Pasiteri Dr. Antoine Rutayisire avuga ko umuyobozi usenga yuzuza inshingano kurusha udasenga kuko yirinda imigenzereze mibi kubera gutinya Imana, kuko iyo umuntu adafite Imana imugenzura buri gihe, yigenzura akishyiriraho umurongo agenderaho.
Abasizi n’abakunda ubusizi nyarwanda bifuza ko i Kiruri mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye hashyirwa urugo rw’abasizi, rwazaba intebe y’ubusizi ndetse n’igicumbi cy’umuhamirizo nyarwanda.
Inzu yitwa ‘Rwanda My Heart’ yashyizweho mu Karere ka Rubavu kugira ngo ifashe abanyabugeni kugaragaza ibihangano byabo.
Abakora ubuhanzi mberajisho (ubugeni) basanga gushushanya ibijyanye n’umuco wabo ari byo bizawumenyekanisha ku isi yose, kuko bizagurwa na buri wese ushaka gusobanukirwa n’umuco w’u Rwanda, yaba umunyamahanga cyangwa umunyarwanda.
Iserukiramuco FESPACO rigamije guteza imbere sinema nyafurika, ry’uyu mwaka wa 2019 ryaberaga i Ouagadougou muri Burkina Faso ryasojwe mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 03 Werurwe 2019.
Mu iserukiramuco nyafurika riri kubera Ouagadougou muri Burikina Faso, ku nshuro yaryo rya 26, iserukiramuco ryahuriranye no kwizihiza imyaka 50 iri serukiramuco rimaze ribayeho, rifite insanganyamatsiko igira iti “ Dushingire sinema nyafurika ku mateka yacu, mu mwihariko w’ubukungu n’uruhurirane rw’abayituye”
Gusuguhuzanya ni kimwe mu biranga umuco nyarwanda, aho bigaragaza urukundo ndetse n’umubano mwiza waranze kandi ukiranga abantu.
Mu itangizwa ry’imurikabikorwa MICA (Marché International du Cinéma et de l’Audiovisuel Africains) ryabereye i Ouagadougou muri Burkina Faso kuri uyu wa 24 Gashyantare 2019, u Rwanda rwitwaye neza rubona n’ibihembo.
Ubwo hamurikwaga ku mugaragaro igitabo ku mateka n’imibanire mu Rwanda rwo hambere cyiswe “Les enfants d’Imana” cyanditswe na Jean Luc Galabert, uyu mwanditsi yavuze ko yacyanditse ashaka gucukumbura umuzi n’uburyo abantu bari babanye neza baje kubibwamo urwango kugeza bamwe bakoreye abandi Jenoside.
Belise Kariza umuyobozi mukuru ushinzwe ubukerarugendo mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) avuga ko mu ntara y’iburasirazuba hagiye kurebwa uko ubukerarugendo bushingiye ku muco n’amateka bwatezwa imbere kuko hari byinshi bihatse amateka y’igihugu.
Umuyobozi w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco atangaza ko mu 2019 inganda ndangamuco, ari zo bikorwa by’ ubwenge birimo ubugeni n’ubuhanzi bibarizwa mu Rwanda, zigiye kugezwa mu turere mu gufasha abahanzi guhanga imirimo.
Pasiteri Gasare Michael ushinzwe itumanaho no kumenyekanisha ibikorwa by’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda avuga ko ijambo ryose ryanditse muri Bibiliya rigira ibisobanuro byo mu buryo bw’umwuka n’uburyo bw’Umubiri.
Hon. Edouard Bamporiki, umuyobozi w’itorero ry’igihugu, avuga ko abakurambere bavugwa n’amadini yazanywe n’abazungu, bitwa abatagatifu, batamurutira abakurambere be bamwe bita abazimu.
Straton Nsanzabaganwa, inararibonye mu muco nyarwanda, akaba n’umujyanama mu Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, yabwiye Kigali Today ko kuba isugi bitavuze gusa kuba umukobwa atarakora imibonano mpuzabitsina, ahubwo bivuze kuba agifite ababyeyi bombi.
Mu gihe kuri uyu wa gatanu tariki 01 Gashyantare ari umunsi w’Intwari, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yanditse avugako ubutwari n’ubwitange bwaranze intwari z’u Rwanda bitabaye iby’ubusa.
Ubuyobozi bw’ingoro z’umurage w’u Rwanda buravuga ko ku Mulindi w’Intwari mu karere ka Gicumbi hagiye kubakwa ingoro y’amateka y’urugamba rwo kwibohora igihugu, izajya yakira abantu bari hagati y’ibihumbi 120 na 150 ku mwaka.
Ubwo zasuraga igicumbi cy’Intwari z’Imena i Nyange mu karere ka Ngororero, inkeragutabara zo mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke zavuze ko ubutwari budakwiye guharanirwa mu ntambara gusa.
Tariki 8 Ukwakira 1990, Elie Nduwayesu arimo yigisha ku ishuri ribanza rya Rwankeri, mucyahoze ari komine Nkuri, abapolisi baje kumuta muri yombi.
Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe(CHENO) rwatangiye ubukangurambaga bushakisha abiyemeza kuzaba intwari bagendeye ku zababanjirije.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Madame Ingabire Marie Immaculee, Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, yavuze ko atumva akamaro ka Miss Rwanda, n’icyo iri rirushanwa ryaba rimariye abanyarwanda.
Mu gikorwa cyo kumurika imico itandukanye yo mu bihugu bikomokamo abasirikare 47 bari mu mahagurwa i Nyakinama muri Musanze, umwe mu bamurika ukomoka muri Zambiya yavuze ko birinze kuzana inyama z’ibinyabwoya kuko ngo mu Rwanda ari ikizira.
Mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi hari ahitwa mu rya Nyirandakunze, iri rikaba ari ishyamba ryakomoye izina ku mugore bivugwa ko yari igishegabo witwaga Nyirandakunze.
Ababyeyi bafite abana bajya bohereza gutozwa iby’umuco nyarwanda ku Ngoro y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda iherereye i Huye, bifuza ko igihe cyo kubatoza cyakongerwa aho kuba iminsi 10 gusa.
Itorero Inganzo Ngali ryateguye igitaramo Nyarwanda kigamije guhinyuza abacyumva ko u Rwanda rutagera ku iterambere.
Ndagijimana Juvenal, umwuzukuru wa Rukara wo mu Murenge wa Gahunda mu Karere ka Burera, aravuga ko umuryango wabo wifuza guhura n’umuryango wa Padiri Rupias wishwe na Rukara, bakiyunga.
Mu muco wa Kinyarwanda kimwe no mu yindi mico itandukanye ku isi, abantu bagira za nyirantarengwa zikubiyemo ibyo birinda gukora ndetse bakanabiziririza mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Rubingo, ni umwe mu bahinza bamenyekanye mu Rwanda ndetse bakamamara nka Nyagakecuru wo mu bisi bya Huye.
Impuguke mu ishyinguranyandiko n’icungwa ry’amasomero, Rosalie Ndejuru, ahamya ko iyo abantu batandika ngo banasome ibiranga umuco wabo bageraho bakazimirira mu w’abandi.
Murekatete Juliet umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza avuga ko kwisanzura atari ugukora ibinyuranye n’umuco nyarwanda.
Minisitiri wa Siporo n’Umuco Uwacu Julienne yibukije Abanyarwanda ko umurimo unoze kandi ukorewe ku gihe, ari ryo shingiro rya nyaryo ryo kwigira Abanyarwanda bifuza kugeraho.