Uruganda rwa mbere rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasembuye mu Rwanda (Bralirwa) rwatangaje ko inyungu rwabonye muri 2016 rutarishyura imisoro ingana na miliari 2 na miliyoni 670 z’amafaranga y’u Rwanda muri 2016.
N’ubwo biteganyijwe ko uruganda rwa Nyiramugengeri muri Rusizi rutangira gukora mu mpera z’iki cy’umwe cya mbere cy’ukwezi kwa Mata, abakozi barwo bavuga ko bagifite imbogamizi.
Diyosezi Gatorika ya Nyundo yatashye Hoteli yuzuye itwaye miliyari 2RWf ariko ngo ntizajya icumbikira abakundana batarabana byemewe n’amategeko.
Sosiyete Rwanda Motor, iravuga ko bitarenze imyaka ibiri, izashyira muri Kicukiro uruganda ruteranya moto, rukagira n’indi mirimo irimo igaraji rigezweho.
Abashoramari b’Abanya-Australia n’Abanyamerika bamaze iminsi mu ruzinduko mu Rwanda, babonye imari mu bwubatsi bw’inzu ziciriritse, biyemeza guhita bafungura sosiyete izabibafashamo.
Umuryango w’Abanyakoreya y’Epfo witwa “Human in Love” wubakiye abaturage muri Rweru mu Bugesera irerero aho bazajya basiga abana babo bakabafata mu masaha y’umugoroba.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’imari (Zigama CSS) gihuriwemo n’abagize inzego zishinzwe umutekano, bwatangaje ko kwizigamira no kugurizanya bimaze guhesha 70% by’abanyamuryango inzu zo kubamo.
Sosiyete y’itumanaho MTN yatangaje ko izavugurura serivisi zo kugura iminota yo guhamagara(packs), ndetse no gukomeza gahunda yo gutanga inguzanyo(mokash).
Ishyirahamwe ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR), ryashyizeho uburyo bushya bw’imikorere buzatuma abasaba inguzanyo babasha kuyishyura mu gihe cyateganyijwe.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke bahamya ko bagiye kongera guhahirana, nyuma y’isanwa ry’amateme agera kuri 18 yari yarasenywe n’ibiza.
Abakomoka mu Karere ka Huye n’abayobozi batandukanye bavuga ko hari amahirwe menshi yo guteza imbere Huye, icyo bakwiye ari ukuyabyaza umusaruro.
Umukecuru witwa Muhutukazi Xaverine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, utuye i Rwamagana yashyikirijwe inzu yuzuye itwaye miliyoni 8.5 RWf.
Abashinzwe umutungo w’ibigo biterwa inkunga n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku myuga n’ubumenyingiro (WDA), bashima amahugurwa cyabahaye kuko azabafasha kunoza akazi kabo.
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP) yashyizwe ahagaragara irerekana ko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kwimakaza imibereho myiza y’abaturage .
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru burizeza abaturage b’i Burera ko umuhanda wa kaburimbo wa Base-Kirambo-Butaro-Kidaho urimo gukorwa, uzuzura muri 2018.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Bugesera rwemeza ko kutagira impamyabushobozi itangwa na WDA bibazitira kubona inguzanyo itangwa n’amabanki abafasha gutangira umurimo.
Alice Nyiramajyambere uboha imyenda, ibishora, amasogisi n’ibyo kwiyorosa akoresheje ubudodo, yabitangiye afite imyaka itandatu none abanyamahanga basigaye bamugana akabambika.
Ubuyobozi bwa Congo bwahagaritse ubucuruzi bw’inkoko n’ibizikomokaho biva mu Rwanda bushingiye ku ndwara y’ibicurane by’ibiguruka yabonetse muri Uganda ariko itari mu Rwanda.
Ububiko bwa Leta(MAGERWA), buvuga ko bubitse ibicuruzwa byinshi bitandukanye, harimo n’ibimaze imyaka itandatu, ba nyirabyo bataraza kubibikuza, bimwe bikaba binangiza ibidukikije.
Minisiteri y’ubucuruzi, ingana n’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (MINEACOM) yahagaritse by’agateganyo imikino y’amahirwe ya LPS/NEW SOJEL PARTNERSHIP izwi nka "Sports for Africa", ishinjwa kutishyura neza abatsinze.
Banki ya Kigali (BK) itangaza ko yabonye inyungu ya Miriyari 20.8Frw mu mwaka wa 2016 ngo ikaba yarabigezeho ahanini kubera ubwiyongere bw’inguzanyo zatanzwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko Burera Beach Resort Hotel izatangira gukora mu gihe cya vuba ariko ntibavuga igihe nyacyo.
Banki ya Kigali (BK) yatangije gahunda yise BK Urumuri yo kwakira imishinga y’urubyiruko ibyara inyungu, izaba ikoze neza kurusha iyindi ikazahabwa inguzanyo izishyurwa hatiyongereyeho inyungu.
Mugisha Emmanuel utuye i Nyagatare ukora umurimo wo gusudira akora ibikoresho bitandukanye mu byuma birimo imbabura ziteka hifashishijwe ibitaka.
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’uburayi [EU] urareshya ibigo bishora imari mu ngufu zishobora kuvugururwa ( Renewable Energy) byo ku mugabane w’Uburayi, ngo bize gushora imari yabyo mu Rwanda.
Banki y’Abanya-Kenya (KCB) ikorera mu Rwanda, ivuga ko igiye gufasha abagore bayikoramo mu myanya yo hasi kuzamuka bakajya mu buyobozi bwayo.
Mukeshimana Venuste wo muri Kayonza yahanze umurimo wo kubaza amashusho y’inyamaswa mu bisigazwa by’ibiti ku buryo hari ishusho agurisha ibihumbi 200RWf.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo butangaza ko mu baturage ibihumbi 10113 bagabiwe inka muri bo abagera kuri 514 ntazo bagifite, zimwe zaragurishijwe.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyashyize hanze ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, bigaragaza ko litiro ya essence mu Rwanda yiyongereyeho 52Frw.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyerekanye ibicuruzwa by’inzoga z’umucuruzi Nkusi Godfrey, kivuga ko zitakorewe imenyekanisha ry’imisoro ku buryo zarimo inyerezwa rya miliyoni 70Frw.