Abasenateri bo muri Komisiyo ya Sena y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari, basanga hagikenewe igenamigambi ryoroshya ishoramari mu buhinzi n’ubworozi, kugira ngo ibibukomokaho byoherezwa mu mahanga, birusheho kwiyongera kandi bifite ireme.
Niyonambaza Pontien wo mu Kagari ka Munyana, Umurenge wa Minazi mu Karere ka Gakenke, avuga ko amaze kwiteza imbere abifashijwemo n’ubuhinzi bw’ibinyomoro, nyuma y’imyaka itandatu yamaze ari umushomeri aho yanditse asaba akazi inshuro 41.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, arashishikariza abahinzi bafite imirima ihanamye gutekereza ku kuyishyiriraho amaterasi badategereje ingengo y’imari y’akarere.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Geraldine Mukeshimana, avuga ko ihenda ry’ifumbire ryatewe n’ibibazo bya Covid-19 no kuba ibihugu byinshi bisigaye biyikenera cyane kubera gushakira ubukungu mu buhinzi.
Umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ushinzwe Ubworozi, Dr. Théogène Rutagwenda, avuga ko kugira ngo igihugu gitere imbere hakenewe ubworozi buteza imbere nyirabwo ndetse bukanateza imbere igihugu.
Ubuyobozi bw’uruganda Inyange, rumwe mu zitunganya amata n’ibiyakomokaho bwatangaje ko rutazamuye ibiciro by’amata nk’uko benshi babivuga, cyakora rwemeza ko umusaruro w’amata wagabanutse bitewe n’izuba ryavuye.
Abahinze ibirayi mu Kibaya cya Mugogo giherereye mu Kagari ka Gisesero, Umurenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, barataka igihombo gikomoka ku musaruro wabyo warumbye mu gihembwe cy’ihinga gishize cya 2021C, bagasaba inzego zirimo n’izishinzwe ubuhinzi ko zarushaho kubakurikiranira hafi, mu bujyanama, buzabarinda kongera (…)
Inama yahuje Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi n’abayobozi b’amakoperative akorera uburobyi mu kiyaga cya Kivu, ku ya 30 Nzeri 2021, yemeje ko imitego ya kane (4) ikoreshwa mu burobyi igomba gusenywa mu mpera z’iki cyumweru kugira ngo uburobyi bwemererwe gusubukurwa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko umusaruro wa soya ukiri muke mu nganda zikeneye kuwutunganya, mu gihe ibikomoka kuri Soya na byo bikenewe cyane mu Gihugu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostome, avuga ko mu gihe kitarambiranye ubutaka bwuhirwaho buziyongera kubera imishinga itandukanye igamije kwegereza abahinzi amazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera, bwatangije igikorwa cyo gutera ingemwe z’igihingwa cya Kawa, hagamijwe guteza imbere no kongera umusaruro w’ibihingwa ngengabukungu muri ako gace, hakazaterwa izisaga miliyoni eshatu.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko kugira ngo borore inka zitanga umukamo hari byinshi bikwiye kuvugururwa, harimo n’igiciro cy’amata kuko igihari kitajyanye n’ibyo bashora mu bworozi bwabo.
Mu bumva bavuga Kinigi cyangwa bahageze, ntawe ushidikanya ko ako gace ari ho kigega cy’ubuhinzi bw’ibirayi mu Rwanda, ndetse n’ushaka kugura ibirayi wese ijambo rimuzamo mbere ni “Ndashaka kugura ibirayi, ariko ni mumpe Kinigi”.
Umuryango wa ‘TechnoServe’ ugiye gufasha abahinzi b’ikawa mu Karere ka Nyamasheke hasimburwa ibiti ibihumbi 100, bikazafasha akarere nibura gutera ibiti bishya bigera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 200.
Koperative y’Abacuruzi b’inyongeramusaruro bo mu Karere ka Nyamagabe (Kopabinya), iherutse gutaha ikigo yubatse cyo gucururizamo inyongeramusaruro zikenerwa muri ako karere.
Aborozi b’inka mu Karere ka Nyagatare barasaba Leta kubashyiriraho Nkunganire ku mbuto y’ubwatsi bw’amatungo no ku mashini zibusarura zikanabutunganya.
Mu gihe Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB), gikomeje gukora ubushakashatsi mu kongera imbuto nshya z’ibirayi, icyo kigo kirimo no guhugurira abahinzi gutubura imbuto, kugira ngo haboneke imbuto nziza kandi zihagije.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, bufatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), burakangurira abahinzi kwihutisha ibikorwa byo gutera imbuto ku ma site atandukanye ahujweho ubutaka, ku buryo nibura impera z’icyumweru gitaha, bazaba barangije iyo mirimo, kugira ngo babone uko bakurikizaho (…)
Abaturage bo mu turere 15 mu tugize igihugu, bagiye gufashwa kwihaza mu biribwa no kuzahura ubukungu, binyuze mu mushinga wo kuboroza amatungo magufi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke burashimira abahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Coko, uburyo bakomeje kongerera kawa yabo uburyohe ikaba ikomeje gutsinda amarushanwa mpuzamahanga, agamije gusuzuma uburyohe bwa kawa.
Abahinga mu gishanga cy’Urwonjya mu Mirenge ya Nyagisozi na Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, barifuza kubakirwa ubuhunikiro bw’imbuto y’ibirayi ndetse n’ubwanikiro bw’ibigori, kubera umusaruro mwinshi bagira.
Niyonsenga Jeanne wakoreraga ubworozi bw’ingurube mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, avuga ko yabuhagaritse kubera ibihombo yagiriyemo kubera indwara ya Muryamo yishe izo yari atunze zose.
Umuyobozi mukuru wa RAB, Dr. Patrick Karangwa, arasaba abahinzi batuye aho imvura igwa bihagije gutangira gutera, kuko izagwa mu gihe gitoya, nyamara ibihingwa nk’ibigori birimo guterwa muri iki gihembwe cy’ihinga bikeneye imvura y’igihe kirekire.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kirimo kwiga uko imiti ivura amatungo yarumwe n’isazi ya Tsetse yashyirwaho Nkunganire, bitewe n’uko ihenze byagora bamwe mu borozi kuyigondera.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), cyatangije umushinga wo koroza abaturage bakennye amatungo magufiya, ari yo ihene, intama, ingurube n’inkoko.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare barifuza ko bafashwa mu kubona amazi mu nzuri kuko kenshi igihe cy’impeshyi amatungo yabo abura amazi yo kunywa, kubera ko valley dams zabafashaga zasibamye.
Gahunda yo gutera inka intanga mu Karere ka Gicumbi, ni kimwe mu bikomeje kongera amatungo atanga umukamo ushimishije, aho ku munsi litiro z’amata zikamwa zigeze ku 101,700 mu gihe mu myaka ishize by’umwihariko mu mwaka wa 2017, ku munsi hakamwaga litiro ibihumbi 56.
Abaturage bahinga icyayi mu Mirenge ya Nyundo na Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baravuga ko basabwe kwishyura imisoro y’ubutaka bwa Leta buhinzeho icyayi mu bishanga, bakifuza ko iyo misoro yakurwaho kuko igihe icyo ari cyo cyose Leta yashakaubwo butaka bayibusubiza.
Nyuma y’igerageza ry’ubuhinzi bw’inkeri ryari rimaze amezi atandatu rikorerwa mu turere dutandukanye tw’Igihugu, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) hamwe n’Umushinga uterwa inkunga n’Abaholandi ‘HortInvest’, bemeje ko icyo gihingwa kigiye gutezwa imbere kuko ari imari ishyushye.
Bamwe mu bahinga umuceri mu gishanga Rusuri-Rwamuginga-Cyarubare, ubwanikiro bw’umuceri bwababanye butoya ku buryo usanga banitse mu muhanda, ibinyabiziga bikawukandagira, bakaba bifuza kubakirwa ubwanikiro bwagutse.