Brazzaville: Bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, yateguye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 29, Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, witabiriwe n’abasaga 230, ukaba wabaye i Brazzaville ku wa Gatanu tariki 7 Mata 2023.

Uyu muhango witabiriwe n’abarimo ba Ministiri n’abandi bayobozi mu nzego za Leta ya Congo, abahagarariye ibihugu byabo ndetse n’imiryango mpuzamahanga muri icyo gihugu, inshuti z’u Rwanda ndetse na diaspora nyarwanda.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, Théoneste Mutsindashyaka, yabibukije ko bafite inshingano zo gukomeza kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse no gutanga amakuru ku bateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, bacyidegembya hirya no hino mu mahanga bagahanwa.
Yanavuze kandi ko u Rwanda rukomeje gukorana na Repubulika ya Congo, kugira ngo abakoze Jenoside bari muri iki gihugu bagezwe imbere y’Ubutabera.

Yanaboneyeho kumenyesha ko ingengabitekerezo ikomeje kugaragara mu karere k’Ibiyaga bigari, yazanywe ikaba inakwirakwizwa n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR. Yakomeje anavuga ko imvururu ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zongereye umurego n’imvugo zibiba urwango ku Batutsi, nk’uko byemejwe n’umujyanama w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu gukumira Jenoside.
Muri uyu muhango hatanzwe ubuhamya, aho Umunye-Chad, Dr Apollos Derguedbé Nebardoum, yagarutse ku byo yabonye mu Rwanda, mu gihe yahakoraga guhera mu kwezi k’Ukwakira 1994, nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buzima n’imibereho y’Abanyarwanda muri icyo gihe Igihugu cyari gisohotse muri Jenoside yatwaye abarenga miliyoni.

Herekanywe kandi ubuhamya bwa Uwase Assiah, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hanacanwa urumuri rw’icyizere.


Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|