Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Valentine, avuga ko kuba hari abayobozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB), bahagaritswe ku kazi, nta gitangaza kibirimo kuko ari gahunda isanzwe yo kubaza abayobozi ibyo bakora.
Mu itangira ry’amashuri kuri uyu wa mbere tariki 02 Ugushyingo 2020 mu bigo by’amashuri mu karere ka Musanze, ibicumbikira abanyeshuri biragaragaza ubwitabire buri hejuru kurusha mu bigo abana biga bataha.
Amashuri abanza n’ayisumbuye hirya no hino mu gihugu yatangiye isubiramo ry’amasomo ritegura abanyeshuri kuzakora ibizamini bisoza igihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2020/2021, nk’uko biteganywa n’ingengabihe ya Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC).
Ubuyobozi bw’ishuri rya Nyundo ryigisha ubugeni, buratangaza ko abanyeshuri baryigamo bari baragiye mu miryango mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19 bagarutse bagasanga ibikoresho basize byarangijwe n’umugezi wa Sebeya winjiye mu mashuri ukangiza ibyo usanzemo mu kwezi kwa Gicurasi 2020.
Minisiteri y’Uburezi irasaba abayobozi mu nzego z’ibanze gufasha inzego zifite mu nshingano uburezi mu Ntara y’Amajyaruguru, gukurikirana igikorwa cy’itangira ry’amashuri hubahirizwa amabwiriza ajyanye no kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19 mu bana.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Burezi (REB), gihamya ko hari abanyeshuri benshi bo mu mashuri yisumbuye batazi amahirwe yateganyirijwe abahitamo kwiga mu mashuri y’inderabarezi (TTC), kandi yaratangiye no gutangwa.
Kuri uyu wa Kane tariki 29 Ukwakira 2020, bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye acumbikira abanyeshuri batangiye gusubira ku mashuri, nyuma y’amezi arindwi bari mu ngo kubera icyorezo cya Covid-19.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko ibigo by’amashuri bitagombye kongera amafaranga byaka abanyeshuri bitabanje kugirana inama n’ababyeyi b’abana, ngo bumvikane ku cyakwiyongera bitewe n’ibikenerwa bitari bisanzwe.
Raporo ya Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta irerekana ko hari abarimu 1,566 mu mashuri ya Leta bari mu kazi badafite ibyangombwa bibashyira mu kazi.
Bamwe mu babyeyi baganiriye na Kigali Today, bavuga ko batewe impungenge n’abana bagiye gukora imirimo inyuranye mu gihe bamaze batiga, ngo kuko bizagorana kubasubiza mu ishuri baramenyereye gukorera amafaranga.
Ikigo cyitwa ‘Rafiki’ giherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, cyatangiye kwigisha guhera tariki 19 Ukwakira 2020, kuko cyo ari ikigo mpuzamahanga kitagendera kuri porogaramu y’urwego rushinzwe Uburezi mu Rwanda (REB).
Nyuma y’uko mu minsi ishize hatangajwe ingengabihe y’isubukurwa ry’amasomo, ubu noneho Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yashyize ahagaragara gahunda y’ingendo zo gusubira ku ishuri ku banyeshuri biga bacumbikirwa.
Abarimu bigisha mu mashuri y’imyuga binubira ko guhera mu mwaka wa 2009 basumbanyijwe n’abigisha mu mashuri yandi, byageze n’aho bagenzi babo bazamurwa mu ntera ariko bo na n’ubu ntibarabikorerwa.
Nyuma y’uko Minisiteri y’Uburezi itangaje itangira ry’amashuri makuru na za Kaminuza, zimwe muri za Kaminuza zari zujuje ibisabwa zahise zitangira kwigisha, izindi zigejeje kure imyiteguro, kuburyo mu ntangiriro z’icyumweru gitaha zizaba zatangiye gutanga amasomo mu byiciro by’abanyeshuri bari mu myaka yanyuma.
Umuryango mpuzamahanga uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF) watangiye ubufatanye n’u Rwanda kugira ngo ururimi rw’Igifaransa ruhabwe umwanya munini mu mashuri bityo ruzamuke mu gihugu.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ingengabihe igaragaza uburyo abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazasubukura amasomo.
Bamwe mu babyeyi bavuga ko bafite ubukene batewe n’uko batakoze nk’uko bikwiye mu gihe cya Covid-19, none ngo ubukene ntibuzatuma babasha kubona amafaranga y’ishuri n’ay’ibikoresho by’abana.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Murekatete Juliet, avuga ko guhera kuri uyu wa 12 Ukwakira 2020, mu mashuri yose hatangiye imyiteguro yo kwakira abanyeshuri nubwo itariki yo gusubukura amasomo itaratangazwa.
Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukwakira 2020, zimwe muri Kaminuza n’Amashuri makuru yigenga zasubukuye amasomo.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iherutse gutangaza ko yatangiye gukusanya imibare y’abana b’abakobwa batewe inda muri iki gihe bamaze batiga kubera Covid-19, kugira ngo bafashwe, bitazabaviramo guhagarika kwiga kubera icyo kibazo.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yatangaje amabwiriza y’ubwirinzi agomba gukurikizwa mu gihe amashuri azaba atangiye, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Mu myiteguro y’itangira ry’amashuri harimo kubaka ibyumba bishya by’amashuri, kugira ngo bigabanye ubucucike mu mashuri ndetse no kubaka ibigo bishya hagamijwe gufasha abana bakoraga ingendo ndende kugira ngo bagere ku mashuri.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko ibizamini by’Icyongereza abarimu n’abandi bakozi b’ibigo by’amashuri barimo gukora ntawe bigamije kwirukana mu kazi, ahubwo ari ukugira ngo bagenerwe amahugurwa abongerera ubumenyi muri urwo rurimi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko ibyumba by’amashuri birenga ibihumbi 22 birimo kubakwa hirya no hino mu gihugu bizagabanya ubucucike, ku buryo buri cyumba cy’ishuri kitazarenza abana 46.
Ku wa Mbere tariki 5 Ukwakira 2020, u Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa mwarimu, abarimu bakaba baribukije ko hari miliyari 11Frw yagombaga gushyirwa mu ‘Mwalimu SACCO’ nk’uko byari byemejwe, bagasaba Leta ko yayashyiramo.
Umwarimu mu Rwunge rw’Amashuri rwa SOPEM Rukomo mu Karere ka Nyagatare Sinamenye Albert, ni we wabaye indashyikirwa mu gihugu, kubera gukora umuti usukura intoki mu gikakarubamba.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB), gitangaza ko abarimu bose mo mu mashuri abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro (TVET) n’abandi bakozi b’ibyo bigo bagiye gukora ikizamini cyo kureba urwego bariho mu rurimi rw’Icyongereza.
Ushobora kubona undi muntu mukuru ku isi yose wiriranwa n’abana barenze 20 buri munsi, umwaka ugashira undi ugataha, atari mwarimu? Ubwo se ko nta mubyeyi ubyara ngo arere abana bageze kuri uwo mubare, uwo muntu wundi yaba akora iki kitari ukubigisha cyangwa kuberekera ibyo bakora?
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko yiteguye guhangana n’ikibazo cy’abana bashobora kubura ubushobozi bwo gusubira ku mashuri igihe azaba yongeye gusubukurwa.