Ku Cyumweru tariki ya 12 Werurwe 2023, Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryafatiye mu Karere ka Nyagatare umusore w’imyaka 25 y’amavuko, agerageza guha umupolisi ruswa y’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 11, ngo asubizwe moto ye yari yafashwe.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU), yafatiye mu Karere ka Muhanga, ku wa Gatandatu tariki ya 11 Werurwe 2023, umugabo w’imyaka 33 ucyekwaho kwinjiza mu gihugu magendu y’imyenda ya caguwa.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 11 werurwe 2023, Abanyarwanda basaga 80, bahuriye mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore, wateguwe ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo (Brazzaville), n’Abanyarwanda bahatuye.
Ku itariki ya 10 Werurwe 2023, Ambasade y’u Rwanda muri Sénégal ifatanyije n’Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu n’inshuti z’u Rwanda, bizihije Umunsi Mpuzampahanga w’Abagore ukaba wiritabiriye n’abasaga 200.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 12 Werurwe 2023, Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi muri Mozambique bizihije isabukuru ya 35 ya RPF-Inkotanyi, ibirori byabereye muri Gloria hotel i Maputo byitabiriwe n’abanyamuryango n’inshuti zabo.
Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 9 Werurwe 2023, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Gasabo, yafashe umugabo w’imyaka 32, afatanwa moto acyekwaho kwiba ayambuye nyirayo mu buryo bwa kiboko.
Ihuriro ry’ibigo bishinzwe kurengera ibidukike muri Afurika (EPA) hamwe n’abayobozi muri urwo rwego, batoreye u Rwanda kuyobora ibikorwa by’iryo huriro muri Afurika.
Umusirikare w’ingabo za Congo (FARDC) yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda ahita apfa, nyuma yo kurenga umupaka akarasa ku basirikare b’u Rwanda, bikaba byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Werurwe 2023, mu ma saa 17:35.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Nyamasheke, ku wa Gatatu tariki ya 1 Werurwe, yafashe abacuruzi 11 bakurikiranyweho gukora ubucuruzi bwa magendu, ubwo bari bajyanye mu isoko ibilo 870 by’imyenda n’inkweto za caguwa, n’ibitenge 25 binjije mu gihugu mu buryo bwa magendu.
Abayobozi b’ibibuga by’indege bo mu bihugu 53 bya Afurika, hamwe n’abayobozi batandukanye bo mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gashyantare 2023, bifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Mwurire mu bikorwa by’umuganda.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Ngoma, ku wa Kane tariki ya 23 Gashyantare 2023, yafashe umusore w’imyaka 28 ucyekwaho gukora no gukwirakwiza mu baturage amafaranga y’amiganano.
Ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, Polisi y’u Rwanda yafatiye mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge umugabo w’imyaka 25 y’amavuko, wakaga abaturage amafaranga abasezeranya kuzabona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.
Ni kuri iki Cyumweru taliki 19 Gashyantare kugeza tariki 11 Werurwe 2023, kuri StarTimes, muzakurikirana irushanwa ry’imikino y’igikombe cya Afurika ry’abatarengeje imyaka 20 mu mupira w’Amaguru (AFCON U20), rigiye kubera mu gihugu cya Misiri.
Ubuyobozi bwa Pariki ya Nyungwe bwashyiraho itsinda ry’abantu 92 biganjemo urubyiruko, bashinzwe gushakisha ahari imitego yica inyamaswa ba rushimusi bagenda batega muri Pariki, cyane cyane ku nkengero zayo bakayitegura, mu rwego rwo kurengera ibyo binyabuzima.
Umuryango mpuzamahanga urwanya ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi ku Isi, ICAN (International Campaign to Abolish Nuclear Weapons), urakangurira ibihugu byose byo ku Isi gusinya amasezerano yo guca birundu ikoreshwa ry’izo ntwaro, kuko zifite ubukana bukomeye.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi ku wa Kane tariki ya 26 Mutarama, yafashe Nizeyimana Salatiel w’imyaka 27 y’amavuko, ucyekwaho gukora Amadolari y’amiganano, akaba yarafashwe ubwo yari agiye kuyavunjisha muri Banki.
Ku wa Gatatu tariki ya 25 Mutarama 2023, Ikigo cya Polisi y’u Rwanda gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (CTTC) giherereye mu murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, cyateye inkunga yo kwishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango 101 itishoboye.
Polisi y’ u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Kayonza, ku wa Kabiri tariki ya 24 Mutarama 2023, yasubije moto yo mu bwoko bwa Bajaj Boxer nyirayo, ifite ibirango RF 115 J yari yibwe, hafatwa abasore batatu bacyekwaho gufatanya muri ubwo bujura.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Edouard Bamporiki wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, yamaze kugezwa mu igororero rya Nyarugenge i Mageragere, aho agiye kurangiriza igihano cye.
Ku wa 21 Mutarama 2023, Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi n’inshuti zabo batuye muri Mali, bizihije isabukuru y’imyaka 35 Umuryango umaze uvutse, mu birori byabereye kuri Centre International des Conférences de Bamako (CICB), mu mujyi wa Bamako.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri iki cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, bifatanyihe n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo rusange, imenyerewe nka Car Free Day.
Ku wa Gatandatu tariki 21 Mutarama 2023, Abanyarwanda baba muri Repubulika ya Congo bahuriye mu muhango wo kwifurizanya umwaka mwiza, wakurikiye inteko rusange yari igamije kongera gutora abagize Komite nyuma y’uko bamwe mu bari basanzwemo, bahinduriwe imirimo bakajya gukorera mu bindi bihugu. Iyo myanya ni uwa Perezida wa (…)
Ku wa Gatatu tariki ya 18 Mutarama2023, Ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bwakomeje hirya no hino mu gihugu, Polisi y’u Rwanda yongera kwibutsa abatwara amagare kwirinda no kwamaganira kure amwe mu makosa ateza impanuka akunze kubagaragaraho.
Mu mpera z’iki cyumweru StarTimes izadabagiza abafatabuguzi bayo, ibereka imwe mu mikino ikomeye muri shampiyona yo mu Rwanda n’iyo hanze.
Ku wa 14 Mutarama 2023, Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi n’inshuti z’uwo Muryango batuye muri Senegal, bizihije isabukuru y’imyaka 35 Umuryango umaze utangijwe, ibirori byabereye kuri Place du Souvenir Africain mu Mujyi wa Dakar.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Ruhango yafashe uwitwa Hategekimana Théogene w’imyaka 35 y’amavuko, ubwo yageragezaga guha umupolisi ruswa y’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 ngo amufashirize abantu babiri gutsinda ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga nabo bahise bafatwa.
Ku wa Gatatu tariki ya 11 Mutarama 2023, Polisi y’ u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Bugesera, yafatiye mu cyuho abagabo babiri barimo kwigana Amadolari y’Amerika angana n’ibihumbi 100, ahwanye na 107,226,400 Frw.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano, iz’ibanze n’abaturage ikomeje ibikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge hirya no hino mu gihugu igenda ifata ababitunda, bakanabikwirakwiza mu baturage, aho ku wa Kabiri tariki ya 10 Mutarama 2023, yafashe udupfunyika tw’urumogi 1295, turimo 920 twafatiwe kuri moto (…)
Sosiyete icuruza ikanasakaza ibijyanye n’amashusho mu Rwanda, StarTimes, yatangaje ko izerekana imikino yose 100% y’Igikombe cy’Afurika cy’ibihugu ku bakinnyi bakina iwabo (CHAN 2023) uko ari 32, kandi ku mashusho ya HD kuri shene ya World Football CH 254 na CH 245 (Dish), ku zindi shene za siporo no kuri Application ya (…)
Ku wa Kabiri tariki ya 10 Mutarama 2023, Ishuri rya Polisi ritangirwamo amahugurwa (PTS) riherereye mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, ryaremeye imiryango ine y’abaturage batishoboye yahawe inka 5, zirimo eshatu zihaka n’indi imwe iri kumwe n’inyana yayo, bahabwa n’imiti yo kuzoza ndetse n’amapompe yo kwifashisha, (…)