Abareba amarushanwa mpuzamahanga yiswe “SCRATCH” y’abana biga mu mashuri abanza bakorera kuri mudasobwa bahawe muri gahunda ya “mudasobwa imwe kuri buri mwana/OLPC”, bemeza ko afasha abo bana gushimangira ibyo biga mu ishuri, ndetse no kumenya imikorere ya bagenzi babo ku rwego mpuzamahanga.
Leta y’u Rwanda igiye gutangira gahunda yo kongerera abaturage ubumenyi bwo gukoresha ikoranabuhanga, nyuma y’uko umubare w’abatunze telefoni zifata interineti uzamutse bakagera kuri 30%.
Abashinzwe gutanga ikoranabunga rya internet (murandasi) muri za mudasobwa, bari mahugurwa kuva tariki 04-08 Gicurasi 2015, yo kubereka uburyo bajya batanga imbuga za internet ziherwa n’akarango (domain) ka .rw, kuko ngo zo zidashobora guteza igihombo abazihawe nk’uko bigenda ku mbuga cyangwa emails ziherwa n’utundi turango.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, Ishami ryAmajyepfo (IPRC South) ryatoranyijwe kuba ikigo cya Leta gitanga amahugurwa mu ikoranabuhanga ryo kubika amakuru ryitwa Oracle.
Icyegeranyo cyasohowe n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubukungu cyerekana uko Ikoranabuhanga ryitabirwa gukoreshwa hirya no hino ku isi (The Global Information Technology Report) cyo muri 2015, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere ku isi mu guteza imbere ikoranabuhanga mu kuzamura imibereho myiza n’ubukungu muri rusange.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’abakobwa n’abagore b’inzobere mu ikoranabuhanga mu Rwanda (Girls in ICT) buratangaza ko irushanwa rigamije gukangurira abakobwa n’abagore gushaka ibisubizo by’ibibazo biri mu muryango nyarwanda bifashishije ikoranabuhanga “Ms. Geek” ry’umwaka wa 2015 ryitabiriwe n’abakobwa n’abagore barenga 100, aho (…)
Abayobozi mu nzego zitandukanye zijyanye n’iby’ikoranabuhanga ndetse n’impuguke bateraniye i Kigali mu nama yahuriwemo n’ibihugu byahoze bikoronijwe n’u Bwongereza bigaga ku ruhare rw’ikoranabuhanga mu kunoza imiyoborere bashimiye u Rwanda ku gukoresha ikoranabuhanga mu kugera ku miyoborere myiza n’iterambere rirambye.
Ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) cyashyizeho uburyo bushya bwo kwifashisha urubuga rwa interineti rwacyo mu gufasha abacuruzi n’abandi bakigana kumenya amakuru yose bakifuzaho, no gutanga ibibazo bijyanye n’ubuziranenge.
Minisitiri w’urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko gushyira gahunda za leta zose mu ikoranabuhanga no gutanga serivise baryifashishije bizongerera abaturage amahirwe yo kwiteza imbere kandi binabafashe kudasiragira mu buyobozi.
Icyegeranyo cyasohowe n’Ikigo kireba ibijyanye n’uko interineti iboneka ku isi “Alliance for Affordable Internet (A4AI)” cyerekanye ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kugira murandasi (internet) ihendutse cyane.
Sosiyete ikomeye ku isi mu bijyanye na mudasobwa “IBM” yasinyanye amasezerano na leta y’u Rwanda, binyuze muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yo guhugura abarimu bazagira uruhare mu gusakaza ubumenyi mu ikoranabuhanga buzafasha igihugu mu iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buravuga ko kwifashisha ikoranabuhanga ari kimwe mu bizaca ingeso yo “gutekinika” imihigo no kongerera agaciro raporo zitanzwe kuko biba byoroshye kubona aho zaturutse.
Leta y’u Rwanda, ibinyujije muri Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), hamwe n’Ishyirahamwe ry’abashoramari mpuzamahanga muri serivisi z’itumanaho (GSMA) bagiranye amasezerano yo guhererekanya ubumenyi bwafasha kubyaza umusaruro uhagije telefone zigendanwa, zigakoreshwa mu nzego zose zigenga imibereho y’abantu.
Umunyamabanga mukuru w’Ikigo mpuzamahanga ry’Itumanaho (ITU), Zhao Houlin arizeza Abanyarwanda ko uyu muryango uzagira uruhare mu gushyigikira ibigo bito bihanga udushya mu ikoranabuhanga, kugira ngo nabyo bigire uruhare mu bukungu n’iterambere ry’u Rwanda.
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yagiranye amasezerano y’ubufatanye mu ikoranabuhanga n’ikigo mpuzamahanga cy’ikoranabunganga cyitwa ICDL Africa.
Sosiyete y’Abanyamerika ikomeye mu ikoranabuhanga ku rwego rw’isi ya ORACLE yamaze gusinyana amasezerano na leta y’u Rwanda yo kuyifasha kwigisha no guhugura abiga ikoranabuhanga mu bumenyingiro, ku buryo u Rwanda narwo ruzabasha kugira abantu bahangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bafite ibikoresho biborohereza kubona amakuru baracyari bake.
Ikigo k’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko kigiye gutangiza ishuri ryo guhugura no kwigisha abatekinisiye bakora ku maradiyo mu rwego rwo kubongerera ubumenyi, nyuma y’uko hagaragaye ko hari ibyo bica bitewe n’ubumenyi buke bafite.
Bamwe mu bana bo mu Karere ka Rulindo basanga kuba ubuyobozi bwarashyizeho ibigo byigisha ikoranabuhanga byarabafashije, kuko babasha kwiga ikoranabuhanga bakiri bato bityo bikazabafasha mu masomo biga no mu buzima bwabo.
Urubyiruko rurangije itorero rusanga kwifashisha imbuga nkoranyambaga bifite akamaro mu gusakaza ibikorwa byarwo kuri rubanda no ku mubare mwinshi w’urubyiruko, kugira ngo n’abatitabira itorero babone ibikorerwamo.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kibuye mu Murenge wa Bwishyura ho mu Karere ka Karongi bavuga ko nyuma y’aho televiziyo iviriye mu buryo bwari busanzweho bwa analogue ikajya mu ikoranabuhanga rishya rya digital batagishobora kureba televiziyo kandi nyamara baraguze akuma kagombye kubafasha kuyireba (decoder).
Abaturage n’abakozi bo mu Karere ka Nyabihu barishimira intambwe yatewe mu ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye mu mwaka wa 2014, haba mu baturage, no mu nzego z’ubuyobozi.
Bamwe mu bafatabuguzi ba sosiyete y’itumanaho ya MTN bo mu karere ka Kayonza bavuga ko babangamirwa n’indirimbo zizwi ku izina rya Caller Tunes zumvwa n’umuntu ubahamagaye, bitewe n’uko izo ndirimbo baba batarazisabye kandi rimwe na rimwe ngo ntibamenya ko zahujwe n’imirongo [nomero] bakoresha.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) yatangiye ubukangurambaga ku batuye umujyi wa Kigali mu rwego rwo kubereka ibyiza bya internet inyaruka ya 4G LTE, nyuma y’iminsi mike iyi internet iri hake ku isi igejejwe no mu Rwanda.
Abafite ubumuga baratangaza ko zimwe mu mbogamizi zibazitira mu iterambere ari uko ibikoresho by’ikoranabuhanga biba bitarimo porogaramu ziborohereza kubikoresha.
Ihuriro nyarwanda ry’abatabona (RUB) riratangaza ko risanga abafite ubumuga barasigaye inyuma mu ikoranabuhanga.
Nubwo terefone zizwi mu gufasha abantu mu itumanaho bikoroshya akazi, abakozi bakorera mu karere ka Gicumbi baravuga ko kuvugira kuri terefone umwanya munini bituma hadatangwa servise nziza.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera ngo bafite ikibazo cy’itumanaho rya telefone ritameze neza kubera ko mu duce dutandukanye two muri uwo murenge nta rezo ya telefone ihagera.
Inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga mu burezi (Innovation Africa) yaberaga mu Rwanda tariki 18-20/11/2014 yarangiye Ikigo mpuzamahanga POSITIVO BGH cyiyemeje gushinga uruganda rwa mudasobwa mu Rwanda mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha, rukazaba ruhagarariye iyo sosiyete muri Afurika hose.
Abaturage mu karere ka Rutsiro bishimiye gahunda yo kwandika ubutaka no kububarura kuri nyirabwo hakoreshejwe mudasobwa yahatangijwe kuko yihutisha serivise bitandukanye na mbere aho hakoreshwaga ibitabo.