U Rwanda rwasabye kwakira icyiciro cya Kabiri cy’amajonjora ya Basketball Africa League

U Rwanda rwasabye kwakira icyiciro cya Kabiri cy’amajonjora ya Basketball Africa League kizatangira tariki ya 26 Ugushyingo kugera 01 Ukuboza 2019.

Mu gushaka ku menya amakuru ku bijyanye n’agahunda y’ubusabe bw’U Rwanda Kigali Today yavuganye na Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda Ferwaba Mugwiza Desire aduhamiriza aya makuru.

Mu magambo ye yagize ati” Ni byo iyo gahunda yatangiye , twabasabye ko twakira icyiciro cya Kabiri cya Basketbal Africa League kizatangira tariki ya 26 Ugushyingo kugera Tariki ya 1 Ukuboza ”

Mugwiza Desire, Perezida w'ishyirahamwe ry'umukino wa Basketball mu Rwanda "Ferwaba"
Mugwiza Desire, Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda "Ferwaba"

Mugwiza Desire yakomeje avuga ko impamvu nyamukuru yatumye basaba kwakira iyi mikino ari ukugira ngo batanire bategure uko bazakira Icyiciro cya Nyuma cya Basketball African Leagu kizaba mu Kwezi kwa Gatanu umwaka utaha wa 2020.

Ikindi cyahaye imbaraga u Rwanda ni umusaruro w’ikipe yari iruhagarariye mu majonjora y’ibanze yabereye muri Tanzania kuva tariki ya 16 kugera tariki ya 20 Ukwakira, aho Patriots BBC yatahukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya Kane yari iherereyemo.

U Rwanda rwasabye kwakira icyiciro cya Kabiri cy'amajonjora ya Basketball Africa League, biramutse byemewe ikaba yabera muri Kigali Arena
U Rwanda rwasabye kwakira icyiciro cya Kabiri cy’amajonjora ya Basketball Africa League, biramutse byemewe ikaba yabera muri Kigali Arena

Mu mukino ine iyi kipe yakinnye yayitsinze yose ari byo byatije imbaraga u Rwanda mu gusaba kwakira amajonjora ya Kabiri

U Rwanda ruhagarariwe Na Patriots BBC muri aya Marushanwa, aho yegukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya Kane, aho yakurikiwe na City Oilers yo muri Uganda, amakipe yombi akaba ariyo azakina ijonjora rya Kabiri avuye mu itsinda rya Kane.

U Rwanda ruhagarariwe Na Patriots BBC muri aya amarushanwa yanabonye itike yo kwitabira icyiciro gikurikiraho
U Rwanda ruhagarariwe Na Patriots BBC muri aya amarushanwa yanabonye itike yo kwitabira icyiciro gikurikiraho
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka