Akora amashanyarazi akoresheje amabuye ya radiyo na ampule

Umusore w’imyaka 22 witwa Safari Jean Damascene utuye mu karere ka Rulindo yihangiye umurimo wo gushyira umuriro mu nzu z’abantu akoresheje ampule n’amabuye ya radio byashaje.

Uyu musore utarageze mu ishuri avuga ko atemeranywa n’abavuga ko umuntu wize ari we ushobora kugira icyo akora cyamuteza imbere.

Yagize ati “Kwiga ni byiza ariko bidashobotse umuntu yahimba kandi bigakunda. Jye nabonye ubukene bumereye nabi, mpimba imitwe kandi icamo. Ncanira abantu mu nzu nkoresheje ibikoresho bishaje, ampule n’amabuye ya radio. Ntaho nabyize ni ubwenge bwanjye Imana yampaye”.

Uyu musore avuga ko gukora uwo muriro byamufashije kubaka inzu ifite agaciro ka miliyoni imwe n’igice, yabashije kwiguriramo inka eshatu n’ihene ndetse umwishyurira mituweri. Safari kandi ubu ngo yiihira ishuri kuko yabonye aho akura agarafaranga.

Ashyira umuriro mu nzu z'abantu akoresheje ampule n'amabuye ya radio byashaje
Ashyira umuriro mu nzu z’abantu akoresheje ampule n’amabuye ya radio byashaje

Abacana uwo muriro bo bavuga ko waborohereje ngo kuko petrole yarabahendaga kandi ishobora no kubateza uburwayi mu myanya y’ubuhumekero.

Maniragaba, utuye mu umurenge wa Base, akagari ka Bugaragara yagize ati “jye mu rugo rwanjye dukoresha uyu muriro, kandi niwo nabonye ushobora guhenduka. kubishyira mu nzu ampule imwe ayikorera icyatanu, kandi ushobora gucana igihe cyose , n’iyo warara ucanye itara nta kibazo. Iwanjye nkoresha ampule 4”.

Nyiransabimana nawe ngo ni wo muriro acana nyuma yo kubona ko agatadowa gashobora kumuteza ibibazo.

Yagize ati “jye nacanaga agatadowa mbonye ukuntu peteroli uyicana ikazana ibyotsi byinshi mu nzu abana bakabayihumeka, ubwo mpitamo gukoreha uyu muriro”.

Ngo uyu muriro ushobora kuwukoresha buri munsi igihe icyo ari cyo cyose. Ngo iyo bawushyize mu nzu, ubwo ni twibanire kugeza igihe bashakiye.

Hortense Munyantore

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Imana y’abize niyo Mana yabatize,abantu bose basangiye ubwenge bwakavukire ari nabwo bw’ibanze,ubundi n’inyongera
kuraje mwana

Georges yanditse ku itariki ya: 8-11-2012  →  Musubize

dukeneye telephone zuwo muntu.mubidufashemo,murakoze

Musoni yanditse ku itariki ya: 8-11-2012  →  Musubize

Nibyiza ko mutugezaho amakuru anyuranye ikibura muyatanga ibice nkuriya musore wihangiye uurimo mwagobye gushyiraho adresse ze kugirango umukeneye amubone kuburyo bworoshye murakoze

jean pierre Nzamugura yanditse ku itariki ya: 6-11-2012  →  Musubize

Uwo muntu dukeneye adresse ye yuzuye na telefone ye igendanwa,ndumva rwose yadufasha.
Nizeyimana.

NIZEYIMANA PROSPER yanditse ku itariki ya: 4-11-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka