Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Ugushyingo 2023, Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Brazzaville, muri Repubulika ya Congo, bafatanyije n’ubuyobozi bwa Commune ya Bacongo ndetse na Minisitiri ufite mu nshingano ze Iterambere ry’uturere no kwegereza Ubuyobozi abaturage, Desiré Juste Mondelé, bahuriye mu gikorwa cy’umuganda (…)
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 20 Ukwakira 2023, Perezida Kagame yayoboye inama ya ba Minisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye igamije iterambere ry’Igihugu, ndetse ishyira mu myanya bamwe mu bayobozi abandi bahindurirwa iyo bari barimo.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Kicukiro, yafashe umugabo w’imyaka 34 y’amavuko, wari ubitse mu nzu litiro 220 za mazutu acyekwaho gucuruza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ku butumire bwa Leta ya Mozambique, u Rwanda rwitabiriye imurikagurisha mpuzampahanga ry’ubucuruzi rya 58 (Fiera Internacional de Maputo 2023/FACIM), ryatangiye guhera tariki ya 28 Kanama rikazageza tariki ya 03 Nzeri 2023, muri Marracuene i Maputo. Ryafunguwe ku mugaragaro na Perezida wa Mozambique, Nyakubahwa Filipe (…)
Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo (Brazzaville), ku wa Gatandatu tariki 26 Kanama 2023, bahuriye ku cyicaro cya Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, bizihiza umunsi mukuru w’Umuganura.
Bamwe mu bafite ibigo bashoyemo imari bakaba bakoresha abakozi batandukanye, bahamya ko abafite ubumuga nabo bashoboye, kuko iyo bari mu kazi kabo bakitaho uko bikwiye, bigatuma batanga umusaruro uri hejuru.
Urubyiruko rwarangije kaminuza mu by’ubuhinzi no kongerera agaciro ibibukomokaho ndetse rukaba ubu ruri mu buhinzi, ruvuga ko rwiteze umusaruro utubutse ku bihingwa byahinduriwe uturemangingo (GMO), mu gihe bizaba byemewe gukoreshwa mu Rwanda, bityo n’ikibazo cy’inzara kikagenda nka nyomberi.
Akenshi muri sosiyete nyarwanda, ufite ubumuga bwo mu mutwe baramwitaza, kabone nubwo yaba nta mahane afite, nyamara afashijwe aho guhabwa akato, yigirira icyizere akaba yakora ibiri mu bushobozi bwe byamufasha mu mibereho ye.
U Rwanda rugiye kwakira ku nshuro ya mbere inama mpuzamahanga yiswe ‘Africa Smart Cities Investment Summit’, izabera i Kigali ku itariki 6-8 Nzeri 2023, ikazaba igamije kureba uburyo hakubakwa imijyi ibereye Abaturarwanda n’Abanyafurika muri rusange.
Mu Rwanda ndetse no ku Isi muri rusange, hashize igihe kinini abantu basobanurirwa ububi bw’ibikoresho bya pulasitiki ahanini bikoreshwa rimwe bikajugunywa, aho usanga binyanyagiye hirya no hino bikabangamira ibidukikije, ariyo mpamvu ubukangurambaga bukomeje ndetse abaturage bakaba bagenda basobanukirwa.
Abanyeshuri 100 barimo abo mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (RP-IPRC) n’abo muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), bahamya ko amahugurwa barimo guhabwa ku ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (Artificial Intelligence/AI) no kwihangira imirimo, azabasigira ubumenyi buzabafasha kwikorera neza imishinga yabo nyuma yo kwiga.
Umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda uherutse kwicirwa muri Santrafurika, aho yari mu butumwa bwo kugarura amahoro, wagejejwe i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu mugoroba tariki ya 13 Nyakanga 2023, ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga kuri politiki z’iterambere ry’Igihugu, mu gihe ingengo y’imari nshya 2023/24 yatangiye gushyirwa mu bikorwa.
Abahanga mu ikoranabuhanga rijyanye n’ubuhinzi, bahamya ko mu gihe ibihugu byose by’Isi byakwemera ibihingwa byahinduriwe uturemangingo, ikibazo cy’inzara n’imirire mibi cyugarije benshi, cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere n’u Rwanda rubarirwamo, cyaba amateka.
Ikiyaga cya Victoria kiri mu karere u Rwanda ruherereyemo n’ubwo rutagikoraho, gusa iyo cyanduye cyangwa cyahumanyijwe n’imyanda ituruka mu bihugu bitandukanye, bigira ingaruka ku Rwanda, cyane ko hari n’imyanda iruturukamo ikaruhukira muri icyo kiyaga, nk’uko impuguke zibisobanura.
Abanyarwanda baba i Brazzaville muri Repubulika ya Congo hamwe n’inshuti zabo, ku wa Kabiri tariki 4 Kamena 2023, bizihije umunsi wo Kwihora, igikorwa kibaye ku nshuro ya 29.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, Inama Nkuru y’Ubucamanza yateranye, iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo, ifata ibyemezo binyuranye, birimo gusezerera bamwe mu bacamanza kubera impamvu zitandukanye, abandi bahindurirwa aho bakoreraga.
Ikinyabutabire cya Mercure kiba mu bikoresho bitandukanye abantu bakenera mu buzima bwa buri munsi, impugucye zikemeza ko kigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu, kuko iyo agihumetse cyihutira kujya mu bwonko, byaba inshuro nyinshi kikamutera uburwayi butandukanye buganisha no ku rupfu, ari yo mpamvu abantu bakangurirwa (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2023, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batatu bakekwaho ubujura bw’amateleviziyo n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda ari na bo bari bahagarariye u Rwanda, bitwaye neza mu irushanwa mpuzamahanga mu ikoranabuhanga rya Huawei ICT 2022-2023, aho begukanye umwanya wa kabiri mu cyiciro cya nyuma cyaryo, cyabereye i Shenzhen mu Bushinwa.
Mu rwego rwo gukomeza gufata neza abakiriya bayo, sosiyete icuruza ibijyanye no gusakaza amashusho, StarTimes, yongereye shene 4 nshya kuri Dekoderi ikoresha antene y’udushami, ziyongera ku zo yari isanzwe yerekana.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga mu Rwanda (RICTA), kirimo gukora ubukangurambaga biciye mu guhugura abanyeshuri b’amashuri makuru na Kaminuza mu by’ikoranabuhanga, itumanaho n’ubucuruzi, hagamijwe kubongerera ubumenyi muri urwo rwego.
Koperative yitwa CODACE itwara abantu n’ibintu mu modoka nto, igizwe n’abahoze mu Ngabo z’Inkotanyi, nyuma bakaza kuba abashoferi mu bigo bya Leta, yifatanyije n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikaba yiyemeje kurwanya abayipfobya n’abayihakana.
Mu gihe imirimo yo kubaka urugomero rwa Rusumo irimbanyije, ni nako imyiteguro y’uburyo amashanyarazi ruzatanga azagezwa mu muyoboro rusange, agakwirakwizwa mu gihugu irimbanije.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Rwamagana, yafatiye mu cyuho umugabo w’imyaka 53, mu rucyerera rwo ku Cyumweru tariki ya 7 Gicurasi, atetse ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Gicumbi, yafatanye abasore babiri moto yari yibwe barimo gushaka kuyigurisha.
Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, ari mu ruzinduko rw’akazi muri Pologne aho yitabiriye inama ya Polisi Mpuzamahanga.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu (ASOC), ku wa Gatanu tariki ya 21 Mata 2023, ryafashe abantu bane bacyekwaho gukora ubucuruzi bwa magendu, hafatwa amakarito y’imivinyu n’amacupa y’inzoga za likeri (liqueur) zifite agaciro ka miliyoni 15Frw.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Gasabo, yafatanye umugabo w’imyaka 32, imifuka itatu n’igice y’ibiyobyabwenge by’urumogi rupima ibilo 60.