Abahanzi b’Abanyarwanda ariko baba muri Amerika, The Ben na Meddy kuva bagaruka mu Rwanda bakunze kubazwa icyabateye gutoroka bakigumira muri Amerika.
Meddy, umuririmbyi wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) yatangaje ko atari yajya mu rukundo ko ariko ari gutereta umukobwa wo muri Amerika yirinze gutangaza izina rye.
Liliane Mbabazi wahoze mu itsinda rya Blue 3 hamwe na Sindi Sanyu na Jack Chandiru, Yimukiye mu Rwanda n’abana be, akazanakora umuziki ucurangitse Kinyarwanda.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), umuririmbyi The Ben yakoze igitaramo cyiswe “Kwita Izina Gala Dinner” cyabereye muri Kigali Convention Center.
Meddy, umuririmbyi w’umunyarwanda ariko uba muri Amerika yageze mu Rwanda aho yaje mu gitaramo cyiswe "Beer Fest".
Umuhanzi Ngabo Meddy yakandagije ibirenge bye Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, nyuma y’imyaka irindwi atahakandagira.
Umuririmbyi Bruce Melody atangaza ko indirimbo “Ikinya” ikunzwe n’abati bake muri iki gihe, yayihimbye akamara umwaka n’igice ayitegura.
Umuhanzi Senderi avuga ko agiye gukora ibitaramo byo gukusanya amafaranga yo kugura amagare yo guha abaturiye umugezi wa Nyabarongo bagorwa no kubona amazi meza.
Umuririmbyi The Ben avuga ko amaze kwibonera imbona nkubone abakobwa batatu basutse amarira babitewe n’uko bamubonye ari ku rubyiniro aririmba.
Indirimbo “Kami” y’umuhanzi Kid Gaju yafatanyije na The Ben yiyongereye ku rutonde rw’indirimbo z’abaririmbyi bo mu Rwanda zimaze kurebwa n’abarenga miliyoni ku rubuga rwa YouTube.
Urujijo ni rwose mu bakunzi ba Alpha Blondy, wagombaga gutaramira abitabiriye igitaramo cy’iserukiramuco rya muzika ryiswe Kigali Up kuri iki cyumweru tariki ya 20 Kanama 2017, ariko bigahinduka ku munota wa nyuma.
Patoranking, umuririmbyi wo muri Nigeria wari utegerejwe n’abatari bake mu iserukiramuco rya KigaliUp! yageze ku rubyiniro aririmbira kuri CD kandi abandi baririmbaga “Live”.
Ubwo umuririmbyi The Ben yageraga ku rubyiniro mu gitaramo cy’Intsinzi, umwe mu bafana be yamwishimiye cyane, biramurenga bigera aho agwa igihumura.
Umuririmbyi Phiona Mbabazi atangaza ko anejejwe no kuba agiye kwitabira bwa mbere iserukiramuco rya KigaliUp! akaririmbana bimwe mu bihanganye muri muzika.
Soleil Laurent, umuhanzi w’umunyamerika waje mu Rwanda kwitabira iserukiramuco rya KigaliUp! atangaza ko mu byo akunda ku Rwanda harimo uko Abanyarwanda babyina.
Umuhanzi The Ben ubwo yageraga mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yatangaje ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu umuntu ageramo akumva atuje, yisanga kandi ntacyo yikanga.
Umuhanzikazi Phiona Mbabazi yatangaje ko nta rukundo rwigeze ruba hagati ye na Mico, ahubwo ko babikoze bashaka kuvugwa cyane.
Mu gihe habura iminsi mike ngo iserukiramuco rya muzika rizwi nka KigaliUp! ribe, abahanzi b’abanyamahanga bazasusurutsa abazaryitabira bamaze gutangazwa.
Laura Musanase, ukina yitwa Nikuze muri filime Nyarwanda yitwa “City Maid”, avuga ko asigaye ahura na bamwe mu bakunzi b’iyo filime bakarira kubera ibyo akina muri iyo filime.
The Ben, umuririmbyi w’umunyarwanda ariko uba muri Amerika (USA) avuga ko amazi yo mu bwogero (Douche) atuma agira inganzo agahita ahimba indirimbo.
Irushanwa ry’ubwiza ryo ku rwego rw’isi ryo muri 2017 (Miss World 2017) rizabera mu Bushinwa, rizitabirwa na Banyampinga 130 baturutse hirya no hino ku isi.
Abanyarwanda batuye muri Leta ya Arizona (RCA/ARIZONA) muri Amerika (USA) bateguye igitaramo cy’ubusabane cyo kwishimira ibyagezweho no kwiha intego yo gukomeza kubisigasira.
Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka irenga ine ataba mu Rwanda, yageze i Kigali yakirwa n’abantu batandukanye bigaragara ko bari bamukumbuye.
Abagize itsinda ry’abaririmbyi rya "Dream Boys" batangaza ko nyuma yo kwegukana irushanwa rya Primus Guma Guma Superstar 2017 bari mu bikorwa bitandukanye byo kwagura umuziki wabo.
Igitaramo cya Siriki na Souké cyari giteganyijwe kubera i Kigali ku wa gatanu tariki ya 14 Nyakanga 2017, ntikikibaye kuko kimuriwe muri Kanama 2017.
Akon, umuririmbyi wo muri Amerika (USA) ufite inkomoko muri Senegal agiye kuza mu Rwanda kwitabira “Youth Connekt Africa Summit" izaba tariki 19 -21 Nyakanga 2017.
Urubyiruko rukunda Mutamuliza Annonciata uzwi nka Kamaliza, rwateguye igitaramo cyo kumwibuka no gufasha umuryango we kizabera muri Serena Hotel i Kigali tariki 12 Kanama 2017.
Abantu ibihumbi n’ibihumbi bari bitabiriye igitaramo cya Rwanda Fiesta cyabereye i Nyamata mu Bugesera abenshi muri bo byagaragaraga ko bajyanwe no kureba umuririmbyi Diamond.
Umuhanzikazi Young Grace yatangaje ko agiye gushinga Televiziyo ye azita Young Grace TV, ikaba izatangira muri uyu mwaka wa 2017.
Inyogosho y’imisatsi migufi iciyemo akarongo ahagana mu musaya iharawe na bamwe mu bakobwa n’abagore bo mu Rwanda cyane cyane mu mujyi wa Kigali.