Team Rwanda igiye kwitabira Tour du Faso nyuma y’imyaka 13

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amagare igiye kongera kwitabira Tour du Faso yaherukaga kwitabira mu mwaka wa 2006

Ku nshuro ya 32 muri Burkina Faso hagiye kubera isiganwa ry’amagare rizwi nka Tour du Faso, isiganwa rizanitabirwa n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ndetse n’andi makipe 14.

Mugisha Samuel uheruka kwegukana Memorial Byemayire Lambert ari mu bayoboye iyi kipe
Mugisha Samuel uheruka kwegukana Memorial Byemayire Lambert ari mu bayoboye iyi kipe

Iri siganwa riratangira kuri uyu wa Gatanu, aho iri siganwa rikazakinwa mu gihe cy’iminsi 10 kuva tariki ya 25 Ukwakira kugera 3 Ugushyingo 2019, rikazaba rigizwe n’intera ya Kilometero 1205.

Munyaneza Didier wabaye umukinnyi mwiza ukiri muto muri Grand Prix Chantal Biya, akaba n'uwa kane muri rusange nawe arerekeza i Ouagadougu
Munyaneza Didier wabaye umukinnyi mwiza ukiri muto muri Grand Prix Chantal Biya, akaba n’uwa kane muri rusange nawe arerekeza i Ouagadougu

U Rwanda ruhaguruka kuri uyu wa Gatatu ruzaba ruhagarariwe n’abakinnyi batandatu ari bo Hakizimana Seth, Munyaneza Didier, Mugisha Samuel, Mugisha Moise, Uwizeye Jean Claude na Nzafashwanayo Jean Claude.

Nzafashwanayo Jean Claude wegukanye Tour de la RDC i Kinshasa, nawe agiye guhagararira u Rwanda
Nzafashwanayo Jean Claude wegukanye Tour de la RDC i Kinshasa, nawe agiye guhagararira u Rwanda

Umunsi ufungura isiganwa i Ouagadougou bizaba ari ugusiganwa umuntu ku cye (CMI/ITT), mu gihe urugendo rurerure ruri ku munsi wa karindwi aho bazakina Km 182,5.

Umunya-Burkina Faso Mathias Sorgho ni we uheruka kwegukana iri siganwa mu mwaka ushize wa 2018 arusha uwa kabiri amasegonda 13.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka