Umugore witwa Pamela Frazer w’imyaka 30 y’amavuko wo mu gihugu cy’u Bubiligi yibarutse abana babiri b’impanga ariko badahuje uruhu, kuko umwe ni umuzungu undi ni umwirabura.
Mu gihe Leta ya Congo irega u Rwanda kuyivogerera ubutaka rwohereza ingabo muri icyo gihugu, umuryango w’abibumbye (UN) uremeza ko wari usanzwe uzi ko u Rwanda rufiteyo ingabo zigera kuri 350 mu kurwanya umutwe wa FDLR.
Umugore w’imyaka 42 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhima mu Mujyi wa Kigali kuva tariki 03/09/2012 nyuma yo gufatanwa imisongo 41 y’urumogi.
Urupfu rwa Ngendahayo Gaspard w’imyaka 41 wo mu kagari ka Shara, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi rwateje urujijo ubwo umurambo we wabonekaga mu cyumba cye kuri uyu wa mbere mu gitondo.
Abanyamakuru Ally Soudy na Dj Adams bazwi mu myidagaduro (showbiz) ntibarebana neza aho umwe ashinja undi ko yamuvuze ko afata ruswa y’abahanzi mu rwego rwo kugira ngo abamenyekanishe.
Kuri uyu wa kabiri tariki 04/09/2012, inzego n’ibigo bitandukanye ndetse n’abaturage ku giti cyabo bo mu karere ka Rutsiro bakusanyije umusanzu wabo urengaho gato miliyoni 349 wo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund.
Mu rwego rwo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund, kuri uyu wa 04/09/2012 Akarere ka Gicumbi kakusanyije inkunga ingana na miliyoni 401 n’ibihumbi 762 n’amafaranga 633.
Abatuye umujyi wa Kibungo bavuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bw’ibikoresho byo mu rugo buri gukorwa n’inzererezi ziri muri uyu mujyi.
Akarere ka Kayonza kakusanyije miliyoni 565, ibihumbi 598 n’amafaranga 390 yo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund. Muri ayo mafaranga, ayahise yishyurwa ni miliyoni imwe n’ibihumbi 22.
Ikipe ya Rayon Sport na APR FC, nk’amwe mu makipe akomeye kandi afite abafana benshi mu Rwanda, zirimo kuganira uko zazakina umukino wa gicuti mu rwego rwo gukusanya amafaranga azashyirwa mu kigega ‘Agaciro Development Fund’.
Urubyiruko rwo mu bihugu bihuriye mu muryango uhuje u Rwanda, u Burundi na Congo-Kinshasa barigira hamwe uburyo bakwimakaza amahoro n’amajyambere mu bihugu byabo bagamije gushyira hamwe aho kwitabira imitwe yitwaza intwaro.
Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, arihanangiriza abayobozi bafata bugwate umuturage wazinduwe no kubasaba serivisi kubera ko hari ibyo yagombaga gukora atakoze.
Minisiteri y’Uburezi yatangije ikigega gishinzwe guteza imbere udushya mu burezi kiswe “Innovation for Education”, kizafasha abafite imishinga igaragaza ko yongera ireme ry’uburezi mu Rwanda.
Guverinoma y’igihugu cy’Ubwongereza imaze gutangaza ko igiye kurekura igice cy’inkunga igenera u Rwanda yari yahagaritswe kuko u Rwanda rugaragaza ko rufite ubushake mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Congo.
Ubuyobozi bwa polisi mu karere ka Ngoma burasaba abayobozi n’abaturage gutafanya nayo mu gukumira impfu zitunguranye z’abantu bagwa mu biyaga bya Sake na Mugesera.
Mu mukino wa gicuti wahuje Rayon Sport na Kiyovu Sport tariki 01/09/2012 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu rwego rwo gukusanya amafaranga yo gufasha uwahoze ari umukinnyi wa Rayon Sport Sembagare Jean Chrysostome wavunitse bikomeye habonetse miliyoni umwe n’ibihumbi 508.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 (U17) ndetse n’iy’abatarengeje imyaka 20 (U20), Richard Tardy, avuga ko afite icyizere cyo kuzajyana ikipe ya U17 mu gikombe cya Afurika nubwo iheruka kunyagirwa na Nigeria ibitego 8-0.
Ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 03/09/2012, abaturage, abakozi n’abikorerera mu karere ka Muhanga bakusanije inkunga izajya mu kigega cy’Agaciro Development Fund ingana na miliyoni 407, ibihumbi 477 n’amafaranga 721.
Ikipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball kuwa mbere tariki 03/09/2012 yasoje urugendo rwayo mu mikino Paralempike irimo kubera i London mu Bwongereza.
Mbarubukeye Jean Marie Vianney w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yagejejwe mu bitaro bya Nyanza yatemwe ukuboko kwe kw’iburyo na mukuru we amuhoye ko amubujije gukomeza kurwana.
Umuhanzi Danny Vumbi, umwe mu bagize itsinda ry’abaririmbyi “The Brothers”, atangaza ko kuba muri iyi minsi asigaye aririmba indirimbo nyinshi wenyine (solo) bimufasha kuko ngo hari igihe ajya kuririmba indirimbo akabura bagenzi be ngo baririmbane.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Ecole Secondaire Sainte Trinite riri mu Ruhango, bamaze iminsi ibiri barara hanze ubuyobozi bw’ikigo bwarababujije kujya aho barara, bitewe n’uko baje gutangira ishuri batarishyura.
Abanyekongo icyenda bo mu mujyi wa Bukavu bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi kuva tariki 03/09/2012 bazira gukoresha inzira zitemewe n’amategeko basubira iwabo ubwo bari bavuye mu Rwanda.
Abantu 10 bakurikiranyweho n’ubutabera gukora icyaha cyo gufata abana ku ngufu mu karere ko Bugesera nk’uko byagaragajwe na raporo ya polisi ishami rikorera muri ako karere.
Umugabo witwa Mbarushimana Joseph w’imyaka 37 wo mu murenge wa Giheke akagari ka Kigenge yafatiwe mu cyuho cyo guca umugore we inyuma.
Kuva kuwa mbere tariki 03/09/2012, ishuri Sonrise ribarizwa mu karere ka Musanze rayatangiye kwirukana abanyeshuri barenga 250 kugira ngo bajye gushaka amafaranga y’ishuri kuko abari basanzwe babishyurira babihagaritse.
Ministiri w’imari n’igenamigambi, John Rwangombwa, akomeje gusaba abayobozi b’ibigo kudahatira abantu gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund ( AgDF), ahubwo bagomba kubakangurira kuyatanga n’umutima ukunze, kandi buri muntu agasinyira ayo yatanze.
Mu mujyi wa Kisangani muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Abanyeshuri basaga 4000 biga ku bigo bya Institut Maele na Lycée Mapendano» mu mujyi wa Kisangani muri Kongo ntibabashije gutangira amasomo nk’abandi kuwa mbere tariki 03/09/2012.
Abantu 14 bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bitabye Imana bazize indwara ya Ebola. Abo bantu bapfuye bakomoka mu Ntara y’Iburasirazuba (Province Orientale) aho icyorezo cyagaragaye guhera tariki 17/08/2012.
Umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana, Bahati Alphonse, yishimiye ko igitaramo yakoresheje tariki 02/09/2012 mu Ntara y’Uburasirazuba cyo gukusanya inkunga yo kubakira abana b’imfubyi badafite aho baba cyagenze neza.
Abantu batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhima kuva tariki 02/09/2012 bakekwaho kwiba iduka ry’umucuruzi ukomoka muri Pakistan witwa Faraz Ismail ukorera mu Kagali ka Kiyovu, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.
Abashakashatsi bo muri Afurika y’Epfo n’abo muri Koreya y’Epfo bari kwiga uburyo bakora telefoni igendanwa yo mu bwoko bwa « smartphone » izaba ifite ubushobozi bwo gupima agakoko ka Sida.
Inkunga akarere ka Ruhango kari katanze mu kigega Agaciro Development Fund yavuye ku mafaranga miliyoni 55 igera kuri miliyoni 297 n’ibihumbi 360 n’amafaranga 628.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro itorero ry’indangamirwa mu bucuruzi, tariki 03/09/2012, Minisitiri Francois Kanimba yavuze ko aho u Rwanda rugeze mu bukungu hashimishije ariko ko ari ngombwa kongera umuvuduko kugirango icyerekezo 2020 kigerweho uko byifuzwa.
Mu ijoro rishyira tariki 03/09/2012, abajura banyuze mu gisenge cy’iduka Munyurangabo Leopold acururizamo, hafi y’isoko ryo mu mujyi wa Butare, biba amafaranga yose bari basizemo.
Guverinoma y’u Rwanda yateganyije miliyari 12 zo gushora mu buhinzi bukoresha imashini. Ibi bizagira uruhare mu kongera umusaruro uva ku buhinzi no guteza imbere icyaro; nk’uko Dr. Agnes Kalibata, Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi yabitangarije The EastAfrican.
Abaturage, inshuti n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Bugesera, tariki 03/09/2012, begeranyije inkunga ingana na miliyoni 359 ibihumbi 177 n’amafaranga 790 yo gushyigikira Agaciro Development Fund.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa ya Leta, Tharcisse Karugarama, yatangaje ko u Rwanda rutazongera kwifashisha abanyamahanga baza kurwandikira amategeko arugenga.
Abanyarwanda bagaragaje ko bishimiye igikorwa cy’ingabo z’u Rwanda kujya gufatanya n’ingabo za Congo mu kurwanya umutwe wa FDLR ;ndetse bavuga ko gutaha kw’ingabo z’u Rwanda bibeshyuje amakuru yari asanzwe atangazwa ko u Rwanda rutera inkunga M23.
Imanza za Victoire Ingabire na Leon Mugesera zakomeje kuri uyu wa mbere zagaragayemo gutsimbarara ku byifuzo byabo basaba ko hari ingingo zimwe zavanwa mu mategeko y’u Rwanda, kuko zitabaha ububasha bwo kuburana uko babyifuza.
Desmond Tutu, Musenyeri ukomoka muri Afurika y’Epfo ndetse wigeze guhabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, arasaba ko Tony Blair wahoze ari Minisitiri w’Intebe mu Bwongereza n’uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika George Bush bashyikirizwa urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kubera ibyaha bakoreye muri Irak.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo bakomeje kugaragaza ishyaka mu gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund. Ubwo iki gikorwa cyatangizwaga mu karere ka Gatsibo tariki 31/08/2012 abaturage batanze miliyoni zisaga 263 n’ ibihumbi 361.
Abanyamuryango bagize koperative CTVRB ikora umurimo wo gutwara abagenzi mu modoka ntoya (taxi voiture) mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi biyemeje gutanga umusanzu w’amafaranga ibihumbi 500 mu kigega Agaciro Developpment Fund (AgDF).
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo barasaba ubuyobozi bw’aka karere ko bwabafasha, bukaborohereza ku birebana n’imiturire kuko ibibanza byo kubakamo birenze ubushobozi bwabo.
Umugabo witwa Baziruwiha Donat ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero yanze gusezerana n’umugorewe bamaranye imyaka 23 ndetse bakaba barabyaranye abana 10.
Nyuma y’igitaramo cyakozwe n’urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye mu karere ka Nyabihu kiswe “bye bye vacances”, urubyiruko rwasanze hari ibyo mu muco wa kera bigomba gusegasirwa ndetse n’ibyo mu muco w’ubu bigomba gukosorwa bigafasha guteza imbere umuco nyarwanda.
Tagisi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yahindutse umuyonga, mu gihe cya saa ine z’amanywa kuri uyu wambere tariki 03/09/2012, aho yari irimo gukanikirwa muri sitasiyo Hass Petroleum iri i Nyabugogo mu mujyi wa Kigali.
Abagore bo muri Togo bibumbiye mu mpuzamashyirahamwe itavuga rumwe n’ubutegetsi yitwa ‘Sauvons le Togo’ biyemeje kutongera kuryamana n’abagabo niba ntacyo bakoze ngo habeho impinduka muri politike.
Itsinda ry’abasirikare bo ku rwego rw’aba ofisiye baturutse mu ishuri rya Gisirikare ry’Abasirikare bakuru rya Tanzania, bari mu rugendo shuri mu Rwanda mu rwego rwo kwigira ku bunararibonye bwarwo mu bikorwa bitandukanye.