Nk’uko urutonde rushya rubyerekana, Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yaje imbere ho imyanya 527 yose ku rutonde rwa za kaminuza aho yavuye ku mwanya wa 4,158 ikajya kuwa 3631 muri za Kaminuza ibihumbi 21 nk’uko urubuga rwa internet rwa kaminuza nkuru y’u Rwanda rubitangaza.
Kalisa Callixte w’imyaka 29 y’amavuko umurambo we bawusanze tariki 19/02/2013 munsi y’iteme riri mu mudugudu wa Rugarama n’akagali ka Gahombo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera buratangaza ko ikibazo cy’amazi cyakemutse ku baturage bajyaga muri Parike y’Akagera gushaka amazi yo gukoresha no kuhira inka zabo.
Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, aratangaza ko u Rwanda rutishimira bimwe mu byemezo bijyanye n’ubutabera bifatwa n’ubutabera mpuzamahanga, ariko akemeza ko u Rwanda ruzakomeza kubyamagana rukiga no kubana nabyo.
Alexia Nkurunziza, Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abagide mu Rwanda (AGR), aratangaza ko mu mwaka wa 2013 bagiye guhangana n’imfu z’abana n’ababyeyi ziri kugenda ziyongera cyane cyane mu byaro.
Nyuma y’aho bigaragariye ko bamwe mu banyamahanga bakina muri shampiyona y’u Rwanda usanga ari nta buhanga barusha Abanyarwanda, FERWAFA yafashe icyemezo cy’uko muri shampiyona itaha, abanyamahanga bazemererwa gukina mu Rwanda ari abazaba bakina mu makipe y’ibihugu bakomokamo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abaturage bo mu karere ka Nyaruguru guharanira kuva mu bukene (cyane cyane ubw’ibitekerezo), kuko ari uburenganzira bwabo, bikaba n’inshingano z’abayobozi kubafasha gutera imbere, batabikora bagakurwaho icyizere.
Kuva tariki 19 kugeza 21/02/2013 abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyanza bari mu gikorwa cyo kumurikira abaturage ibikorwa bakorerwa bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo.
(*Barakazwa no kutabona agahimbazamusyi kandi batagakoreye!) Salama ! (Mukomere!) Nizere ko mumeze fuleshi? (Fresh - Mumeze neza?) Nanjye meze bon kama kawa (ndaho bisanzwe)
Inama nkuru ya Banki y’Isi yaraye ishimye uburyo u Rwanda rukoresha inkunga n’inguzanyo ruhabwa, iboneraho yemerera u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 60 z’Amadolari ya Amerika azakoreshwa muri gahunda yo gusakaza amashanyarazi hirya no hino mu Rwanda.
Gahunda ya Television ku tugari ni imwe muri gahunda zatekerejweho kugira ngo zizafashe abaturage kugera ku iterambere rirambye binyuze mu kumenya ibibakorerwa banabireba. Bamwe mu baturage barayishimiye kandi bumva izabageza kuri byinshi mu iterambere.
Ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasuraga abaturage b’akarere ka Nyamagabe tariki 19/02/2013, bongeye kumugaragariza ko bamukeneye nk’umuyobozi w’u Rwanda muri manda ya gatatu kuko hari byinshi yabagejejeho.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Jabo Paul, arashishikariza uturere twose two muri iyi Ntara kurushaho kurangwa n’umuco w’ubufatanye mu rwego rwo gucunga neza imari ya Leta.
Ikigo cy’amashuli abanza cya Gasoro kiri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza cyibasiwe n’imvura ivanzemo umuyaga wasenye ibyumba by’amashuli bitanu ndetse n’abanyeshuli barindwi barahakomerekera ku gicamunsi cyo ku itariki 19/02/2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwagiranye inama n’abavugwaho ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro birangira abavugwaga muri ibyo bikorwa biyemeje kubihagarika no gukumira undi wese wabijyamo.
Umukuru w’Inkeragutabara mu Ntara y’Iburengerazuba, Colonel John Tibesigwa, arakangurira Inkeragutabara zo mu karere ka Nyamasheke gutinyuka zikipimisha ku bushake virusi itera SIDA kugira ngo zimenye aho zihagaze imbere y’iki cyorezo.
Abanyeshuri batatu b’abahungu biga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu kigo cya Collège de la Paix Rutsiro bahawe igihano cyo kwirukanwa burundu tariki 07/02/2013 ariko nyuma kiza gusimbuzwa icyo kwiga bicumbikira iminsi isigaye y’igihembwe cya mbere kubera ko byagaragaye ko ngo ari bo batumye abanyeshuri bose bo (…)
Abanyeshuri 500 bigiraga mu ishami rya INILAK i Rwamagana basabwe na Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda kutongera kuhakandagiza ibirenge ngo kubera ko aho bigiraga bahahuriraga n’abandi banyeshuri batari aba INILAK.
Abantu batatu biyomoye ku idini y’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bo mu murenge wa Gataraga mu karere ka Musanze, baravuga ko badashobora kuzigera bafata indangamuntu kuko ishobora kuba irimo umubare 666 bita uwa shitani.
Ku wa kabiri tariki 19/02/2013, uhagarariye umuryango w’abibumbye (UN) mu Rwanda, Lamin Momodou Manneh yagiranye ibiganiro na Ministeri y’ingabo (MINADEF), bigamije gukomeza guteza imbere ubufatanye izo nzego zombi zisanzwe zifitanye.
Ubwo yatangiraga uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru, kuri uyu wa 19/02/2013, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye abaturage b’akarere ka Nyamagabe intambwe bamaze gutera bagana mu iterambere ndetse n’imibereho myiza yabo.
Umuryango mpuzamahanga w’abakorerabushake witwa “Operation Smile” ufatanije n’ibitaro bikuru bya Kigali CHUK hamwe na sosiyete y’itumanaho MTN, bazavura abafite ubumuga bw’ibibari ku buntu guhera tariki 22/02-02/03/2013.
Mukankaka Jacqueline washakanye n’umugabo witwa Sindayigaya Cleophas batuye mu mudugudu wa Ruhina mu kagari ka Ruli kari mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga bahora bashwana kubera bose bamwe bagasinda.
Bamwe mu bayobozi bakuru mu Burundi bari mu ruzinduko mu Rwanda baratangaza ko bafashe icyemezo cyo kwigira ku Rwanda uburyo rufata abana bari kugororerwa mu magereza.
Umunsi wa 18 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda usize Espoir FC yo mu karere ka Rusizi yihoreye kuri Musanze FC ku ntsinzi y’ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri stade y’akarere ka Rusizi tariki 19/02/2013.
Urubyiruko rwahoze rutwara amagare mu muhanda Bugarama-Nzahaha rwashinze Koperative yigisha amategeko y’umuhanda kugira ngo ruzabashe gutwara za moto ndetse n’imodoka gusa barasaba ubwunganizi kuko aribwo koperative yabo igitangira.
Bamwe mu basore ndetse n’abagabo bo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, bashaka abagore ariko ntibajye gusezerana nabo byemewe n’amategeko kugirango babanze babane nabo barebe niba bahuza.
Usibye ibikorwa by’ubukangurambaga bukorwa mu baturage, intore ziri ku rugerero mu murenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare zitangaza ko ari ngombwa no gutanga umusanzu w’imbaraga zabo mu kubaka igihugu.
Abaturage bo mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera bashyikirijwe ivomo bubakiwe n’abagiraneza bo mu gihugu cya Canada bitwa Juste Equipage.
Imiryango 45 y’Abanyarwanda 109 bageze mu Rwanda tariki 19/02/2013 banyuze ku mupaka w’akarere ka Rubavu bavuye muri Masisi na Rutchuro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari barahungiye.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Karibata, aravuga ko icyemezo cyo kudahinga amasaha cyafashwe cyatekerejweho, kandi hagamijwe guharanira ko igihugu cyihaza mu biribwa, bityo kugisubiraho bikaba byaba ari ugusubira inyuma.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN yakoze ibarura rya simukadi z’abagize Inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, igikorwa kititabiriwe nk’uko byari byitezwe. Perezida wa Sena yasobanuye ko ukutakitabira byatewe na gahunda z’akazi zagiye zitungurana.
Mu Karere ka Gatsibo haravugwa ikibazo cy’ibura ry’ibitoko ku isoko kubera indwara ya Kirabiranya yatumye ibitoki bihagarikwa ku masoko hirindwa ko iyi ndwara yakomeza gukwirakwira.
Nubwo akarere ka Rubavu kishimira ibikorwa by’uburezi by’umwaka wa 2012 birimo umubare w’abana batsinze hamwe n’ibyumba by’amashuri byubatswe ngo haracyagaragara inzitizi ku burezi zirimo umubare w’abana bata ishuri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’abakunzi b’ikipe ya Etincelles FC bahinduye ubuyobozi bw’iyo kipe kugira ngo amaraso mashya ashobore kuyifasha gukomeza neza imikino isigaranye yo kuzajya mu cyiciro cya kabili.
Niyonkuru Justine, umunyeshuri mu mwaka wa 2 w’amashuri yisumbuye muri GS Karama mu karere ka Kamonyi, afite impano yo guhanga imivugo agendeye ku nsanganyamatsiko yahawe. Ubu buhanzi ngo bumufasha kumenya ubuzima bw’igihugu, akaba ahamagarira na bagenzi be kubwitabira.
Mu mudugudu wa Ruhina mu kagari ka Ruli kari mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga hari umusaza n’umukecuru bamaranye imyaka irenga 30 babana nk’umugabo n’umugore ariko bakavuga ko nta mahoro bari bagira bari kumwe kuko umwe asagarira undi.
U Rwanda ruza ku mwanya wa mbere ku isi, aho ababyeyi bonsa abana babo nk’uko biri mu cyegeranyo cyashyizwe ahagaragara kuwa 18/01/2012 n’ishyirahamwe ry’abagiraneza Save the Children.
Abasore babiri bari bahawe ikiraka cyo kubaka inzu iri mu murenge wa Nyamabuye mu kagari ka Gahogo hafi y’aho bakunze kwita kuri plateau barwanye bapfa amafaranga ibihumbi bibiri kugeza ubwo umwe yagezeho agata ubwenge.
Umuhanzi Abayisenga Jean Claude asigaye ari n’umwanditsi w’ibitabo, agiye gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise « Ipfundo ry’urukundo rw’igihugu ». Ngo ibijyanye no kucyandika byarangiye akaba ari mu myiteguro yo kugishyira hanze.
Chairman w’umuryango PFR Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru aravuga ko sosiyete y’ishoramari y’abanyamuryango ba FPR muri iyo ntara “North Multi-business Company LTD” (NMC) yatekerejwe nk’umusemburo w’iterambere muri iyo ntara.
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo igihe Abanyarwanda bihaye cyo kuba bose bari mu bwisungane mu kwivuza kigere (tariki 25/02/2013), Guverinieri w’Intara y’Uburengerazuba arasaba uturere tukiri inyuma cyane mu bwitabire kwihutira gukemura icyo kibazo.
Umunyamakuru Jean Paul Ibambe wari uzwi cyane ku inyarwanda.com nk’umwanditsi mukuru (Chief Editor) ntakiri umunyamakuru kuri uru rubuga rwa inyarwanda.com
Imbyino, imivugo, amazina y’inka, inanga, umuduri n’ibindi bihangano gakondo, si impano ya buri wese kandi bikenerwa. Bamwe mu rubyiruko biyumvamo iyo impano, biyemeje kubikora nka ba Rwiyemezamurimo kandi bafite icyizere ko bizabateza imbere.
Abanyasudani y’Epfo 13 bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbye ushinzwe kubungabunga umutekano muri Sudani y’Epfo (UNMISS) baragirwa inama yo kwigira ku bihugu byo mu karere cyane cyane u Rwanda, mu bijyanye n’iterambere ry’uburinganire, kuko hari intambwe igaragara imaze kugerwaho.
Niyitegeka Alphonse, Kabera Ferdinand, Ngirababyeyi Anastase, Hitimana Idephonse na Rusekampunzi Donatien, bavuga ko bamaze imyaka irenga 8 basaba ubuyobozi bw’akarere kubaha ingurane y’imirima yabo yashyizwe mu mbago z’ahantu nyaburanga hitwa kumukore wa Rwabugiri mu mumurenge wa Kageyo mu karere ka Ngororero.
Umugabo witwa Shiragahinda Jean Fidel uyobora akagali ka Muramba mu murenge wa Kageyo arashinjwa n’abavandimwe be ndetse na se ubabyara witwa sebazungu Aloys guteza amakimbirane mu muryango avukamo ndetse n’uwo yashatsemo.
Minisiteri y’Abagore n’iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yizera ko kuba u Rwanda ruri mu bihugu bitegerejwe kwitabira inama y’Umuryango w’Abibumbye y’abagore (UN Women) ari imwe mu nzira yo kuganira n’isi ku muti wakemura ikibazo cy’ihohoterwa kuko rikigaragara mu Rwanda.