MENYA UMWANDITSI

  • Gisagara: Yafashwe akekwaho kwiba ibyuma byo ku mapoto y’amashanyarazi

    Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gisagara, ku wa Gatanu tariki ya 6 Mutarama 2023, yafashe umusore w’imyaka 22 ukurikiranyweho kwangiza ibikorwaremezo, yiba ibyuma n’amaburo abifunze ku mapoto y’amashanyarazi.



  • Gerayo Amahoro: Abakoresha umuhanda baributswa gukomeza kwirinda impanuka

    Ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bugamije gukumira no kurwanya impanuka zo mu muhanda, buri wese asabwa kwirinda amakosa yaba imbarutso yazo burakomeje mu gihugu, Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bibutsa ibyiciro bitandukanye gufata ingamba zo kwirinda icyateza impanuka cyose, bikagirwa umuco.



  • Dr François Xavier Kalinda wagizwe Senateri

    Dr Kalinda François Xavier yagizwe Senateri

    Kuri uyu wa 6 Mutarama 2023, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagize Dr Kalinda François Xavier Umusenateri muri Sena y’u Rwanda.



  • Polisi yagaruje moto yari yibwe

    Ku Cyumweru tariki ya 1 Mutarama 2023, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gisagara, yafashe moto yo mu bwoko bwa TVS ifite nimero iyiranga RD 265 E yari yibwe mu Karere ka Huye.



  • Gatsibo: Babiri bafashwe batema ibiti mu ishyamba rya Leta

    Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gatsibo, ku wa Gatanu tariki ya 30 Ukuboza 2022, yafashe abagabo babiri bakurikiranyweho gutema ibiti mu ishyamba rya Leta bakabitwikamo amakara yo kugurisha.



  • Byari bishimishije haturitswa urufaya rw’urumuri mu gusoza 2022 (Amafoto)

    Mu ijoro ryakeye ryo gusoza umwaka wa 2022, abantu binjira mu mushya wa 2023, hirya no hino mu Mujyi wa Kigali harashwe urufaya rw’urumuri, ibirori bishimisha benshi, cyane ko baba banabitegeje.



  • Dian Fossey Nyiramacibiri wari wariyeguriye ingagi zo mu Birunga

    Imyaka 37 irashize Dian Fossey wiyeguriye ingagi yiciwe mu Birunga

    Dian Fossey wamenyekanye cyane mu Rwanda nka Nyiramacibiri, imyaka 37 irashize atabarutse, kuko yitabye Imana ku ya 26 Ukuboza 1985, akaba yariciwe mu Birunga.



  • Biyemeje kugira isuku umuco no guca burundu igwingira

    Shyogwe: Biyemeje kugira isuku umuco no guca burundu igwingira

    Ubuyobozi bw’Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo, buratangaza ko ku bufatanye n’abaturage, abajyanama b’isuku n’ab’ubuzima ndetse n’abafatanyabikorwa, biyemeje kugira isuku umuco no guca igwingira burundu mu bana, kuko babonye ko bishoboka.



  • Kidamage ari mu murima w

    Kidamage uhinga amasaro arifuza gufashwa kubona amasoko

    Umusore witwa Kidamage Jean Pierre wo mu Karere ka Nyagatare, akora ubuhinzi bw’amasaro, bigaragara ko butamenyerewe mu Rwanda, ariko bukaba bumwinjiriza amafaranga, gusa akagira ikibazo cy’amasoko, agasaba ababishoboye kubimufashamo bityo yiteze imbere afashe n’abandi.



  • Aba bacuruza imyenda bakunguka

    Ruhango: Urubyiruko rurashima iterambere rugezeho kubera ‘Rungano ndota’

    Urubyiruko rusaga 200 rwo mu Karere ka Ruhango, rurishimira iterambere rugezeho kuko rwabashije kwihangira imirimo rubifashijwemo na gahunda ya Rungano ndota, ibahugura ndetse ikabaha igishoro kigizwe n’inguzanyo n’inkunga.



  • Ikiyaga cya Victoria gifitiye akamaro abantu benshi, ni ngombwa ko kibungabungwa (Foto LVB IWRMP)

    Iyo ikiyaga cya Victoria cyandujwe bigira ingaruka no ku Rwanda - Impuguke

    Ikiyaga cya Victoria kiri mu karere u Rwanda ruherereyemo n’ubwo rutagikoraho, gusa iyo cyanduye cyangwa cyahumanyijwe n’imyanda ituruka mu bihugu bitandukanye, bigira ingaruka ku Rwanda, cyane ko hari n’imyanda iruturukamo ikaruhukira muri icyo kiyaga, nk’uko impuguke zibisobanura.



  • Minisitiri Kayisire na Ambasaderi wa Suwede mu Rwanda, Johanna Teague, batangiza uwo mushinga

    Imiryango isaga 14,000 y’impunzi z’i Mahama igiye guhabwa amashanyarazi

    Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) hamwe n’abafatanyabikorwa bayo, batangije umushinga wo guha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba imiryango isaga 14,000 itagiraga urumuri yo mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, bikazayifasha mu mibereho yayo.



  • Gatsibo: Yafashwe acyekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi

    Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Gatsibo, yafashe umusore w’imyaka 20 y’amavuko, ukurikiranyweho kwangiza ibikorwa remezo, aho yari afite insinga z’amashanyarazi zipima ibilo 52 zagiye zikatwa ku nkingi z’amashanyarazi (Pylons) zo ku muyoboro mugari.



  • Bararebera hamwe uko ikoreshwa ry

    Ibihugu bya COMESA biriga uko ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ryakwiyongera

    Impuguke zo mu bihugu bihuriye mu muryango wa COMESA, zahuriye i Kigali mu Rwanda, mu nama igamije kureba uko ikoranabuhanga ryakongerwamo imbaraga muri ibyo bihugu, rikagera kuri benshi kuko ryihutisha iterambere.



  • Basanga ibihingwa bya LMO byujuje ubuziranenge

    Barasaba ko itegeko rigenga ibihingwa byahinduriwe uturemangingo ryakwihutishwa

    Urubyiruko ruri mu buhinzi n’ubworozi rwibumbiye muri RYAF, rurasaba inzego zibishinzwe, ko itegeko rirebana n’ibihingwa byahinduriwe uturemangingo ryakwihutishwa rigashyirwaho umukono, bityo ibyo bihingwa bikaba byakwemererwa guhingwa mu Rwanda no kujya ku masoko yo mu gihugu, kuko rwamenye ko nta ngaruka bigira ku buzima (...)



  • Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda bakoze umuganda wo gutera ibiti

    Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki ya 14 Ugushyingo 2022, abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bazindukiye mu gikorwa cyo gutera ibiti mu kigo babamo, ndetse no ku mihanda yo mu nkengero zacyo.



  • #COVID19: Abantu 32 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 11,440

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iragaragaza ko mu cyumweru cyo kuva tariki 07-13 Ugushyingo 2022 mu Rwanda habonetse abantu 32 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 11,440 byafashwe hirya no hino mu gihugu. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda muri icyo cyumweru azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda (...)



  • Abapolisi b’u Rwanda 180 bagiye muri Santrafurika mu butumwa bwa UN

    Ku wa Gatatu tariki ya 9 Ugushyingo 2022, itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda babiherewe amahugurwa rya gatatu (FPU-3), rigizwe n’abapolisi 180 ryahagurutse ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali ryerekeza mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Santrafurika (MINUSCA).



  • #COVID19: Abantu 27 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,528

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko mu cyumweru cyo kuva tariki 01-06 Ugushyingo 2022 mu Rwanda habonetse abantu 27 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 9,528 byafashwe hirya no hino mu gihugu. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda muri icyo cyumweru azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda (...)



  • Rubavu: Abamotari basabwe gushyira imbere umutekano

    Abatwara abagenzi kuri moto bazwi nk’abamotari mu Karere ka Rubavu, basabwe gushyira imbere umutekano bakorana na Polisi n’izindi nzego z’umutekano, mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha.



  • #COVID19: Abantu 28 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,555

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iragaragaza ko mu cyumweru cyo kuva tariki 24-30 Ukwakira 2022 mu Rwanda habonetse abantu 28 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 9,555 byafashwe hirya no hino mu gihugu. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda muri icyo cyumweru azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda (...)



  • Kaminuza zo mu Rwanda zigiye gutangira amarushanwa mu ikoranabuhanga

    Sosiyete Huawei izobereye mu by’Ikoranabuhanga ifite icyicaro i Shenzhen mu Bushinwa, ku bufatanye na Leta y’u Rwanda igiye gutangiza amarushanwa y’ikoranabuhanga muri Kaminuza zo mu Rwanda, afite intego yo kongerera abanyeshuri ubumenyi mu bijyanye n’imikorere ya za mudasobwa.



  • Abanyuze mu bigo ngororamuco basabwe kuba umusemburo w’impinduka mu rubyiruko

    Ku wa Gatanu, tariki ya 28 Ukwakira, Ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, habereye ibiganiro byahuje urubyiruko ruhagarariye abanyuze mu bigo ngororamuco rwitwa ‘Imboni z’Impinduka’ rugera kuri 300, bahagarariye abandi mu turere twose tw’igihugu.



  • Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Santrafurika

    Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Ukwakira 2022, yakiriye mugenzi we wa Repubulika ya Santrafurika, Faustin-Archange Touadéra, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.



  • Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda batanze inkunga ku bana b’imfubyi

    Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda rigizwe n’umubare munini w’abapolisikazi (RWAFPU-3), riri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), ku wa Kabiri tariki 25 Ukwakira 2022, ryatanze inkunga y’ibiribwa, imyambaro ndetse n’ibikoresho by’isuku ku kigo cy’abana b’imfubyi giherereye mu murwa mukuru Juba.



  • #COVID19: Abantu 23 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 8,951

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iragaragaza ko mu cyumweru cyo kuva tariki 17-23 Ukwakira 2022 mu Rwanda habonetse abantu 23 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 8,951 byafashwe hirya no hino mu gihugu. Abanduye 22 ni ab’i Kigali nahi umwe ni uw’i Rubavu. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda muri icyo cyumweru (...)



  • U Rwanda rwitabiriye Inteko rusange ya Polisi Mpuzamahanga

    Itsinda ry’intumwa z’u Rwanda ziyobowe n’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col (rtd) Jeannot Ruhunga, ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, bari mu murwa mukuru w’u Buhinde, New Delhi, aho bitabiriye Inteko (...)



  • #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,212

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iragaragaza ko ku Cyumweru tariki 16 Ukwakira 2022 mu Rwanda habonetse abantu babiri banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 1,212 byafashwe hirya no hino mu gihugu. Abanduye uko ari babiri, umwe ni uw’i Kigali undi ni uw’i Gicumbi. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi (...)



  • #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,215

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 15 Ukwakira 2022 mu Rwanda nta muntu mushya wabonetse wanduye Covid-19, ibipimo byafashwe ni 1,215. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,467 nk’uko imibare yatangajwe (...)



Izindi nkuru: