MENYA UMWANDITSI

  • Maria Corina wegukanye igihembo cy

    Umunyavenezuela Maria Corina yegukanye igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel

    Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel (Prix Nobel) cy’uyu mwaka wa 2025, cyegukanywe n’impirimbanyi muri politiki, itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Venezuela, Maria Corina Machado w’imyaka 58, akaba yagihawe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025.



  • Sébastien Lecornu

    U Bufaransa: Minisitiri w’Intebe yeguye atamaze n’ukwezi

    Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa, Sébastien Lecornu, yeguye ku mwanya we atawumazeho n’ukwezi kumwe.



  • Urwego rw’Ikoranabuhanga rwatanze akazi ku bagera ku 1990 mu mezi 9 gusa

    Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe guteza imbere Ikoranabuganga mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda, ICT Chamber, buratangaza ko mu mezi 9 ashize, abantu bagera ku 1990 biganjemo urubyiruko, babonye akazi gashingiye ku ikoranabuhanga, rugashishikariza n’abandi kuryitabira hagamijwe kugabanya ubushomeri.



  • Minisitiri w

    Abahinzi n’aborozi bashinganishije ibyabo bamaze gushumbushwa asaga Miliyari 7Frw

    Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yatangaje ko Abahinzi n’aborozi bashinganishije ibyabo bashumbushijwe asaga Miliyari 7Frw(7,193) kuva gahunda yo kwishingira ibihingwa n’amatungo yatangira mu 2019, bityo bikaba byarakumiriye igihombo bahuraga na cyo mbere.



  • Amarira y’ibyishimo ku bakobwa ba Espagne muri Shampiyona y’Isi y’Amagare i Kigali

    Abakobwa b’Ikipe y’Igihugu ya Espagne bitabiriye Shampiyona y’Isi ry’Amagare 2025 i Kigali, ibyishimo byabarenze bararira, nyuma y’intsinzi ya mugenzi wabo Paula Ostiz, wabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 19, ku ntera y’ibilometero 74, yegukana umudali wa zahabu.



  • Ishuri ryo kubungabunga ibidukikije rizatuma ibinyabuzima muri pariki z

    U Rwanda rugiye gushinga ishuri rizigisha ibijyanye no kubungabunga ibidukikije

    U Rwanda rwatangaje ko rufite gahunda yo gushinga ishuri ku rwego rw’akarere ruherereyemo ryigisha kubungabunga ibidukikije, rikazubakwa ku buso bwa hegitari umunani hafi ya Pariki y’Igihugu y’Akagera.



  • Minisitiri w

    Muzatange amahirwe ahindura ubuzima bw’abaturage - Minisitiri w’Intebe ku basoje amasomo muri RICA

    Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yibukije abarangije amasomo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi Bubungabunga Ubutaka (Rwanda Institute for Conservation Agriculture/RICA), ko bahamagariwe kuba abahindura ibintu bakemura ibibazo, ndetse bagatanga amahirwe ahindura ubuzima bw’abaturage.



  • Ikawa yoherezwa mu mahanga yariyongereye

    Ubuhinzi mu byazamuye bigaragara umusaruro mbumbe w’Igihugu

    Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025, yerekana ko ubuhinzi bwagize uruhare rwa 8% mu musaruro mbumbe w’u Rwanda mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka.



  • Dore ibyamamare byitabiriye imurikwa rya Filime ‘Killer Music’ ya Mighty Popo (Amafoto)

    Kuri iki Cyumweru tariki 14 Nzeri 2025, umuhanzi Muligande Jacques uzwi cyane nka Mighty Popo, yamuritse filime yise Killer Music, ikaba yakinwe bwa mbere, igikorwa cyitabiriwe n’ibyamamare mu ngeri zitandukanye ndetse na bamwe mu bayobozi bakuru mu nzego za Leta.



  • Basanga ubufatanye ari bwo buzatuma kurengera ibidukikije bigerwaho

    Banki ya Kigali na ARCOS mu bufatanye mu kurengera ibidukikije

    Banki ya Kigali (BK) yatangije ubufatanye mu kurengera ibidukikije na ARCOS, umuryango ukorera mu karere k’Ibiyaga bigari, wibanda ku kwita ku butaka bwangiritse, kurengera ibidukikije muri rusange harimo gutera amashyamba, guteza imbere imiryango n’ibindi.



  • Abaturage bifuza ko bakoroherezwa mu kubona serivisi z

    Kutandukuza abapfuye ku gihe, imbogamizi ku iterambere ry’abaturage

    Kuzuza amakuru y’irangamimerere muri rusange ni ingirakamaro ku baturage no ku gihugu, kuko ayo makuru ari yo aherwaho hakorwa igenamigambi, ari na ryo rigenderwaho mu guteza imbere abaturage hakurikijwe ibyo bakeneye, bikaba ari ngombwa rero ko imibare y’abagenerwabikorwa iba izwi.



  • Ibisenge byagombye kubyazwa amashanyarazi

    Abantu barakangurirwa kugira ibisenge by’inzu bitanga amashanyarazi

    Abanyarwanda n’abaturarwanda barakangurirwa kugita ibisenge by’inzu zabo bitanga amashanyarazi, ni ukuvuga ko babishyiraho ibyuma bifata imirasire y’izuba ubundi akaba ari yo mashanyarazi bakoresha mu ngo zabo, hagamijwe guteza imbere ikoreshwa ry’ingufu zisubira.



  • BK yizihije Kwita Izina yiyemeza kurengera ibidukikije n’abaturage

    Banki ya Kigali (BK) yishimiye kwifatanya n’u Rwanda ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, mu birori byo Kwita Izina ku nshuro ya 20, byabereye mu nkengero za Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, aho abana 40 b’ingagi bitiwe amazina, igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025.



  • Buri wese arasabwa kugira ibibazo by’umuryango ibye - Minisitiri Uwimana

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, arasaba buri wese kugira ibibazo by’umuryango ibye, bityo ubwo bufatanye butume Igihugu kigira imiryango myiza.



  • Abaturage bamenye akamaroko kubungabunga ibidukikije

    Abaturiye Pariki y’Ibirunga bakomeje kwishimira ibyiza bayikesha

    Abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga iherereye mu Karere ka Musanze, bavuga ko bashimishwa n’ibikorwa by’iterambere bayikesha, bikaba byarabahaye imbaraga zo kuyibungabunga bayirinda abayangizaga biganjemo ba rushimusi, ubu ingagi n’izindi nyamaswa zikaba zitagihigwa ahubwo zikarindwa.



  • Dore ibihano biteganyirizwa abatubahiriza amabwiriza ajyanye no gucunga imyuka ihumanye

    Ku wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, u Rwanda rwatangije ku mugaragaro isuzuma ry’imyuka iva mu binyabiziga, Minisiteri y’Ubutabera ikaba yaranasohoye amabwiriza mashya agena ibyerekeye imyuka ihumanya ikirere, akanasobanura amande n’ibihano bihabwa abatubahiriza ayo mabwiriza.



  • Ibyaranze umukino wahuje RDF na UPDF (Amafoto)

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Kanama 2025, mu Karere ka Musanze kuri stade Ubworoherane, habereye umukino wa gicuti w’umupira w’amaguru wahuje Ingabo z’u Rwanda (RDF), Diviziyo ya kabiri, n’Ingabo za Uganda (UPDF) na zo za Divizyo ya kabiri, umukino wabanjirijwe n’akarasisi.



  • Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Kayisire Marie Solange

    Abaturage barakangurirwa kwitabira kwemeza amakuru y’irangamimerere bitegura Indangamuntu Koranabuhanga

    Abaturage bose barakangurirwa kwitabira kwemeza amakuru y’irangamimerere ryabo bityo ahari amakosa akosorwe, ndetse abagejeje igihe cyo gufata indangamuntu n’abakirengeje buzuze ibisabwa bazihabwe, bityo bizaborohere kubona indangamuntu Koranabuhanga (e-Ndangamuntu) zizatangira gutangwa muri Kamena umwaka utaha.



  • Bashimye ibyiza by

    Abitabiriye ikoraniro ry’Abahamya ba Yehova bashimye uko bakiriwe mu Rwanda

    Abahamya ba Yehova basaga ibihumbi 43 baturutse imihanda yose y’Isi, bari bamaze iminsi itatu mu ikoraniro mpuzamahanga ry’amasengesho ryabahurije mu Rwanda, aho barisoje kuri iki Cyumweru tariki 10 Kanama 2025, bakaba batangaje ko bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda.



  • Ghana: Abaminisitiri babiri baguye mu mpanuka y’indege

    Minisitiri w’Ingabo, Dr Edward Omane Boamah na Minisitiri w’Ibidukikije, Siyansi n’Ikoranabuhanga, Ibrahim Murtala Muhammed ba Ghana, bahitanywe n’impanuka y’indege ya gisikare ya kajugujugu, yanaguyemo n’abandi bantu batandatu barimo n’abakozi bayo, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Guverinoma y’icyo gihugu.



  • Umushinga Green Amayaga ugiye nkwagurirwa mu tundi turere

    U Rwanda rwahawe Miliyoni 18 z’Amadolari yo kwagura umushinga ‘Green Amayaga’

    Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe Ibidukikije, GEF, cyageneye u Rwanda inkunga ya Miliyoni 18 z’Amadolari y’Amerika (asaga Miliyari 26Frw), azarufasha mu kwagura ibikorwa by’umushinga Green Amayaga, byo gusubiranya urusobe rw’ibinyabuzima no gutera ibiti aho byacitse kubera impamvu zitandukanye. Uyu mushinga usanzwe ukorera mu (…)



  • BNR

    Menya ibigo by’imari bigenzurwa na Banki Nkuru y’u Rwanda

    Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), ifite inshingano z’ibanze zo kugenzura Politi y’ifaranga, ni ukuvuga kubungabunga ifaranga ry’Igihugu, ariko kandi ikanagera ku rwego rw’imari, ni ukuvuga kugenzura imikorere y’ibigo by’imari, ibyo byose bigakorwa hagamijwe kurengera inyungu z’umuturage.



  • Zuchu yiyamye abamuhamagarira umugabo mu gicuku (Photo: K24 Didital)

    Zuchu yiyamye abamuhamagarira umugabo (Diamond) mu gicuku

    Umuhanzikazi w’Umunya-Tanzaniya, Zuchu akaba umugore w’umuhanzi w’icyamamare na we w’Umunya-Tanzania, Diamond Platnumz, yiyamye abahamagara umugabo we mu masaha akuze y’ijoro, abasaba kubihagarika.



  • Abanyarwanda baba muri Mozambique bizihije umunsi wo #Kwibohora31

    Abanyarwanda batuye muri Mozambique bizihije umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 31, mu gikorwa cyitabiriwe n’abarenga 300, barimo abayobozi mu nzego za Leta ya Mozambique, abahagaririye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga muri Mozambique, Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda.



  • Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rizibanda ku buzima bwo mu mutwe

    Abahanzi batandukanye bazitabira iserukiramuco ngarukamwaka, Ubumuntu Arts Festival 2025, bavuga ko bazaboneraho kugaragaza ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe, giteye inkeke muri iki gihe ku Isi.



  • Texas: Abarenga 100 bahitanywe n’imyuzure

    Imibare iheruka yatangajwe n’abayobozi muri Texas, igaragaza ko abantu 104 ari bo bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’imyuzure, ibintu Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko ari ko kaga gakomeye kagwiriye igihugu mu myaka 100 ishize.



  • Byari ibirori mu guhemba abatsinze Rwanda Mountain Gorilla Rally 2025 (Amafoto)

    Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 6 Nyakanaga 2025, ni bwo hahembwe abitwaye neza muri Rwanda Mountain Gorilla Rally 2025, nyuma y’uko iri siganwa ry’imodoka ryamaze iminsi itatu rirangiye, rikaba ryegukanywe na Samman Vohra na Drew Sturrock, bari batwaye imodoka ya Skoda Fabia.



  • Elon Musk

    Elon Musk yashinze ishyaka yise ‘Parti de l’Amérique’

    Umuherwe w’Umunyamerika ari na we nyiri urubuka rwa X rwahoze rwitwa Twitter, Elon Musk, yashinze ishyaka rye yise Parti de l’Amérique, abasesenguzi bakavuga ko ari ikintu gikomeye muri politiki ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, ahari hasanzwe amashyaka abiri gusa akomeye asimburana ku butegetsi.



  • Ruto yemeza ko arimo kubaka urusengero muri Perezidanzi (Ifoto: Uzalendo News)

    Kenya: Ntibavuga rumwe ku rusengero Ruto arimo kubaka muri Perezidansi

    Perezida wa Kenya, William Ruto arimo kubaka urusengero runini muri Perezidansi y’iki gihugu, ariko abaturage ntibabyumva kimwe kuko babona bitari bikwiye, gusa we akavuga ko ntawe ugomba kwitambika uwo mushinga, cyane ko amafaranga azakoreshwa azava ku mufuka we.



  • Nigeria: Abanyarwanda n’inshuti zabo bizihije umunsi wo #Kwibohora31

    Ku wa Gatanu tariki ya 4 Nyakanga 2024, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Nigeria, abayobozi mu nzego za Leta y’iki gihugu, abahagarariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’inshuti z’u Rwanda, bizihije umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 31.



Izindi nkuru: