Umugore w’imyaka 45 witwa Kampire Faina utuye mu Kagari ka Bumba mu Murenge wa Mushubati ho mu Karere ka Rutsiro yarokoye umugabo we witwa Kanyoni Melane w’imyaka 60, ariko ngo yahuye n’ibigeragezo kuko ise umubyara yashakaga kumwicisha.
Abagize amatsinda y’ubutwari bwo kubaho ahuje abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 n’abayigizemo uruhare akorera mu Murenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru barahamya ko ubu biyunze, basigaye bahuriza hamwe ibitekerezo bigamije kubaka.
Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston avuga ko ubumwe bw’Abanyarwanda ari ishoramari rikomeye bityo ntawe ukwiye kwemera ko buhungabanywa.
Umuhanzi Sebanani André yavukiye mu yahoze ari Komini Kigoma, Perefegitura ya Gitarama mu mwaka w’1952, ubu ni mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Nsengiyumva Athanase warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi ahahoze ari Komini Nkuli, Segiteri Kareba, Selire Rusiza ,ubu hakaba ari mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Mukamira, arasaba gufashwa kugira ngo igitabo arimo kwandika kigire amakuru menshi kandi kizagere kure hashoboka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 bo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, batangaza ko abaturanyi babo, baba abagize uruhare muri Jenoside n’abatararugize ntawe urerura ngo asabe imbabazi cyangwa ngo yerekane aho imibiri itaraboneka yaba iherereye.
Imibiri 158 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rw’abazize iyo Jenoside rwa Mukarange mu Karere ka Kayonza, tariki 12 Mata 2015.
Mu kiganiro Hon Berthe Mujawamariya yatangiye m’Urwunge rw’Amashuri rya Rusumo kuri uyu wa 11 Mata 2015 yasabye abaturage kureka kugoreka imvugo kuko bishobora kuba imwe mu ntwaro yo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Ubwo yagendereraga Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, kuri uyu wa 12Mata 2015, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yibukije abanyeshuri ndetse n’abarimu bo muri za kaminuza, kimwe n’abayobozi bamwumvaga, ko ubumenyi budahindura ubuzima bw’abantu ntacyo bumaze.
Umubyeyi witwa Yuriyana Mukamana utuye mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Kagari ka Rukira, Umurenge wa Huye, Akarere ka Huye, yasoneye abari bamurimo miliyoni zisaga ebyiri z’imitungo bamwangirije muri Jenoside batabimusabiye imbabazi.
Umuhanzi Munyanshoza Dieudonne uzwi cyane nka Mibirizi amaze imyaka 20 ahanga indirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ngo arishimira ko izo ndirimbo zagize uruhare mu gusana imitima y’Abanyarwanda muri rusange n’abarokotse Jenoside by’umwihariko bakongera kugira icyizere cyo kubaho.
Hari ibimenyetso simusiga bigaragaza ko Leta y’u Bufaransa yari iyobowe na Perezida François Mitterand mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yatanze amadorali y’Amerika asaga miliyoni eshatu yo gutiza umurindi Jenoside mu Rwanda.
Umuryango mugari w’abakozi n’abanyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, Koleji y’inderabarezi ya Kigali (yahoze kitwa KIE) bashyikirije inzu bubakiye Rugeninyange G. Marcel, warokotse Jenoside yakorewe abatutsi utishoboye utuye mu Murenge wa Rukumbeli.
Imfungwa n’abagororwa bari muri Gereza ya Nyamagabe barasabwa guharanira ko Jenoside itazongera kubaho bimakaza gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kandi bakamaganira kure abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe abatutsi.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga bavuga ko bishyurijwe n’ubuyobozi amafaranga y’imitungo yabo yangijwe muri Jenoside ariko ntabagereho.
Charles Hategekimana, umwe mu bari bahungiye mu ngoro ya MRND bitaga ingoro ya muvoma akaza kurokoka avuga ko nyuma y’igihe kinini bahigwa ndetse bakabasha gusubiza inyuma ibitero bimwe na bimwe, interahamwe zifatanyije n’abasirikare bishe abatutsi bari bahari kuva saa sita z’amanywa kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Buri wa 9 Mata, abaturage baturiye Kiriziya ya Nyundo n’abandi baharokokeye bibuka uburyo abatutsi babarirwa muri 500 bari bahungiye mu Kiliziya bishwe n’interahamwe zahabasanze bahishwe na Musenyeri Karibushi.
Richard Rwandenzi ufite imyaka 34, utuye mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye asaba abaturage kubwira abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi aho imibiri y’ababo iherereye kuko ari byo byabomora imitima, ngo kuko iyo umuntu atarashyingura uwe ahora mu kiriyo (kilio) kidashira.
Sebanani Emmanuel wiyise Gashumba Elias w’imyaka 26 wo mu Kagari ka Kagasa, Umurenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Kirehe azira gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, akubita uwarokotse Jenoside ari nako avuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.
Charles Cyubahiro ukomoka mu Karere ka Nyaruguru, ahahoze ari muri Kominis Nshiri, Segiteri Gitita, Serire Gahotora, ubu atuye ahitwa mu Matyazo ho mu Karere ka Huye, avuga ko yababaye mu gihe cya jenoside, ariko ngo itotezwa we n’umuryango we bagiriwe mbere yayo ni ryo ryamubabaje kurushaho.
Urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ruzwi nka “Walk to Remember” rwari rumenyerewe mu ntangiriro z’icyumweru cyo kwibuka, rwashyizwe kuri iki cyumweru tariki 12/4/2015, guhera saa munani z’amanywa.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 batishoboye batuye mu murenge wa Rumbeli akarere ka Ngoma, baravuga ko nubwo bagenda bahabwa ubufasha bwo gusanirwa amazu hakiri abandi batishoboye bafite ikibazo kitaboroheye cy’amacumbi akeneye gusanwa.
Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’imiryango y’abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke, bavuga ko biyunze kuko hari abagize uruhare muri Jenoside bemeye guca bugufi bagasaba imbabazi abo bahemukiye nabo bakababarira.
Kuba abaganga bamwe baragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi kandi ari bo bashinzwe kurngera ubuzima, ni urukozasoni ku bakora uyu mwuga; nk’uko bitangazwa na bamwe mu baganga.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, atangaza ko imyumvire ishingiye ku ivangura, abantu biyumva ko hari icyo abandi babarusha kimwe n’abica abandi, kugira ubwoko iturufu yo kubaho ubundi bugahinduka igicibwa, bri mu bituma hari abata isura y’Ubunyarwanda basangiye, abandi bagahunga igihugu bitwa impunzi cyangwa abagiye (…)
Abanyamakuru bo mu Rwanda baributswa ko ari uruhare rwabo rwo kuvuga ukuri ku byabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko bakibuka no gukoresha ubunyamwuga bwabo bimakaza amahoro, ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 babiri bo mu Kagari ka Mahembe, Umurenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, batewe inkunga n’abakozi b’Umurenge wa Byimana, mu rwego rwo kubakomeza muri ibi bihe byo kwibuka ababo bazize Jenoside.
Twagiramusinga w’imyaka 64 wo mu Murenge wa Kirehe kuri uyu wa 09 Mata 2915 mu kungurana ibitekerezo ku nsanganyamatsiko zaganiweho yavuze k’ukuri kuri Jenoside yakorewe abatutsi ngo akababazwa n’uko Kiriziya abamo yakoze Jenoside.
Kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu midugudu igize Akagari ka Nyarurama mu Murenge wa Ntongwe, Akarere ka Ruhango, ubwitabire bw’abaturage mu biganiro buracyari buke ariko abayobozi b’imidugudu bavuga ko bafite ingamba, kugirango abaturage babonekere igihe mu biganiro.