Kazigaba Ngabo Hetsron, uhagarariye ibikorwa by’ubuzima mu bitaro bya Mibirizi byateguye ayo mahugurwa, atangaza ko uwo muti ufitiwe icyizere mu kurwanya malariya ikunze guhitana abantu cyane cyane ababyeyi n’abana bato.
Bamwe mubavuzi bitabiriye ayo mahugurwa batangaje ko bungutse ubumenyi bwiyongera ku bwo bari bafite mu kuvura abarwayi.
Umuti Artesunate ngo uzafasha kumenya uko bakomeza kuvura abafashwe na Malariya dore ko umubare wabo yicaga wagabanutse kubera ubumenyi bwo kuyirwanya bugenda bwiyongera buri munsi; nk’uko abitabiriye ayo mahugurwa babyemeza.
Aba baforumu n’abaganga bakuru bavuga ko mu gihe kiri imbere Malariya itazongera kwica abaturage nk’abo yicaga kuko ubushakashatsi buri kugenda bushyira ahagaragara imiti kugira ngo irwanywe ku kigero gishimishije.
Musabwa Euphrem
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|