Bamwe mu bagenera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basanga kubaha igishoboro cyo kubafasha kwiyubaka ari mu bumwe mu buryo bwiza bwo kubafasha mu rugamba rw’iterambere.
Abatuye Akarere ka Gisagara bifuza ko i Kabuye hakubakwa urwibutso rwa Jenoside ruzwi ku rwego rw’igihugu, kuko ari hafi yo kwa Sindikubwabo Théodore wabaye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda w’inzibacyuho ndetse ari no hafi y’aho yashishikarije abantu gukora Jenoside. Aka gasozi kandi ngo ni ko bahindiyeho abatutsi bagira (…)
Abagize ihuriro ry’amakoperative y’abatwara abagenzi kuri moto, COOPERATIVES DE RUSIZI (U.M.R), kuri wa 23 Mata 2015, bakoze urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no gusaba akarere ko kabagereza ubutumwa mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda ko bifuza ko Itegeko Nshinga ryahinduka, Perezida Kagame akemererwa (…)
Joseph Nshimiyimana warokokeye Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 i Murambi mu Karere ka Nyamagabe, ababajwe n’uko uwagize uruhare mu kwicisha mushiki we muri Jenoside yagizwe umwere n’inkiko Gacaca akarekurwa.
Bamwe mu baturage b’i Kabarondo ngo bari banze kugira uruhare muri Jenoside yakorerwaga abatutsi mu w’1994, baza kuyishoramo nyuma yo kubishishikarizwa na Tito Barahira.
Nubwo mu karere ka Rutsiro, abantu babiri ngo ari bo bagaragaje ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 , Ubuyobozi bwa Ibuka muri ako karere buvuga ko ingengabitekerezo ya Jenoside yagabanutse ukurikije uko byabaga bimeze mu myaka ishize.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bo mu Karere ka Rwamagana bemeza ko ubutegetsi bubi bwayiteguye ari na bwo bwatumye ishoboka kandi igakoranwa ubukana, ngo kuko abaturage bari basanzwe babanye neza kandi hamwe na hamwe bari bagerageje kuyirwanya.
Padiri Ubald Rugirangonga aravuga ko ibibazo byose abanyarwanda bafite bizakemurwa no gufata icyemezo cyo gutanga imbabazi no kuzisaba nta buryarya.
Abanyarwanda batuye mu Mujyi wa Pietermaritzburg, Umurwa Mukuru w’Intara ya KwaZulu-Natal yo muri Afurika y’Epfo, ku wa 18 Mata 2015 bahuriye hamwe bibuka Jenoside yakorewe Abatusi mu Rwanda mu 1994.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwari Alphonse, avuga ko umuntu upfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abantu badakwiye kumutaho umwanya kuko ngo ari we witera ibibazo.
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’Akarere ka Muhanga aravuga ko abantu bane bo mu Mirenge itandukanye ari bo bagaragaweho n’ingengabitekerezo ya Jenoside, kuva tariki 07 Mata 2015 ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Ubuyobozi bw’umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC”, ugizwe n’urubyiruko rwarokotse Jenoside mu Karere ka Ruhango, uravuga mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ugerageza guhuriza hamwe urubyiruko kugira ngo rudakomeza guhura n’ihungabana rwasigiwe na Jenoside.
Nyuma y’uko mu Murenge wa Mutendeli ho mu Karere ka Ngoma hagaragaye ingengabitekerezo ya Jenoside ku bana babiri b’imyaka 17, abahatuye bavuga ko byerekana ko hari ababyeyi bakigishiriza abana babo amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside ku mashyiga.
Ubwo bibukaga ku nshuro ya 21 Abatusti bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu murenge wa Mutendeli ku rwibutso rwa Jenoside hashyinguwe mu cyubahiro imibiri ibiri y’abishwe muri Jensoside yabonetse aho yari yarajugunwe.
Imiryango 54 y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batuye mu midugudu ya Kinyinya mu murenge wa Rukoma no mu midugudu ya Kambyeyi, Nyamugari na Nyarunyinya mu murenge wa Gacurabwenge; bashyikirijwe umuriro w’amashanyarazi n’ubuyobozi b’ibigo bishamikiye ku kigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza ingufu (…)
Ishuri ryisumbuye rya Istituto Leopardi riherereye mu mujyi wa Milan mu Butaliyani, ryibutse Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Igikorwa kibaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko ubuyobozi bwiyemeje kujya bwibuka iyo Jenoside buri mwaka.
Mu cyumweru cy’icyunamo, cyo kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994, abaturage bo mu Karere ka Burera bakusanyije inkunga y’amafaranga y’u Rwanda ingana na miliyoni 31 n’ibihumbi 924 n’amafaranga 632 yo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye.
Abarokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi bo muri Paruwasi ya Muhororo mu Murenge wa Gatumba barasaba ko hakubakwa inzu yashyirwamo ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko bigenda bikendera kandi hari ibyari byarabonetse ariko bikaba bidafashwe neza.
Abagize ihuriro ry’imiryango mpuzahanga ikorera mu Rwanda biyemeje kuzegera amahanga atazi ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ikayayasobanurira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko hari intambwe yatewe mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bishimangirwa n’ubwitabire bw’abaturage kandi n’uko inkunga yo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yiyongereye igera ku miliyoni hafi 31 ivuye kuri miliyoni 18 zakusanyijwe umwaka ushize.
Mu muhango wo kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Intumwa ya Komisiyo y’igihugu Ishinzwe Kurwanya Jenosite, Dr Jean Damascène Gasanabo, yatangarije abaturage ba Nyarubuye ko Urwibutso rwa Nyarubuye rugiye kubakwa mu Ngengo y’Imari ya 2015/2016.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana, aravuga ko uzagerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda no gushaka kurusubiza mu icuraburindi rya Jenoside azabigwamo, kuko u Rwanda rutazihanganira ushaka gusenya ibyiza Abanyarwanda bamaze kugeraho biyushye akuya.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma barashimwa ku kwitabira ibiganiro mu cyumweru cy’icyunamo ndetse no kwitanga bagira icyo bigomwa bashyira mu gaseke bagakusanya miliyoni hafi eshatu zaguzwemo amatungo yo kuremera abatishoboye barokotse Jenoside.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Caritas Mukandasira arasaba abayobozi b’insengero ziciwemo abatutsi mu w’1994 gushyiramo ibimenyetso bigaragaza ko hiciwe abantu cyangwa se ubutumwa bwibutsa abakirisitu babo ko aho hantu hakorewe amahano babigisha kubirwanya.
Umukecuru Mukantwari Melaniya warokotse Jenoside nyuma yo kumara iminsi yarajugunywe muri Nyabarongo, atangaza ko agahinda k’abana be batandatu bajugunywe muri Nyabarongo, ari intimba ikomeye imuri ku mutima.
Nyuma y’imyaka ine urwibutso rwa Jenoside rwa Kibungo ruvugwa ko rugiye kubakwa neza bikaba bitarakorwa, bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite ababo bahashyinguye bavuga ko batewe impungenge n’uko imibiri irushyinguyemo izangirika kuko rutubakiye ngo rureke kunyagirwa.
Depite Mukayuhi Rwaka Constance arasaba abaturage bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside guhinduka bakabana n’abandi mu mahoro n’ubwiyunge kandi akerurira n’abanze kubireka ko barimo guta umwanya bibeshya kuko Jenoside idashobora kongera kubaho ukundi mu Rwanda.
Mukankundiye Verediyana, umukecuru w’imyaka 65 y’amavuko, arashimira inzego zinyuranye zamukoreye ubuvugizi mu mwaka ushize harimo n’itangazamakuru, ubu akaba aba mu nzu nziza ndetse akanabona ubuzima bwe bufite icyerekezo.
Ku mugoroba wo ku wa 11 Mata 2015, Abanyarwanda baba muri Côte d’Ivoire hamwe n’abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro UNPOL/ONUCI muri icyo gihugu ndetse n’inshuti zabo bibutse ku nshuroya 21 Jenoside yakorewe Abatusi muri Mata 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buratangaza ko mu cyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi hakusanyijwe inkunga y’amafaranga y’u Rwanda ingana na miliyoni 54 n’ibihumbi 896 n’amafaranga 10 muri gahunda y’Agaseke.