Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu mugoroba tariki ya 13 Nyakanga 2023, ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga kuri politiki z’iterambere ry’Igihugu, mu gihe ingengo y’imari nshya 2023/24 yatangiye gushyirwa mu bikorwa.
Abahanga mu ikoranabuhanga rijyanye n’ubuhinzi, bahamya ko mu gihe ibihugu byose by’Isi byakwemera ibihingwa byahinduriwe uturemangingo, ikibazo cy’inzara n’imirire mibi cyugarije benshi, cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere n’u Rwanda rubarirwamo, cyaba amateka.
Abanyarwanda baba i Brazzaville muri Repubulika ya Congo hamwe n’inshuti zabo, ku wa Kabiri tariki 4 Kamena 2023, bizihije umunsi wo Kwihora, igikorwa kibaye ku nshuro ya 29.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, Inama Nkuru y’Ubucamanza yateranye, iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo, ifata ibyemezo binyuranye, birimo gusezerera bamwe mu bacamanza kubera impamvu zitandukanye, abandi bahindurirwa aho bakoreraga.
Ikinyabutabire cya Mercure kiba mu bikoresho bitandukanye abantu bakenera mu buzima bwa buri munsi, impugucye zikemeza ko kigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu, kuko iyo agihumetse cyihutira kujya mu bwonko, byaba inshuro nyinshi kikamutera uburwayi butandukanye buganisha no ku rupfu, ari yo mpamvu abantu (...)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2023, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batatu bakekwaho ubujura bw’amateleviziyo n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda ari na bo bari bahagarariye u Rwanda, bitwaye neza mu irushanwa mpuzamahanga mu ikoranabuhanga rya Huawei ICT 2022-2023, aho begukanye umwanya wa kabiri mu cyiciro cya nyuma cyaryo, cyabereye i Shenzhen mu Bushinwa.
Mu rwego rwo gukomeza gufata neza abakiriya bayo, sosiyete icuruza ibijyanye no gusakaza amashusho, StarTimes, yongereye shene 4 nshya kuri Dekoderi ikoresha antene y’udushami, ziyongera ku zo yari isanzwe yerekana.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga mu Rwanda (RICTA), kirimo gukora ubukangurambaga biciye mu guhugura abanyeshuri b’amashuri makuru na Kaminuza mu by’ikoranabuhanga, itumanaho n’ubucuruzi, hagamijwe kubongerera ubumenyi muri urwo rwego.
Koperative yitwa CODACE itwara abantu n’ibintu mu modoka nto, igizwe n’abahoze mu Ngabo z’Inkotanyi, nyuma bakaza kuba abashoferi mu bigo bya Leta, yifatanyije n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikaba yiyemeje kurwanya abayipfobya n’abayihakana.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Rwamagana, yafatiye mu cyuho umugabo w’imyaka 53, mu rucyerera rwo ku Cyumweru tariki ya 7 Gicurasi, atetse ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Gicumbi, yafatanye abasore babiri moto yari yibwe barimo gushaka kuyigurisha.
Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, ari mu ruzinduko rw’akazi muri Pologne aho yitabiriye inama ya Polisi Mpuzamahanga.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu (ASOC), ku wa Gatanu tariki ya 21 Mata 2023, ryafashe abantu bane bacyekwaho gukora ubucuruzi bwa magendu, hafatwa amakarito y’imivinyu n’amacupa y’inzoga za likeri (liqueur) zifite agaciro ka miliyoni 15Frw.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Gasabo, yafatanye umugabo w’imyaka 32, imifuka itatu n’igice y’ibiyobyabwenge by’urumogi rupima ibilo 60.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Gakenke, yafashe abasore babiri bacyekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa TVS bagiye kuyigurisha.
Umukobwa witwa Ishimwe Bonnette wo mu Karere ka Kirehe, warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu 2022 mu Icungamutungo ndetse na ‘Public Procurement’, yahisemo kuyoboka ubuhinzi bwa Avoka kuko yabubonyemo inyungu nini mu gihe kiri imbere, aho gushaka akazi kagorana no kuboneka, ahubwo akaba ubu agaha abandi.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batanu bageragezaga kwinjiza mu gihugu imifuka 12 y’imyenda ya caguwa mu buryo bwa magendu.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Husi Monique, yasabye Abanyamadini gusakaza ubutumwa bwimakaza umuco w’amahoro mu bayoboye babo no mu Banyarwanda muri rusange, kuko ari byo bizakumira icyahembera amacakubiri.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Ruhango, yafashe abantu bane bakurikiranyweho kwangiza ibikorwa remezo, biba insinga z’amashanyarazi zireshya na metero 425.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Rutsiro, yafashe umusore w’imyaka 22, ucyekwaho gukora no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegal, bibutse ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iyo gahunda yabereye kuri ‘Place du Souvenir Africain’, ahafunguwe ku mugaragaro ahantu hagenewe kugaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi (hundred nights’ exhibition), hanasanzwe hari ikimenyetso cyo (...)
Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Congo, yateguye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 29, Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, witabiriwe n’abasaga 230, ukaba wabaye i Brazzaville ku wa Gatanu tariki 7 Mata 2023.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya, akangurira Abanyarwanda n’abaturarwanda kubungabunga amashyamba aho ari hose, kuko ari nk’ibihaha by’umuntu, bityo ko ari ubuzima, akanabasaba kuyongera aho bishoboka hose.
Amarushanwa yo kurasa yahuzaga abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO 2023) amaze gusozwa, abagore n’abagabo ba Polisi y’u Rwanda akaba aribo beguganye ibikombe.
Amarushanwa ahuza abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO 2023) agana ku musozo, ku wa Gatandatu tariki 25 Werurwe 2023, yibanze ku kurushanwa kurasa bakoresheje imbunda zitandukanye, bagahamya intego, ababishinzwe bakabaha amanota.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Musanze, yafashe umusore w’imyaka 29 ukurikiranyweho kwiba telefone zigezweho (smart phones), akazigurishiriza mu bindi bihugu.
Ku Cyumweru tariki ya 12 Werurwe 2023, Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryafatiye mu Karere ka Nyagatare umusore w’imyaka 25 y’amavuko, agerageza guha umupolisi ruswa y’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 11, ngo asubizwe moto ye yari yafashwe.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU), yafatiye mu Karere ka Muhanga, ku wa Gatandatu tariki ya 11 Werurwe 2023, umugabo w’imyaka 33 ucyekwaho kwinjiza mu gihugu magendu y’imyenda ya caguwa.