King Bayo, umuhanzi w’Umunyarwanda uba muri Mali avuga ko Abanya-Mali batangiye gukunda umuziki w’u Rwanda nyuma yo kubona Abanyarwanda bahatuye bawubyina.
Mu gihe kigera ku mwaka abanyeshuri ba mbere bize umuziki mu ishuri rya Muzika ryo ku Nyundo barangije amasomo batangaza ko batangiye kwinjiza amafaranga.
Aturage bo mu Karere ka Rubavu bakunda umuziki ntibazicwa n’irungu mu mpera z’iki cyumweru kuko bazataramirwa na bamwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda ari mu gihugu cy’Ubushinwa aho yitabiriye irushanwa ry’ubwiza rya Miss World rimwe mu marushanwa y’ubwiza akomeye ku isi.
“Rwanda Film Festival” iserukiramuco Nyarwanda rya Sinema rigiye kuba ku nshuro ya 13 rikazahuriramo abakora sinema mu Rwanda no mu mahanga.
Ibyamamare bitandukanye mu myidagaduro yo mu Rwanda bigaragaza ko byinjiza amafaranga bigura imodoka n’inzu bikora n’ibindi bikorwa bigaragaza ko hari urwego bamaze kugeraho.
Nyuma y’ibyumweru bigera kuri bitatu Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda yari amaze mu Burayi amenyekanisha ibikorerwa mu Rwanda,kuri ubu ari mu Bushinwa.
Abitabiriye irushanwa ry’ubwiza rya Miss Earth 2017 riri kubera muri Philippines bakoze igikorwa cyo kwiyerekana harebwa ubwiza n’imiterere y’umubiri wabo.
Hirya no hino ku isi mu mico itandukanye usanga batavuga rumwe ku mwambaro wa “Bikini” wagenewe abagore cyangwa abakobwa bagiye ku mazi koga.
Umwuka mubi uvugwa mu itsinda rya muzika rya Urban Boys si uwa vuba kuko abazi iri tsinda bahamya ko kuva ryashingwa wumvikanagamo.
Nubwo umuhanzi Andy Bumuntu atangiye kumenyekana muri iki gihe kubera indirimbo ze zikundwa n’abatari bake ngo ibyo kuririmba yabitangiye akiri muto.
Miss Uwase Hirwa Honorine uzwi nka “Igisabo, uhagarariye u Rwanda muri irushanwa ry’ubwiza rya “Miss Earth 2017” yagaragarije abaryitabiriye uburyo Abanyarwandakazi ari beza.
Abaturage batandukanye bo Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye banejejwe no kubona umuhanzi Jay Polly amaso ku maso ubwo yajyagayo kubataramira.
Itsinda ry’abasore b’Abanyarwanda batanu bazwi ku izina “The Bright Five Singers” rikomeje kwitegura igitaramo cyo kumurika alubumu ya mbere y’indirimbo zabo.
Ba Nyampinga 78 bitabiriye irushanwa rya Miss Earth 2017, barimo na Miss Uwase Hirwa Honorine uzwi ku izina rya “Igisabo” bakorewe ibirori byo kubakira mu gihugu cya Philippines.
Umuhanzi Mani Martin uzwi cyane mu njyana Nyafurika, yasohoye indirimbo yise "Ndaraye" ivuga ku nzozi z’umuntu ukumbuye iwabo.
Uwase Hirwa Honorine uzwi ku izina rya “Igisabo” ari mu gihugu cya Philippines aho ahagarariye u Rwanda mu irushanwa mpuzamahanga ry’ubwiza rya Miss Earth 2017.
Orchestre Impala ifite indirimbo nyinshi yaririmbye mu bihe byo hambere ariko hari izo iririmbo mu rurimi abantu bamwe bazumva ntibasobanukirwe.
Abategura Kigali Fashion Week yaje guhinduka Kigali International Fashion Week batangaza ko igiye kujya ibera no hanze y’igihugu ikamurikira isi ibikorerwa mu Rwanda.
Willy Ndahiro wamenyekanye nka Paul muri filime “Ikigeragezo cy’ubuzima” asobanura byinshi bituma sinema yo mu Rwanda isubira hasi birimo no kuba abayirimo bamwe nta bumenyi buhagije bafite.
Inama nkuru y’Abahanzi itangaza ko nta muhanzi uzongera kubura uko ujya mu bitaramo, mu maserukiramuco cyangwa mu marushanwa yatumiwemo hanze y’u Rwanda kuko igiye kujya ibibafashamo.
Itsinda ry’abahanzi bazwi nka Charly na Nina bagiye kumurika Album y’indirimbo zabo ya mbere, izagaragaza ko bashoboye muri muzika yo mu Rwanda.
Nyuma y’iminsi itatu Safi ashyingiranwe imbere y’amategeko na Niyonizera Judith, uwahoze ari umukunzi we witwa Umutesi Parfine yavuze akamuri ku mutima.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda uri ku mugabane w’Uburayi yatangiye urugendo rwe mu gihugu cya Suwede nyuma yo kuva mu gihugu cy’Ubudage.
Mu rugendo Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda ari gukorera mu Burayi yahereye mu gihugu cy’Ubudage aho yabasobanuye byinshi ku bijyanye na "Made in Rwanda" n’ibyiza bitatse u Rwanda.
Umukinnyi wa filime mu Rwanda, Umutoni Assia agiye kwerekana filime ye irimo icyamamare mu gukina filime muri Tanzania, Vincent Kigosi.
Umuhanzi Mani Martin agiye kuzengeruka intara zitandukanye zo mu Rwanda akora ibitaramo byo kumurika umuzingo we w’indirimbo (Album) yise “Afro”.
Sheebah Karungi umuririmbyi wo muri Uganda avuga ko ibyo bamwe bamuvugaho bamuca intege atabyitako kuko ngo ibyo amaze kugeraho byose abikesha Imana.
Nyampinga w’u Rwanda 2017, Iradukunda Elsa atangaza ko niyitabira irushanwa rya Miss World icyo azaba ashyize imbere ari uguhagararira u Rwanda no kuruhesha isura nziza.
Abagize itsinda rya "Tuff Gang"bongeye gusubirana, batangaza ko iryo tsinda nta kongera gutandukana ukundi kuko ngo icyabatanije mbere bakiboneye umuti.