Ubwato Perezida Kagame yahaye abo ku Nkombo bumaze kujya mu myenda isaga miliyoni z’amafaranga y’u Rwanda kubera imicungire mibi.
Umugabo witwa Nzabahungirahe Germain utuye mu Kagali ka Buheta, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke amaze imyaka 19 arwaye indwara yo kubyimba ukuguru kuva ku kirenge kugeza aho gatereye.
Niyihaba Thomas wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugabano ubu ni we Munyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi.
Adrien Niyonshuti, Abraham Ruhumuriza, Hadi Janvier na Biziyaremye Joseph ni bo banyarwanda bazahagararira igihugu muri shampiyona nyafurika yo gusiganwa ku magare (Tour de Faso) izaba mu kwezi kwa 11 muri Burkinafaso.
Anastase w’imyaka 20 yatawe muri yombi kubera gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14 y’amavuko wiga mu ishuri ry’abakobwa rya Ruli mu murenge wa Syogwe mu karere ka Muhanga.
Nyuma y’uko Tuyizere Anthere yishwe n’abantu bataramenyekana naho Nyandwi Joseph agakubitwa ifuni ariko we akarusimbuka, ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi n’inzego za polisi zasuye umurenge wa Mahembe tariki 30/10/2012 abo bagabo batuyemo abaturage bashishikarizwa gukaza ingamba z’umutekano.
Ntawizera Leonce utuye mu kagari ka Shengamuri, umurenge wa Masoro mu karere ka Rulindo yafatiwe i Kigali tariki 28/10/2012 ahetse ibiro 65 bya gasegereti kuri moto.
Nsanzimana Albert, umukozi w’akarere ka Gakenke yatangiye ubushakashatsi bwo gukora ifumbire ivuye mu mwanda uva mu misarane ya Eco-San. Iyo myanda ngo ibyara ifumbire nziza iri ku rwego rw’ifumbire mvaruganda kuko iyo uyishyize ku myaka ikura neza.
Amashyirahamwe abiri yita ku burenganzira bwa muntu akorera muri Afurika y’Epfo ariyo Southern Africa Litigation Centre (SALC) na Consortium for Refugees and Migrants Rights South Africa (CoRMSA) arasaba Leta y’icyo gihugu gusubira ku cyemezo yafashe cyo guha ubuhunzi Kayumba Nyamwasa.
Imvura yaguye mu ijoro rishyira tariki 31/10/2012 yahitanye abantu 13 ndetse inangiza ibintu byinshi mu turere twa Rubavu na Rusizi two mu ntara y’Uburengerazuba.
Umugabo witwa Gilberto Valle w’imyaka 28 y’amavuko wari usanzwe ari umupolisi mu mujyi wa New York muri Amerika yatawe muri yombi ateguraga umugambi mubisha wo kuzahotora abagore basaga 100 yarangiza akabarya abatetse mu nkono.
Umukobwa ufite inkomoko mu Rwanda wigeze kuba Nyampinga w’u Bufaransa mu mwaka wa 2000, Sonia Rolland ubu akaba ari umukinnyi w’amafilime akanerekana imideri yatangaje ko yiteguye kuza mu Rwanda vuba.
Nyuma y’aho uwatozaga ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore mu byiciro bitandukanye bya basketball, Nenad Amanovc, yirukaniwe ako kazi kagiye guhabwa abatoza b’abanyarwanda by’agateganyo mu gihe hagishakishwa umutoza w’igihe kirambye.
Gukorera muri koperative bituma abahinzi bahuza imbaraga, bakanagirana inama zo kongera umusaruro, bagahangana n’ihindagurika ry’ibiciro, bityo bakabasha kugaburira abatuye isi.
Inzuki z’ikigo cy’ishuli ryisumbuye rya Groupe Scolaire Kavumu Musulman riri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza zashotowe zirya ihene ya Mukarukasi uturiye iryo shuli hanyuma atabaye ziyivaho nawe ziramurya apfa ageze ku ivuriro.
Gakuba Vincent w’imyaka 45 yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 29/10/2012 agonzwe n’imodoka ya sosiyete Impala Business Class ifite pulake RAC 695 C mu karere ka Ruhango.
Nyuma y’iminsi mike Chris Brown ashwanye na Karrueche yasanze agomba kumufasha uko ashoboye kose niko kumuha akazi ko kujya amwambika.
Urusengero rwa ADEPR Nyagatovu ruri mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza rwashenywe n’inkubi y’umuyaga wazanye n’imvura yaguye tariki 27/10/2012.
Ubwo yatangizaga inama yiga ku bukungu bw’Afurika iri kubera i Kigali kuva tariki 30/10/2012, Perezida Kagame yongeye kugaragaza ko Abanyafurika aribo bagomba kugena iterambere n’imibereho yabo kurusha uko bayitegereza ku bihugu byateye imbere.
Uyu mubyeyi yitwa Marie Goretti Mukarugambwa, avuga ko arwaye indwara y’Impyiko zose zamaze kwangirika, ku buryo umumaro zakoraga usigaye ukorwa n’imashini z’aho arwariye ku bitaro byitiriwe Umwami Faycal ku Kacyiru.
Abakuriye amasosiyete acukura akanacuruza amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMIF), baremeza ko rufite amabuye y’agaciro menshi kandi meza, bitandukanye n’abavuga ko rucuruza amabuye ava hanze yarwo.
Uruhande rushyigikiye Umukuru w’ishyaka FDU-Inkingi ritaremerwa mu Rwanda, Ingabire Victoire Umuhoza, wakatiwe imyaka umunani n’Urukiko Rukuru rwa Repubulika adahari, kuri uyu wa Kabiri tariki 30/10/2012, biyemeje kuzajurira icyo cyemezo.
Uruganda rutunganya icyayi rwa Mulindi, ruherereye ahitwa ku Mulindi wa Byumba mu karere ka Gicumbi, rukenera inkwi nyinshi kugira ngo rushobore gutunganya imirimo yarwo, rutuma aka karere kaza mu turere dukunda guhura n’ikibazo k’inkwi.
Umukinnyi Kabange Twite wari umaze iminsi nta kipe afite nyuma yo kutongererwa amasezerano mu ikipe ya APR FC, kuri ubu arashakishwa n’ikipe ya Yanga African.
Abanyarwanda 98 biberaga muri Kivu y’Amajyepfo, bagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka igera kuri 18 bibera mu mashyamba. Bavuga ko inyeshyamba za FDLR arizo zabazitiraga, zikababuza kutahuka.
Igihugu cya Canada kimye uburenganzira bwo gutura muri icyo gihugu Umunyarwanda witwa Jean Léonard Teganya, wari umwaze uhaba anasaba ibyangombwa byo gutura muri iki gihugu, kubera ashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) n’ikinyamakuru France Football bashyize ahagaragara urutonde rw’abakandida ku mupira wa zahabu mu bagabo, urutonde ruyobowe n’umunya-Argentine, Lionel Messi, uwufite inshuro eshatu zikurikiranya.
Umurenge wa Bwishyura wo mu karere ka Karongi wafashe icymezo cyo gutema ibiti bishaje byabaga ku muhanda no kubiteza cyamunara, kugira ngo birinde impanuka zashoboraga kubiturukaho muri iki gihe imvura igwa ari nyinshi.
Mu cyumweru gishize, Cuthbert Kasikai Majada, umuyobozi wungurije wo mu gace k’ahitwa Chiwara mu gihugu cya Kenya, yitabye Imana amaze kwezi kose igitsina cye cyaranze kugwa azira kuba yarasambanyije umugore wa mwishywa we.
Umuhanzi Kamichi umaze imyaka itari mike muri muzika aratangaza ko agiye gukora indirimbo y’Imana ya mbere izaba yitwa ‘‘Izabayo’’. Iyo ndirimbo izaba ari iyo gushimira Imana ibyiza byose ihora imugirira.
Abagabo batatu bafatiwe mu cyuho, ahagana Saa Munani z’amanywa, benga kanyanga mu ishyamba riri mu Kagali ka Rudahashya, mu Murenge wa Ndera, Akarere ka Gasabo, kuri uyu wa mbere tariki 29/10/2012.
Umusore witwa Matayo Dushimirimana yiyemeje gukora ibishobka byose agashaka mituweli, nyuma yo gukora impanuka y’igare agasanga asabwa kwishyura amafaranga menshi kwa muganga, agahitamo kurwarira iwabo.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Joseph Habineza, arahamagarira abayobozi ba Afurika kwita ku bibazo byabo no guharanira kwishakamo ibisubizo, kuruta uko barangamira ibihugu byateye imbere kuba aribyo biza kubicyemura.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya Institut Superieur Pédagogique de Gitwe “ISPG”, banze gukora ikizamini cya Minisiteri y’Ubuzima, bavuga ko bakibatuyeho igitaraganya, kuko babimenyeshejwe hasigaye icyumweru kimwe gusa.
Itorero rya ADEPR ryo mu karere ka Rusizi ryanze gusezeranya abageni, rivuga ko rikeka ko umukobwa yaba atwite. Igikorwa iri torero rivuga ko kibujijwe gushyingira abameze batyo mu myemerere yaryo.
Mu ma saa mbiri za mu gitondo cyo ku itariki 29/10/2012, umugabo witwa Munyandamutsa Vincent w’imyaka 65 y’amavuko yituye hasi ahita apfa, ubwo yari mu murima we ahinga.
Thacien Mpungirehe uzwi ku izina rya “Ninja”, arashinjwa n’abandi babana n’ubumuga bo mu Karere, ko yabasabye imisanzu igera kuri miliyoni ebyiri anagurisha ibikoresho byo mu biro bahawe na MINALOC n’imashini zidoda 35 zatanzwe n’Intara ya Rhénanie Palatina.
Abaturage bo mu isantire ya Gitwe ihereyere mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, barasaba ubuyobozi kubagenera aho bashyira isoko hahagije. Ubuyobozi nabwo bukavuga ko bwiteguye gushyira mu bikorwa ibyifuzo by’abaturage.
Itsinda ritegura igihembo cy’umuyobozi waharaniye amahoro muri Afurika (African Peace Personality Award 2012), ryashyikirije iki gihembo Perezida Paul Kagame, wacyegukanye binyuze mu matora yabereye ku mbuga za internet.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) n’u Rwanda by’umwihariko, bifite impungenge ku buziranenge bw’ibiribwa abaturage barya biturutse hanze, nk’uko babitangaje ubwo bemezaga ko bi biribwa bigomba kujya bigenzurwa, kuri uyu wa Mbere tariki 29/10/2012.
Abahanzi Nirere Shanel, Christian na Samuel nibo begukanye buruse yo kwiga muzika nyuma y’amahugurwa (workshop) bahabwaga na Jacques-Greg Belo baturutse muri Goethe Institute.
Mu cyumweru gishize abana babiri bazize inka bariye ziroze abandi bantu bagera ku 100 bajyanwa mu bitaro, nyuma y’aho umuganga w’abatungo yari yategetse ko izo nyama zigomba kujugunywa ariko abaturage bakabirengaho bakazitaburura.
Umuryango w’Abibumbye watangije amahugurwa y’ibyumweru bibiri, agenewe abapolisi mpuzamahanga baturutse hirya no hino ku isi, ku ubungabunga amahoro no gukumira amakimbirane ku rwego rwo hejuru.
Abagabo babiri, John Bosco Habarukundo na Pierre Uwagirimana, bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho kwiba inka ihaka bakayibaga bashaka kuyigurisha abaturage.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama mpuzamahanga y’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), Prof. Ntumba Luaba Alphonse, yijeje ko ibirango by’amabuye y’agaciro ava mu Rwanda bigomba kwemerwa ku masoko mpuzamahanga ayo mabuye agurirwamo.
Umuryango wa Afrika y’iburasirazuba mu by’itumanaho (EACO), urateganya kuzamura urwego rw’imikoreshereze y’ikoranabuhanga ryifashisha satellite, nyuma y’aho ushyiriye umukono ku masezerano y’ubufatanye n’umuryango mpuzamahanga wa za satellite ITSO.
Inzego zibishinzwe ziri kwig ku kibazo gituma isoko rya kijyambere rya Bikingi ryubatswe mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu, ryongera kwitabirwa kuko risa nk’aho ryafunze kubera ko ubwitabire bw’abaturage bukiri kucye.
Kiyovu Sport yakomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona by’agateganyo, nyuma yo gutsinda Mukura VS igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa karindwi wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku Cyumweru tariki 28/10/2012.
Henshi mu habagirwa amatungo mu karere ka Ngororero, haracyagaragara ukutubahiriza amabwiriza ajyanye no kubaga no gutwara inyama, mu gihe gito abakora ubucuruzi bw’inyama z’inka babonye ibagiro risukuye n’ubwo ritaruzuza ibyangombwa bisabwa mu mabagiro.