21/10/2013 bari kuvura abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 indwara n’ubusembwa basigiwe n’iyo Jenoside, muri gahunda imenyerewe nka Army Week.
														
													
													Mu kagari ka Karambi ko mu murenge wa Murundi hari kubakwa urugomero ruzagomera amazi yo gukoresha mu gishanga cya Gacaca kizajya gihingwamo umuceri.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 37 wo mu murenge wa Ndego mu karere ka Kayonza afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarondo, aho akurikiranyweho icyaha cyo guha komanda wa poste ya Polisi ya Ndego ruswa y’amafaranga ibihumbi 50, kugira ngo afungure mubyara we na we ukurikiranyweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.
														
													
													Akarere ka Kayonza katangiye gukoresha uburyo bwa “Video Conference” aho abayobozi bakurikira inama n’ibiganiro bibera kure kandi bakabitangamo ibitekerezo imbonankubone batiriwe bajya aho izo nama cyangwa ibiganiro byabereye.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 27 wo mu mudugudu wa Mirambi ya III mu kagari ka Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, afunzwe, akurikiranyweho gutema ku kuboko Rutayisire Emmanuel ushinzwe umutekano mu muri uwo mudugudu akoresheje inkota.
Umwana w’amezi atandatu witwa Kwitonda wo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza yitabye Imana tariki 15/10/2013 nyuma y’iminsi ibiri atemwe na se ubwo yarwanaga na Mukabutera Assoumpta, nyina w’uwo mwana.
Kwizera Jean Bosco ukomoka mu kagari ka Rukara ko mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza afunzwe, azira gusagarira abayobozi b’umurenge wa Rukara abasanze mu biro.
Nzabonimpa Emmanuel wo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza afungiwe kuri stasiyo ya polisi ya Rukara, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita umuntu bikamuviramo gupfa kubera amafaranga 50 y’u Rwanda.
														
													
													Abaturage bo mu karere ka Kayonza barasabwa gutera imyaka ya bo hakiri kare, ku buryo nibura uwanyuma azaba yamaze gutera bitarenze tariki 15/10/2013 mu rwego rwo kujyana n’ibihe by’imvura.
														
													
													Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza tariki 03/10/2013 bwashyikirije inkunga ako karere kakusanyije yo kugoboka Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Rukara muri ako karere.
														
													
													Isomero ry’abaturage ry’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza (Community Library) ngo rifasha abana bato gukura bakunda ikoranabuhanga, nk’uko bamwe mu bana twasanze kuri iryo somero babyemeza.
Umuyaga uvanze n’imvura wagurukanye igisenge cy’ibyumba bitandatu by’amashuri ku ishuri ribanza rya Rukara Protestant mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza tariki 26/09/2013. Icyo gisenge cyagurutse abana bari ku ishuri, abagera kuri 17 n’umwarimu umwe bahita bakomereka.
Ishuri ribanza rya Kawangire Protestant n’irya GS Kawangire Catholique riri muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 yo mu kagari ka Kawangire mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, yibwe ibikoresho n’amafaranga mu ijoro rishyira tariki 27/09/2013.
Hakizimana Jean Pierre wari wagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro i Rwinkwavu tariki 24/09/2013 yakivanywemo nyuma y’umunsi umwe yashizemo umwuka.
Polisi ikorera mu karere ka Kayonza yafashe imodoka idafite icyangombwa na kimwe, umushoferi wari uyitwaye ayivamo ariruka. Iyo modoka yafatiwe ahitwa mu murenge wa Gahini tariki 25/09/2013.
Umwe mu bacukuzi bakorana n’ikigo cya Wolfram Mining Processing Company gicukura amabuye y’agaciro mu birombe by’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza yaheze mu kirombe ku buryo kumukuramo byananiranye.
														
													
													Umuyobozi w’idini ya Islam (Imam) mu karere ka Kayonza, Sheikh Hussein Ruhurambuga, yandikiwe ibaruwa imuhagarika ku mirimo ye ku buryo butunguranye. Ni nyuma y’uko abari abayobozi b’iyo dini mu turere twa Ngoma na Bugesera beguye ku mirimo ya bo.
														
													
													Umuryango utegamiye kuri leta, Society for Family Health (SFH) Rwanda, watanze televiziyo za rutura (flat screens) ku turere turindwi tugize intara y’uburasirazuba. Televiziyo zikazafasha abaturage gusobanukirwa ibijyanye n’ubuzima bwiza bakangurirwa kurwanya indwara no kumenya ibibera hirya no hino ku isi.
														
													
													Umukundida-depite mu cyiciro cy’abahagarariye urwego rw’abagore mu karere ka Kayonza, Mutesi Anita, avuga ko afite icyizere cyo gutorerwa kujya mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.
														
													
													Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bavuga ko uburyo bakiriwe mu Rwanda bwatumye basa n’abibagiwe urugomo bakorewe ubwo birukanwaga muri Tanzaniya.
														
													
													Abasigajwe inyuma n’amateka bashima ishyaka rya FPR Inkotanyi kuko ari ryo ryabavanye mu nzu zitwaga “Kiramujyanye” zari zarabaye nk’umwihariko w’Abasigajwe inyuma n’amateka. Ibi ni bimwe mu bikubiye mu buhamya butangwa na Mugorewishyaka Latifa wo mu kagari ka Mburabuturo mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza, (…)
														
													
													Tanzaniya yongereye ingufu mu kwirukana Abanyarwanda babaga ku butaka bwayo, ubu amakuru abirukanwe batangaza aremeza ko leta ya Tanzaniya yatangiye kwifashisha abasirikare, abapolisi n’izindi ngufu zibonetse zose ndetse abirukanwa bageze ku butaka bw’u Rwanda baravuga ko bari gutwarwa mu modoka zisanzwe ari iz’amagereza, (…)
														
													
													Abaturage batuye mu gasantere kitwa Gitarama ko mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi n’inzego z’umutekano kugira icyo zikora, kugira ngo zihashye agatsiko k’abasore b’amabandi bayogoje ako gasantere n’inkengero z’ako.