Ku munsi wa mbere wa CECAFA y’abagore iri kubera mu Rwanda, Amavubi atsinze Tanzania igitego 1-0, bituma ararana amanota atatu.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze burahakana ko bwaba bwarasabye abakinnyi ko bagabanya imishahara bahabwaga kubera kugabanuka kw’ingengo y’imari
Nyuma y’ukwezi Myugariro w’Amavubi Bayisenge Emery asinyiye ikipe ya USM Alger yo mu gihugu cya Algerie, Umutoza wayo Thierry Froger atangaje ko batakimukeneye biteguye no kumurekura akishakira Indi kipe.
Ikipe ya Rayon Sports itsinzwe na USM Alger ibitego 2-1, mu mukino wa gatatu w’amatsinda ya CAF Confederation Cup.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, delegasiyo y’u Rwanda yerekeje muri Algeria mu mikino y’abakiri bato, yaraye yakiriwe ku mugaragaro
Amakipe agomba kwitabira CECAFA y’ibihugu izabera mu Rwanda guhera ku itariki 19 kugeza tariki 27 Nyakanga 2018 , yamaze kugera mu Rwanda yose.
Mu mpera z’icyumweru Abakinnyi bitegura guhagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda baritegura bakina amasiganwa abiri azanyura mu Karere ka Rutsiro.
Umwera uturutse i Bukuru ukwira hose, ni umugani baca mu Kinyarwanda, bashaka kuvuga ko urugero rutanzwe n’abakuru cyangwa se n’abayobozi, ari rwo abato cyangwa se abayoborwa bakurikiza.
U Bufaransa bwegukanye igikombe cy’isi cya kabiri butsinze Croatia, nyuma y’imyaka 20 bwegukanye icya mbere.
Ikipe y’igihugu y’u Buligi itwaye umwanya wa gatatu mu gikombe cy’isi nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego bibiri ku busa, mu mukino wo guhatanira uyu mwanya waberaga Saint Petersburg.
Ikipe ya REG BBC itozwa na Patrick Richard Ngwijuruvugo yatangiye neza itsinda APR BBC amanota 84-79 mu mukino wa mbere wa ½ w’amarushanwa ya Playoffs.
Amavubi y’abagore akomeje imyitozo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo bitegura imikino ya CECAFA y’abagore izabera hano mu Rwanda.
Ku nshuro ya mbere Croatia ibashije kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi, nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1.
Azam yasezereye Gor Mahia na Simba yasezereye JKU yo muri Zanzibar, nizo zizakina umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup kuri uyu wa Gatanu.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Karate , Nkoranyabahizi Noel aratangaza ko abakinnyi batatu azaserukana mu marushanwa Nyafurika y’abatarengeje imyaka 18 azabera muri Algerie, nta kabuza bazitwara neza bakegukana imidari.
Ikipe y’igihugu y’Ubufaransa itsinze Ububiligi, igera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi kiri kubera mu Burusiya
Ikipe ya Rayon Sports inyagiwe ibitego 4-2 na Azam Fc, ihita isezererwa muri CECAFA Kagame cup
Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup iri kubera muri Tanzania, Rayon Sports itsinze Lydia Ludic y’i Burundi ihita ibona itike ya 1/4 cy’irangiza
Mu mukino wa nyuma usoza imikino y’icyiciro cya kabiri, Intare Fc yatsinze Muhanga yegukana igikombe cy’icyiciro cya kabiri
Ikipe y’amagare igizwe n’abakinnyi batandatu berekeje mu Bubiligi mu myitozo izamara ukwezi kuva taliki 5 Nyakanga kugeza taliki 30 Nyakanga 2018.
Mu mukino Rayon Sports yari itegerejeho kubona itike ya 1/4, yishyuwe mu minota ya nyuma na AS Ports yo muri Djibouti
Umukino wa nyuma w’icyiciro cya kabiri ugomba guhuza Intare Fc na Muhanga, uraba kuri uyu wa Gatatu hizihizwa umunsi wo Kwibohora
Kwagarana featness club ikorera sport izwi nka gyme tonic muri sport view hotel, yaremeye imiryango itatu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye ibashyikiriza Inka zifite agaciro ka 1.5M y’amafaranga y’u Rwanda
Munyaneza Didier wakiniraga ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu arerekeza mu ikipe ya Tirol yo muri Autriche kuri uyu wa mbere
Impera z’iki cyumweru zisize nta kipe yo mu Rwanda ibonye amanota atatu muri CECAFA, naho ikipe y’igihugu ya Basketball ibona itike yo gukina ijonjora rya kabiri ry’igikombe cy’isi
Ikipe ya Rayon Sports na Sosiyete y’ubucuruzi ya Airtel-Tigo basinyanye amasezerano y’ubufatanye y’igerageza azamara amezi atandatu
Rutahizamu w’umunyarwanda wakiniraga ikipe ya Police Fc yo mu Rwanda, yamaze kwerekeza muri Sofapaka yo muri Kenya
Shampiona y’icyiciro cya mbere 2017/2018, yasojwe ikipe ya APR Fc ari yo yegukanye igikombe cya Shampiona, naho Gicumbi na Miroplast zisubira mu cyiciro cya kabiri
Ikipe ya APR Fc yegukanye igikombe cya 17 cya Shampiona nyuma yo gutsinda ikipe ya ESPOIR ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro
Rutahizamu w’umunyarwanda wakiniraga ikipe ya Gor Mahia, yamaze kwerekeza mu ikipe ya Simba aho agomba kuzayikinira imyaka ibiri