Ikamyo ya sosiyete y’abashinwa iri gukora umuhanda Buhinga-Tyazo yagonze umuntu wari uri kuri moto maze ahita yitaba Imana tariki 13/08/2012 saa tanu z’amanywa mu karere ka nyamasheke, umurenge wa Bushekeri.
Umuturage utatangajwe amazina aherutse kujya mu kabari mu murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana, atinda afata ku gacupa bigeza mu gicuku igihe atari akibasha kubona no kwibuka aho ataha.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwahaye agaciro icyifuzo cy’ubushinjacyaha bwasabaga ko umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe ategereje kuburana mu mizi.
Ku bitaro bikuru bya Kibungo hamaze kugezwa abarwayi 26 bazira kurya ibiryo byahumanye muri restaurant ahitwa mu Rugabano mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma. Ibiryo byateje ikibazo byariwe tariki 07/08/2012.
Umukecuru w’imyaka isaga 80 wibanaga mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara yishwe mu ijoro rishyira tariki 13/08/2012 n’abagizi ba nabi bataramenyekana. Umuntu umwe ukekwaho icyo cyaha yafashwe kandi inzego za polisi zikomeje iperereza.
Intumwa ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika(USA) ishinzwe gukumira ibyaha mpuzamahanga, Stephen Rapp, yijeje ko igihugu cye kizakomeza ubufatanye n’u Rwanda, mu kuburanisha imanza z’abakoze Jenoside, ndetse no gukomeza gushakisha abatarafatwa.
Amarushanwa yo gutoranya abazajya mu itorero ry’igihugu (Ballet National) yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 13/08/2012 agamije kuzana amaraso mashya muri iri torero mu rwego rwo kuryongerera imbaraga ngo rirusheho kwiharira ibikombe mu ruhando mpuzamahanga.
Umutwe wa FDLR wafashe bugwate ubwato butandatu bwari butwaye abantu 18 bumwe bumwe bambukaga ikigobe cya Tchondo kiri mu kiyaga cya Edouard. Barasaba amadorali y’Amerika 50 kuri buri muntu kugira ngo babarekure.
Hitimana Noheli w’imyaka 21 yitabye Imana mu bitaro bya Ruhengeri kuri uyu wa mbere tariki 13/08/2012 nyuma y’uko we na mugenzi we witwa Niyigena Jean D’amour bakubiswe ku mugoroba wo ku wa gatandatu.
Niyonshuti Adrien na Jean Pierre Mvuyekure bananiwe kwitwara neza mu gihe aribo Banyarwanda bari bitezweho kwegukana umudari ku munsi wa nyuma w’imikino Olympique yasojwe i Londres mu Bwongereza ku cyumweru tariki 12/8/2012.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda bo mu idini y’isilamu mu murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, hamwe na bagenzi babo bo mu mujyi wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biyemeje kubana neza bakirinda ibibateramo amakimbirane.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe kurwanya ibyaha byibasira inyoko muntu, Stephen Rapp, yongeye gutangaza ko atigeze asaba ko abayobozi bakuru b’u Rwanda bakurikiranywa kubera intambara ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Uwase Uhoraningoga Christine bakunze kwita Bigudi, wari usanzwe ukora restora, yasubiye mu ishuri ku myaka 47, kugira ngo agire ubumenyi buhagije mu mwuga w’ubutetsi.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Huye biyemeje gukora ibikorwa bifitiye Abanyarwanda inyungu, mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe. Iyi sabukuru iteganyijwe kuzizihizwa tariki 15/12/2012.
Ku cyumweru tariki 12/8/2012, abayoboke b’iterero ry’Abangirikani bo muri diyosezi ya Kigeme bari mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 iyi diyosezi imaze ishinzwe.
Mu muhango wo gutangiza ibikorwa byo gutegura isabukuru y’imyaka 25 y’umuryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’i Burengerazuba, tariki 11/08/2012, mu karere ka Karongi harahiye abanyamuryango bashya 36.
Umuryango w’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 biga mu ishuli rikuru rya INILAK, ishami rya Nyanza (AERG IMANZI) bavuga ko bikojeje isoni kurushwa n’umunyamahanga kumenya ibyiza byo mu gihugu cyawe cyane cyane mu birebana n’amateka n’umuco bikiranga.
Brazil ikomeje kubabara kubera kubura umudari wa zahabu mu mupira w’amaguru mu mikino Olympique, nyuma yo gutungurwa na Mexique ikayitsinda ibitego 2 kuri 1 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Wembley mu Bwongereza tariki 11/08/2012.
Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa n’indwara zimwe na zimwe zikunze kwibasira benshi nka malariya uretse ko hafashwe ingamba ikaba imaze gukendera. Muri iyi minsi ariko haravugwa izindi ndwara zigoranye kuzivumbura no kuzivura harimo na kanseri.
Adrien Niyinshuti wabigize umwuga mu gusigwanwa ku magare, bwa mbere mu mateka ye, arahatana mu mikino Olympique ubwo aza kuba asiganwa mu muzamuka imisozi (Mountain Bike) ku Cyumweru tariki 12/08/2012.
Bashabe Kate niwe ubahiga mu bwiza nyuma yo kwgukana ikamba rya Nyampinga wa Nyarugenge, mu birori byo gutora Miss Nyarugenge byabaye kuwa Gatanu tariki 10/08/2012.
Ikipe y’u Rwanda y’abaterengeje imyaka 20 yasezerewe na Mali, mu rugamba rwo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, itsinzwe ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura wabereye i Bamako ku wa Gatandatu tariki 11/8/2012.
Akarere ka Rusuzi karashimirwa uburyo kashoboye gushyingura mu cyubahiro imibiri y’inzirakarengane zigera ku bihumbi birindwi zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Celestin Kabahizi, agasanga ari ukubasubza agaciro kabo.
Visi-Perezida w’umuryango wa FPR-Inkotanyi, Hon .Christophe Bazivamo yasabye ko isabukuru ry’imyaka 25 umuryango wa FPR uvutse ritazarangwa n’amagambo ahubwo rizajyane n’ibikorwa birimo amarushanwa mu byiciro bitandukanye n’ibiganiro.
Umugore witwa Margarita Mukandinda afungiye ku biro bya Polisi ya Kinazi mu karere ka Ruhango, akekwaho kubyara umwana agahita amuniga, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11/08/2012.
Abanyarwanda bakorera ingendo zabo bambuka umupaka w’u Rwanda na Bukavu, nabo batangiye guhohoterwa n’Abakongomani. Abagera kuri batandatu nibo bamaze guhohoterwa, nyuma y’Abandi bagera kuri 11 bahohotewe i Goma.
Itsinda Kidz Voice rigizwe n’abana bava inda imwe rimenyerewe mu njyana ya Reggae rizamurika alubumu yabo ya mbere bise “African Children” kuwa gatandatu tariki 18/08/2012 kuri One Love hazwi nko kwa Rasta ku Kinamba hafi ya Cadillac.
Abahinzi bibumbiye mu mpuzamakoperative y’abahinzi borozi IMPUYABO, baratangaza ko umusaruro w’ibigori w’igihembwe cy’ihinga cya 2012B, wabaye muke bitewe n’ikibazo cy’imvura yatinze kugwa, n’aho igwiriye igacika vuba.
Ikigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba abuturage kumenya ko imibonano mpuzabitsina idakingiye itanduza SIDA gusa, ahubwo ko igiteye ubwoba kurushaho, ari ubwandu b’indwara y’umwijima, ivugwa ko yica cyangwa igatera kanseri kandi ikaba idapfa gukira.
Mu cyumweru gishize FDLR yashimuse abantu 18 barimo abagore bane n’abana batanu bakoraga mu mirima yabo mu nkengero y’ishyamba rya Byonga mu karere ka Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo.
Abanyeshuri bo mu karere ka Gisagara bari mu biruhuko barasabwa kwitwara neza kuko bikunze kubaho ko bajya muri byinshi bagamije kwinezeza, bikabaviramo kugwa mu ngeso mbi zibakururira ibindi bibazo nko gutwara inda zititeguwe, kunywa ibiyobyabwenge n’ibindi.
Amakuru dukesha Laurent Marius Nzabandora uhagarariye itsinda B-Gun, ni uko amashusho y’indirimbo Bwiza bwanjye yageze hanze kuwa mbere tariki ya 6.8.2012 mugihe amajwi yayo (audio) yakozwe ahagana mu kwezi kwa gatanu na Jay P muri Hop Street.
Quartier (karitsiye) yitiriwe 40 iri mu mudugudu wa Mugonzi, akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza iravugwamo urugomo rukabije ahanini ruba rushingiye ku businzi bw’inzoga z’inkorano n’ibiyobyabwenge birimo urumogi bikagira ingaruka ku bahatuye n’abahagenda.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 10/08/2012 iyobowe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yemeje ko hajyaho ikigega Agaciro Development Fund ihita igishyiramo umusanzu ungana n’amafaranga miliyoni 33 n’ibihumbi 500.
Nyuma y’iminsi ine ari mu bitaro bya Remera Rukoma kubera gutwikwa n’umugabo we, kuri uyu wa gatanu tariki 10/8/2012, umuryango Good Neighbors wafashije Budensiyana kujya kuvurirwa mu bitaro byitiriwe Umwami Faysal i Kigali.
Umuhanzi Lil P ubarizwa mu gihugu cy’Ubwongereza azitabira igitaramo cyo kumurika alubumu “Miss President” ya Paccy kizaba tariki 24/08/2012.
Ishyirahamwe ry’urubyiruko ruharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu (AJPRODHO) ryasoje amahugurwa y’iminsi ine yari agenewe ingo bagiye kuzajya bafatanya mu gufasha izindi ngo kubana neza, bakarwanya amakimbirane atuma abashakanye bahohoterana.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko abantu batagomba gukeka ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23 urwanira mu burasirazuba bwa Kongo, kuko abo bakuraho amakuru ari abantu bamwe, kandi nabo batayafitiye ibimenyetso.
Umunyabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze wari umaze ibyumweru bitatu mu maboko y’ubutabera kubera gukekwaho kwakira ruswa, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012.
Mu karere ka Ngororero kimwe n’ahandi hirya no hino mu byaro byo mu turere tw’u Rwanda usanga abaturage batuye kure y’amasoko cyangwa imijyi bagurira inyama ahantu hadasukuye kuko nta mabagiro bagira.
Impunzi z’Abanyekongo zisaga 2200 ziri mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira zigiye kwimurirwa mu nkambi ya Kigeme aho zigiye gusanga izindi mpunzi zisaga 11000 zihacumbitse.
Hamwe na hamwe mu karere ka Ngororero haracyari abaturage biganjemo abagabo ndetse rimwe na rimwe ugasanga bari kumwe n’abagore baramukira mu bubari bucuruza inzoga aho kujya ku kazi. Ibi binyuranye n’ingamba z’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage aka karere kiyemeje.
Umugabo witwa Seth Horvitz wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatumije televiziyo (éclat téléviseur) akoresheje internet kuri sosiyete yitwa Amazon maze atungurwa no kubona bamwoherereje imbunda yo mu bwoko bwa SIG Sauer SIG716.
Abizeye Oscar w’imyaka 35 afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira gutunga uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga (permit de conduire) mpimbano.
Imyanzuro y’urubanza rw’umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, izasomwa tariki 13/08/2012 kubera ko habaye imanza nyinshi. Byari biteganyijwe ko iyo myanzuro isomwa kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo.
Ba nyiri imishinga yasabwe muri gahunda ya Hanga Umurimo n’amabanki azabaha inguzanyo bateraniye mu nama yo kwiga uburyo izo nguzanyo zakwihutishwa. Mu mishinga 600 yatoranyijwe, 27 niyo imaze kwemererwa guterwa inkunga.
Ranking Trevor, wari umuhanzi akaba n’umudije (Dj), ukomoka muri Jamaica yitabye Imana, kuwa Kabiri w’iki cyumweru tariki 07/08/2012, azize impanuka y’imodoka yakoreye i Kingston mu murwa mukuru wa Jamaica.
Umukecuru witwa Consolate Mukangwije ari mu maboko y’inzego za Polisi, nyuma yo gukubita isuka umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (RNIS) witwa Berthilde Uwimana akamukomeretsa.
Umurambo w’umugabo witwa Theogene Barakagira ukomoka mu karere ka Ngororero, watoraguwe mu mugezi wa Ururumanza, mu murenge wa Mbuye akarere ka Ruhango ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 09/08/2012.