Nyuma y’uko byari bitangajwe ko rutahizamu wa APR FC Sugira Ernest ahagaritswe igihe kitazwi, ubuyobozi bwa APR FC bumaze gutangaza ko buhagaritse Sugira Ernest amezi abiri atayikinira.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yandikiwe uyu mukinnyi, arashinjwa imyitwarire itari myiza mu kibuga, ndetse n’amagambo aheruka kubwira itangazamakuru
Ubuyobozi bwa APR FC bushingiye kuri ibyo byose, n’ibindi butiriwe burondora muri iyo barwa busanga Sugira yaragiye anyuranya kenshi n’ingingo zinyuranye ziri mu masezerano ufitanye na APR FC, bityo bukaba bwemeje ko Bwana Sugira Ernest ahagarikwa gukina ndetse no gukorera imyitozo muri APR FC mu gihe kingana n’amezi abiri uhereye igihe aboneye iyo baruwa.
Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje kandi ko umushahara we ugomba kugabanukaho 30% muri ayo mezi.
Yanmenyeshejwe ko muri iki gihe cyose yahagaritswe muri APR FC, agomba kujya ukorera imyitozo mu ishuri ry’umupira w’amaguru rya APR FC.
Iyi ni ibaruwa yandikiwe Sugira Ernest


National Football League
Ohereza igitekerezo
|
icyogihano bahaye suhiga ndumva abateguye icyogihano badakunda igihugu
MURAKOZJYEWENDIKUBONAMWA
Ibihano biragwira, ariko simperuka yarasabye imbabazi. Burya koko ngo ikibi ni akanwa. Bonjour gusyigingira. Kwaheri gukinira ikipe y’igihugu. Erega, mujye mureba n’aho baba barazamukiye, n’uburere muri rusange. Gestion y’abakinnyi ntiba yoroshye. Niyitwara neza, numusabira ko mwazagabanya igihano. MURAKOZE
mbanje kubasuhuza muraho
nkurikije ibihano sogira ahawe ntibihagije kubwamakosa aregwa.gusa kubwo ikipe yigihugu bamureka agakora imyitozo muri APR nkuru
Uku kwezi yakiriyeho iyi baruwa ntikubaho sinzi mwe uko mubibona!
Guhagarika Sugira amezi 2 yose ni uburyo bwo kumusubiza hasi.Ibi bikazamugiraho ingaruka zizatuma adahamagarwa mu ikipe y’igihugu.Ikipe akinira ikaba iramwumvushije ariko itaretse n’ikipe y’igihugu yakiniraga!Yari akwiye ibihano ariko bitarimo munyumvishirize!
Muce inkoni izamba!