Gakenke: Ku myaka 10 y’amavuko gusa apima ibiro 100

Umukobwa witwa Muhimpundu Jacqueline uzwi ku izina rya “Manyobwa” utuye mu Kagali ka Burimba mu Murenge wa Rushashi Akarere ka Gakenke afite umubyibuho udasanzwe kuko apima ibiro 100 kandi afite imyaka 10 y’amavuko.

Uwambaye Esperance, nyirakuru w’uwo mwana avuga ko yavutse ari uruhinja ruto nk’abandi bana ariko amaze kugeza ku mezi atatu yatangiye kubyibuha ku buryo mu mezi arindwi nyina atari agishobora kumuheka.

Ubonye umubyibuho wa Muhimpundu wakeka ko ukomoka ku kurya ibitera umubyibuho nyamara afata amafungo asanzwe yo mu mu muryango wo mu cyaro arimo ahanini ibijumba, ibishyimbo rimwe na rimwe agafata umuceri n’inyama byabonetse kuko akomoka mu muryango ugaragara ko utishoboye.

Nyirakuru yabisobanuye muri aya magambo: “Ibyo arya ni byo turya. Turya ibishyimbo n’ibijumba n’agatoki twakabonye, n’akanyama twakabona rimwe mu mwaka, twabona n’agaceri tukakarya. Nta kindi turya.”

Umwana ufite imyaka 10 ubusanzwe yagombwe kuba afite nibura ibiro biri hagati ya 34 na 37; nk’uko abahanga mu buzima babivuga.

Muhimpundu afite uburebure bwa metero 1.40, mu nda he hangana n’indeshyo ye. Kubera umubyibuho, ahagarara yegamye ku kintu yashaka kwicara na bwo akifashisha ikintu kiri hafi kugira ngo abishobore.

Muhimpundu afite uburebure bwa metero 1.40 no mu nda naho hangana gutyo. Photo/N.Leonard
Muhimpundu afite uburebure bwa metero 1.40 no mu nda naho hangana gutyo. Photo/N.Leonard

Uwo mubyibuho wamugizeho ingaruka mu myigire ye kuko yahagaritse kwiga nyuma yo kurangiza umwaka wa mbere w’amashuri abanza kubera ko atabashaga kwijyana ku ishuri kandi ngo yagerayo agatangira gusinzira.

Muhimpundu uvuga bimugoye kandi amagambo make akanyuzamo akaniha atangaza ko igihe cyose mu nda hamurya cyane cyane amaze kurya. Ku bw’amahirwe, ntakunda kurwaragurika ukurikije ingano ye.

Ngo ikintu cyamushimisha mu buzima bwe ni ukunanuka maze akabasha gukina nk’abandi bana, agasubira ku ishuri ndetse agafasha ababyeyi imirimo yo mu rugo dore ko nta kintu ashobora gukora na kimwe kubera kutiterura.

Kankundiye Epiphanie, umubyeyi we asobanura ko bagerageje kuvuza Muhimpundu akiri umwana muto ku Bitaro Bikuru bya Ruli ariko kwa muganga bamubwira ko ntacyo bamumarira. Ngo ibyo byamuciye intege zo kumujyana kumuvuriza ahandi nubwo n’ubushobozi na bwo ari nta bwo.

Ubusanzwe umubyibuho ukabije uboneka mu bihugu byateye imbere kubera gufungura ibiryo bikungahaye ku bitera kubyibuha mu gihe mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bigira ikibazo cy’imirire mibi inatera bwaki kuko bafata ibiryo bidafite intungamibiri zihagije.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 12 )

rata humura nzaza kurambagiza kko umezeneza peeeeeeeeeeee

nyiramagweja yanditse ku itariki ya: 11-12-2012  →  Musubize

uwo muntu arakabije peeeeeee niko nanjye nanganaga

kevinho yanditse ku itariki ya: 11-12-2012  →  Musubize

yebabaweeeeh!buriyase kwishuri yigagaho bamubonerega intebe yicazaho ibiro ijana ntivunike koko?

Winny yanditse ku itariki ya: 15-11-2012  →  Musubize

Njyewe mbona nka Executif w,umurenge uriya mwana ,abarirwamo,adakwiye kujya,Ahig,ibyazakora,ataracyemur,ikibazo gitey,agahinda,cy,uriya mwana.nonese ,iyarebye,abona,uririya mubyibuho,ar,uw,umunezero?Tujye tuvugish,ukuli wambwir,ute kugiye mumihigo yokubak,imihanda,nokuzamur,imibereho myiza y,abaturage,ufite mumurenge umurwayi umeze kuriya.ahubwo ntiwahiga,kumuvuza,kugez,igih,azakirira,ibind,ukab,ubishyize kuruhande.simbony,ibitaro,yabashije kugeramo,bikomeye,ir,ibya Ruli?ntabajya kwivuza n,Iburayi?please nk,uwomwana Nyakubahwa Presidant naramuka ,asuye akokarere,Akamubona azavugakw,aho ahafit,abayobozi bibanze?cyangw,azabona kw,ari za Balinga.

Harerimana Ernest yanditse ku itariki ya: 7-11-2012  →  Musubize

nyabunaga mwatabaye. uyu mwana afit ikibazo gikomeye.mwegere abayobozi

paty yanditse ku itariki ya: 6-11-2012  →  Musubize

Nimutabare rwose ibntu nkibi biba bidasanzwe mubitabareze.Uyu mwana akwiriye ubufasha byihutirwa kuko uyu si umubyibuho usanzwe.Afite indwara iri kubimutera.

mwenemzee yanditse ku itariki ya: 3-11-2012  →  Musubize

ajyanya amazi ashyushye atarimo ikintu nakimwe,ndeste agerekeho amajyani ya green tea nabwo ntashyiremo isukari

joesph yanditse ku itariki ya: 3-11-2012  →  Musubize

Akeneye kujyanwa muri King Faisal Hospital kugirango akorerwe ibizamini byose. Ubuyobozi bumwegereye bwagombye gufasha uwo muryango kugirango batabare uwo mwana kuko afite ikibazo gikomeye

yanditse ku itariki ya: 3-11-2012  →  Musubize

Birababaje, uyu mwana akeneye ubufasha akajya no kwivuriza hanze bakareba ko haricyo byatanga

justin yanditse ku itariki ya: 2-11-2012  →  Musubize

uyu mwana ateye agahinda kabisa akeneye ubufasha akajyanwa kwa mu ganga

hggga yanditse ku itariki ya: 2-11-2012  →  Musubize

Ese koko umwana nk’uyu nta hantu yavurirwa mu gihugu? Rwose ndabona iwabo batifashije Abanyarwanda twari dukwiriye kugira umutima ufasha tukagira icyo dukora.Murakoze!

kuraryana yanditse ku itariki ya: 2-11-2012  →  Musubize

bene uyu mwana bazegere ibitaro bikomeye ahari abadocteri binzobere bamugire inama kuko birashoboka ko bagira icyo bamumarira.ibi bigaragara ko hari ikibazo cg indi ndwara mu mubiri bibimutera.

Nkurunziza michel yanditse ku itariki ya: 2-11-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka