Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi na APR FC, yahanwe n’ikipe ya APR FC igihe kitazwi kubera amagambo aheruka kuvuga ntiyashimisha ubuyobozi bw’iyi kipe ya APR FC.

Nyuma yo gufasha Amavubi gusezerera ikipe ya Ethiopia mu guhatanira itike ya CHAN 2020 izabera muri Cameroun, Ernest Sugira yatangaje ko hari amwe mu magambo aheruka kuvuga ari mu ikipe y’igihugu ntiyashimisha ikipe ye, ndetse anongeraho ko mu ikipe y’igihugu ahisanga cyane.
Icyo gihe yagize ati "Iki kibazo gikunda kunteranya n’ikipe yang, ubushize narabisobanuye bimbera bibi ntabwo nshaka kubivugaho byinshi, ikipe y’igihugu itandukanye n’ikipe isanzwe, Buri muntu agira aho yisanga, wenda ntabwo bampora ko “Patriotism” indimo. Ikipe y’igihugu ni yo nisangamo cyane ubwo n’ahandi bizagenda biza”.

Muri iki gitondo Umuvugizi w’ikipe ya APR FC ku butumwa yageneye itangazamakuru yatangaje ko uyu mukinnyi amagambo yatangaje yatumye afatirwa ibihano n’ikipe ye bizatangazwa mu minsi iri imbere.
Yagize ati ’Bwakeye neza, nyuma yuko Sugira atitwaye neza mu kibuga mu buryo bunogeye Umutoza wa APR FC agahitamo kutamukoresha kuri match 2 za Shampiyona Bugesera Fc na Etincelles Fc, we akabwira itangazamakuru ko akinishwa yugarira muri APR FC ari yo mpamvu adatanga umusaruro kandi atari byo kuko umupira twese turawureba nu mwanya akina muri APR Fc turawureba."
Ubutumwa bw’Umuvugizi wa APR Fc burakomeza agira ati "Yongeye kuvuga ko atisanga muri APR FC ikipe yamufashe yirukanywe muri AS Vita Club, ikipe yamuvuje inshuro 2 mu gihugu no hanze amaze kuvunika kandi ikomeza kumuhemba adakina mugihe cy’imyaka 2, kubera iyo myitwarire mibi yagaragaje ikipe ya APR FC ikipe ya APR FC yamufatiye ibihano buzamenyeshwa."
Kugeza ubu Sugira Ernest amaze gusiba imikino ibiri ya Shampiyona APR FC yakinnye harimo uwo yakinnye na Bugesera Fc ndetse n’ikipe ya Etincelles, ndetse akaba atari no mu bakinnyi umutoza aza kwifashisha ku mukino bakirwamo na Marines.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Murahoneza APR FC tuzakina na hiroze fc ariko nimyitozo tuzaba turimo kuko tuzakina LE;21/12/219 murakoze.
mumubabarire ntakosa ritababarirwa
Murakoze cyanee ariko njyewe ndumva ibyo sugira yakoze niikosa ariko nibwo yakosheje akaba yemera gusaba imbabazi nk’ubuyobozi bwa APR FC nk’ababyeyi mwamubabarira kuko ntamwana udakosa akagaruka mumuryango murakoze
Ko nunva x nta freedom of speech iri muri APR fc!! 😳😳
Ariko igitugu ye! Ntimushobora kuzagira impano ntabyisanzure
Nimumwirukane aze muri gasogi
SUGIRA was very exited avuga ibyo atakagombye kuvuga on APR having in mind all what the team has done to him. igitego yatsinze yibukeko atariwe wa mbere utsindiye amavubi a winning goal!!!! Think twice