Abibumbiye mu Muryango Mpuzamahanga w’Ubuziranenge (ISO) basanga kudahuza amabwiriza y’ubuziranenge bizitira iterambere rya bimwe mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
Urugaga Nyarwanda rw’Abavuzi b’Amatungo (RCVD) rwahagurukiye gukurikirana imyitwarire ya bamwe mu bavuzi b’amatungo babahesha isura mbi.
Minisiteri y’Urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) ku bufatanye n’ibigo binyuranye by’imari bafashije abanyeshuri kubona inguzanyo ya za mudasobwa zizabafasha mu myigire yabo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kivuga ko ikoranabuhanga riza imbere mu byazamutse nk’uko umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) w’umwaka wa 2015 ubigaragaza.
Umuryango w’Abanyeshuri Barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 (AERG) wamuritse filime mbarankuru yerekana amateka yawo kuva washingwa kugeza ubu.
Leta y’u Rwanda ngo yafashe icyemezo cyo kutazongera kugurira hanze ibikoresho bikenerwa kandi hari ibikorerwa mu Rwanda bisa na byo.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Musoni James, arakangurira inganda za sima zo mu Rwanda n’izo mu karere kongera ubushobozi kuko hari isoko rinini.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi kiritana ba mwana n’abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo ku kibazo cy’imbuto y’imyumbati yabahombeye.
Mu irushanwa ngarukamwaka ry’abanyeshuri biga ubumeyi (Sciences), aberekanye imishinga bakoze bifuza ko yazaterwa inkunga igashyirwa mu bikorwa kuko yagirira abantu akamaro.
Muri raporo Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu 2014-2015 yagejeje ku badepite, byagaragaye ko kurangiza imanza biza ku isonga mu bibazo bibangamiye abaturage.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yaburiye Abanyarwanda ko badakwiriye gukerensa indwara y’ibicurane, kuko utayivuje neza ishobora kumugiraho ingaruka zikaze.
Ubuyapani bwahaye u Rwanda inkunga ingana na miliyoni 18.4 z’amadorari y’Amerika azarufasha kongera amashanyarazi mu gace kahariwe inganda kari i Masoro mu Mujyi wa Kigali.
Urubyiruko rwo mu bihugu by’Ibiyaga Bigari ngo rusanga nta mwanya uhagije rufite mu nzego zifata ibyemezo bigatuma ruhora rutekererezwa.
Akarere ka Nyarugenge kashyikirijwe n’inkeragutabara ibikorwa binyuranye zagakoreye bihwanye na miliyoni 420 z’amafaranga y’u Rwanda kandi kishimira uko byakozwe.
Ku bufatanye n’ibitaro bya gisirikare by’u Rwanda na Rotary Club India, abaganga b’inzobere baravura abagera kuri 300 bafite uburwayi bamaranye igihe kinini.
Urugaga Nyarwanda rw’ababana na Virusi itera SIDA (RRP+), ruvuga ko akato mu Rwanda kataracika burundu ariko ngo intambwe igezweho yo kukarwanya irashimishije.
Minisitiri Kaboneka Francis yabwiye abayobozi bashya b’Umujyi wa Kigali ko intwaro yo kubafasha kugera ku nshingano bahawe ari ukumva ababatoye.
Monique Mukaruriza ni we utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali, asimbuye Fidel Ndayisaba wari usoje manda ye y’imyaka itanu.
Abatuye n’abakorera mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, baratabaza bavuga ko bahangayikishijwe n’abajura bibisha ingufu biyita “Abamarine” babazengereje.
Imashini itanga amashanyarazi (Generator) yo muri kaminuza y’u Rwanda ishami ry’Uburezi, yahoze yitwa KIE, yahiye irakongoka ku mpamvu zitaramenyekana.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi(RAB), buvuga ko gutera intanga ingurube bigiye gusakazwa mu gihugu hose kuko birinda ikwirakwizwa ry’indwara.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), gitangaza ko cyarengeje miliyari 10,3 ku ntego cyari cyihaye yo kwakira imisoro mu mezi 6 abanza y’umwaka wa 2015 - 2016.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), iratangaza ko udafite ikarita y’itora ariko afite ibindi byangombwa, atazabuzwa gutora kuri uyu wa Mbere, tariki 22 Gashyantare 2016.
Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe (Meteo Rwanda) kivuga ko cyongereye ibikoresho n’ikoranabuhanga mu iteganyagihe kugira ngo ryizerwe kuko hari abakirikemanga.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, yatunguwe no gusanga ibyo yabwirwaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi biri munsi cyane y’ibyo yiboneye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) irasaba abashoramari mu biribwa n’ibinyobwa kongera umusaruro kugira ngo bahaze isoko ryo mu gihugu bityo ibitumizwa hanze bigabanuke.
Abatega imodoka kenshi mu Mujyi wa Kigali bakishyura bifashishije ikarita bavuga ko bibungura ugereranyije n’uburyo busanzwe kuko banagabanyirizwa igiciro.
Abafite ubumuga bo mu murenge wa Kimisagara bavuga ko abo bitoreye bazabahagararira muri njyanama y’umurenge babatezeho ibisubizo by’ibibazo bafite.
Ubuyobozi bw’Umushinga wita ku burezi (EDC) urasaba abarezi, abanyeshuri gufata neza ibikoresho utanga kugira ngo bizafashe n’abo mu gihe kizaza.
Ikigo gishinzwe guteza imbere unumenyi ngiro n’imyuga (WDA), kigiye guha impamyabumenyi abafundi igihumbi basanzwe mu kazi binyuze mu bizami bazakora.