Abarokotse Jenoside i Mwurire mu karere ka Rwamagana bavuga ko kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari igitangaza gikomeye ku buryo batabona uko bashimira uwo ari we wese wagize uruhare mu kurokora abahigwaga.
Umwana w’umukobwa wo mu gihugu cya Kolombiya ufite imyaka icumi y’amavuko, yabyariye umwana w’umukobwa mu bitaro bya Manaure mu cyumba cyakirirwamo indembe.
Ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Rubavu, abana b’imfubyi basabye Abanyarwanda kurushaho kubegera bakababera ababyeyi.
Perezida Kagame arihanangiriza abatavuga rumwe na Leta baba hanze y’igihugu ko nta ngaruka n’imwe bashobora guteza umurongo u Rwanda rugenderaho wo kwiteza imbere.
Kugira ngo sitade yo mu mujyi wa Huye yagurwe nk’uko biteganyijwe mu ivugururwa ryayo, inzu y’ubucuruzi ya koperative COPABU ndetse n’aho bita kuri pisine byegereye iyo sitade bigomba kuvanywaho. Sitade nshya izaba igera ku ruzitiro rw’inyubako y’ibiro by’akarere ka Huye.
Ikigo gikora imiti cya mbere mu Bwongereza, GlaxoSmithKline, cyatanze inkunga ya miliyoni 3 z’amapound (hafi miliyali 3 z’amafaranga y’u Rwanda) zizafasha abaganga bo mu Rwanda kubaka amavuriro yabo bwite mu byaro.
Umuyobozi w’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside (IBUKA) arasaba Leta gushyira ingufu mu kubonera ubufasha bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Inama njyanama y’akarere ka Huye irasaba ko ibigo bigengwa n’akarere byose bigomba gukorerwa igenzura rirebana n’imicungire y’imari buri mwaka.
Abasore n’inkumi bagera kuri 20 biganjemo abahanzi, abakora mu bijyanye n’umuziki (producers) na bamwe mu banyamakauru bakora kuri radiyo y’abaturage ya Musanze bihurije muri Fondation Kabeho barakangurira abandi kwitabira ibikorwa by’icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi.
Nubwo icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 kizasozwa tariki 13 Mata, urebye mu Karere ka Huye ni bwo hazaba hatangiye imirimo yo kwibuka nyir’izina kuko ari bwo hazatangira igikorwa cyo kwibuka mu mirenge igize aka Karere.
Umuyobozi w’Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu (IBUKA) mu Karere ka Gakenke atangaza ko imiryango 45 y’abacitse ku icumu itarishyurwa imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’i 1994.
APR FC yazezerewe na Etoile Sportive du Sahel (ESS) itsinzwe ibitego 3 kuri 2 mu mukino wo kwishyura wa 1/16 cy’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, wabereye kuri Stade Olympique de Sousse muri Tuniziya tariki 06/04/2012.
Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bifatanyije n’Abanyarwanda mu bihe bikomeye barimo byo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Urugendo rwa Minisitiri w’Intebe mu karere ka Gakenke rwabaye tariki 05/04/2012 mu rwego rwo gusoza ukwezi kwahariwe umugore. Imyiteguro yo kumwakira bwa mbere mu karere byatumye umujyi usigarana isura nshya.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batishoboye bo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga barasabwa gufata neza amazu bubakiwe kugira ngo atazabapfira ubusa.
Ikigega gitera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG), tariki 05/04/2012, cyatanze inka 53 mu mirenge 9 kuri 13 igize akarere ka Ngororero mu rwego rwo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye bo muri ako karere.
Imodoka itwara abagenzi yavaga mu mujyi wa Gisenyi igana mu karere ka Karongi yakoze impanuka tariki 05/04/2012 ahagana saa moya za nijoro ikomeretsa abantu 13 harimo umubyeyi utwite.
Urubyiruko nk’imbaraga n’amizero by’igihugu ndetse n’imbaraga zakoreshwa mu gusigasira amateka yaranze u Rwanda, rurasabwa kugaragaza uruhare rwarwo muri gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
U Bufaransa bwohereje ugomba kubuhagararira mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 18. Biteganyijwe ko iyo ntumwa igomba kuba iri i Kigali guhera tariki 06 kugeza 07/04/2012.
Urukiko rw’ikirenga rwagabanyije ibihano Uwimana Nkusi Agnes, umuyobozi w’ikinyamakuru Umurabyo n’umwanditsi mukuru wacyo, Mukakibibi Saidati bari barakatiwe n’urukiko rukuru muri Gashyantare 2011.
Muragijimana wo mu mudugudu wa Gatwa, akagali ka Bugaragara umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo yishe umugore we witwa Nyirandayambaje Claudine mu gicuku cya cy’ijoro rishyira tariki 06/04/2012 akoresheje isuka.
Mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Uganda n’u Rwanda biza imbere mu kugira abaturage banezerewe; nk’uko bitangazwa na raporo y’umuryango w’abibumbye yasohowe muri iki cyumweru.
Abacamanza, ubushinjacyaha n’uruhande rw’uregwa mu rubanza rwa Ngirabatware bazakora ingendo mu Rwanda mu rwego rwo gusura ahantu 28 Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w’igenamigambi yakoreye ibyaha. Urwo ruzinduko ruzamara iminsi itanu guhera tariki 25 Gicurasi 2012.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bibumbiye mu muryango Ibuka ukorera mu Bufaransa barasaba abakandida barimo guhatanira umwanya wo kuyobora Ubufaransa kugaragaza ukuri kuri Jenoside yabaye mu Rwanda.
Polisi ishinzwe kurwanya magendu (RPD) mu Karere ka Nyagatare, tariki 04/04/2012, yataye muri yombi umuntu wari utwaye ibicuruzwa bya magendu mu modoka. Iyo modoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwaye amakarito 153 y’inzoga ya chief waragi n’amajerekani 10 ya kanyanga.
Bingu wa Mutharika wari perezida wa Malawi yitabye Imana tariki 05/04/2012, azize indwara y’umutima; nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’iki gihugu.
Hamaze iminsi havugwa umwuka utari mwiza hagati ya Cecile Kayirebwa n’ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru (ORINFOR) ndetse bikaba binavugwa ko Cecile Kayirebwa yaba yiteguye kujyana ORINFOR mu nkiko.
Uruhinja rw’umuhungu rutarakungura rwatoraguwe mu musarane wo kuri paruwasi gaturika ya Kiruhura mu murenge wa Rusatira mu karere ka Huye mu ma saa saba z’amanywa tariki 05/04/2012. Uwahamutaye ntaramenyekana kandi n’umwana nta kibazo afite.
Mu rwego rwo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994, abahanzi 10 basigaye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 2 (PGGSS II) bazasura urwibutso rwa Ntarama mu karere ka Bugesera tariki 09/04/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge buravuga ko impamvu yatumye bufunga isoko rishya rya Nyarugenge byari ukurengera inyungu z’abarikoreragamo kuko ryatangiye gukora hari byinshi rikibura.
Guverinoma y’u Rwanda igiye gutegura uko abashoramari bakomeye ku rwego rw’isi bafashwa gushora imari yabo mu buhinzi bwo mu Rwanda, bakabuteza imbere kuko burimo inyungu nyinshi.
Ku gicamunsi cya tariki 5/04/2012 Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwategetse ko Kayiranga Callixte ajya gufungirwa by’agateganyo muri gereza ya Karubanda iri i Huye mu gihe cy’iminsi 30 kubera uburemere bw’icyaha akurikiranweho cyo kunyereza umutungo wa Leta.
Kuwa kane mu ma saa tanu z’amanywa, ikigo nderabuzima cya Kinigi cyahuye n’ikibazo cy’amazi aturuka mu birunga yabaye menshyi cyane akagera n’aho yari agiye kwangiza iri vuriro. Cyakora ubwo twahageragera mu ma saa kenda z’amanywa kuko ari bwo imvura yari igenjeje amaguru make, twasanze amazing asa n’ayahashize kuko bari (…)
Ernest Rudasungwa na Uzabakiriho Kabeni bakora akazi k’ubukarani ngufu mu mujyi wa Nyagatare bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare bazira kwiba ibiro 10 by’ibishyimbo ku mucuruzi w’imyaka witwa Pierre Ezira n’ipantaro y’uwitwa Sam.
Minisitiri w’Intebe arasaba ko umugore n’umukobwa bahabwa umwanya muri gahunda za Leta kugira ngo zibashe kugerwaho. Yabisabye mu gikorwa cyo gusoza ukwezi kwahariwe umugore cyabereye mu rwego rw’igihugu mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa kane tariki 05/04/2012.
Ingabo z’u Rwanda zari ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani, kuri uyu wa kane tariki 05/04/2012, zatangiye gusimburwa n’izindi ngabo z’u Rwanda kuri ako kazi.
Stevia, igihingwa gukorwamo isukari yifashinhwa n’abarwayi ba diyabete, cyigiye gutangira guhingwa mu Rwanda.
Nkinzurwimo Andre utuye mu murenge wa Rukomo wo mu Karere ka Gicumbi yemeza ko kwasa urutare byaje kumuviramo ubutunzi bwinshi akivana mubukene bwari bwaramwibasiye hamwe n’umuryango we.
Dusabimana Gervais w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatunda mu Karere ka Nyagatare azira gufatirwa mu cyuho yiba impombo z’amazi ku muyoboro unyura mu Kagari ka Nyangara mu Murenge wa Gatunda.
Nyuma y’umunsi gusa Abdoul Mbaye agizwe Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, tariki 04/04/2012 yahise atangaza amazina y’abaminisitiri 25 bagize Guverinoma bazakorana. Guverinoma icyuye igiye yari igizwe n’abaminisitiri bagera kuri 41 n’abanyamabanga ba Leta 14.
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwafunze by’agateganyo umupolisi Ndayambaje Germain kubera ko akwekwaho uruhare mu bujura bw’amabati yibwe tariki 15/03/2012 aho yarindaga.
Kubera ihungabana ry’ubukungu ryari rimaze igihe ryibasiye isi, inkunga ibihugu bikize byageneraga ibikennye yaragabanutse cyane mu mwaka ushize wa 2011. Ni ubwa mbere bibayeho mu myaka 15 ishize.
Ubwo hakorwaga umukwabu wo gufata inzererezi n’indaya mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, tariki 04/04/2012, hanafashwe litiro zigera kuri 300 z’inzoga y’inkorano izwi ku izina rya Ruyaza, ikaba itemewe ndetse inafatwa nk’ikiyobyabwenge.
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Muyunzwe, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango baravuga ko babangamiwe n’ikibazo cy’imwe mu mihanda ibahuza n’ibikorwa remezo idakoze neza.
Ibikorwa byo mu cyumweru cyahariwe igisirikari “Army week” cyabaye kuva tariki 26-30/03/2012 cyasigiye aba bana icyizere. Abaganga bo ku bitaro bya Gisirikari by’u Rwanda (RMH) bahaye ubufasha mu buvuzi ku buntu abana 31 babana n’ubumuga baba mu kigo inshuti zacu ku Kicukiro.
Etoile Sportive du Sahel (ESS) ifite bibazo bikomeye muri iyi minsi, izakina na APR FC tariki 06/04/2012 kuri stade Olympique de Sousse muri Tunisiya umukino wo kwishyura wa 1/16 mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika.
Abayobozi b’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) bari mu bazitabira ijoro ryo gutangira icyunamo ryateguwe n’Abanyarwanda baba muri Tanzaniya.
Imiryango igera kuri 24 yo mu kagari ka Rutete mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera, tariki 04/04/2012, yazindukiye ku biro by’umurenge wabo kugira ngo ubakemurire ikibazo cyaho baba kuko aho yari icumbitse babirukanye.