Rusizi: Laboratwari y’ibitaro bya Gihundwe yongeye kubona inyenyeri enye

Mu isuzuma mikorere ryakozwe n’umushinga wo muri munisiteri y’ubuzima witwa Single project implementation unit (SPIU) ufatanyije na laboratwari nkuru y’igihugu (NRL), Laboratwari y’ibitaro bya Gihundwe mu karere ka Rusizi yabonye amanota 85,6% ahanywe n’inyenyeri enye.

Ni ku nshuro ya kabiri laboratwari y’ibitaro bya Gihundwe ibonye inyenyeri enye kuko mu isuzuma mikorere ryakozwe na EAPHLN (Eeast African public Health laboratory networking) ikorera mu bihugu bya Africa y’Uburasirazuba yahaye iyi laboratwari amanota 85%.

Laboratwari y'ibitaro bya Gihundwe itanga serivise zitandukanye.
Laboratwari y’ibitaro bya Gihundwe itanga serivise zitandukanye.

Abakozi ba laboraratwari twavuganye badutangarije ko ibi babigeraho kubera imiyoborere myiza y’igihugu cy’u Rwanda, ubuyobozi bwiza bw’ibitaro ndetse na laboratwari aho abakozi n’abayobozi bafite icyerekezo n’umurava mu byo bakora.

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gihundwe buvuga ko intego yabo ni ukugira inyenyeri eshanu nyuma y’inyubako ibi bitaro biri kubaka. Umwihariko w’iyi Laboratwari y’ibitaro bya Gihundwe ngo nuko bagira serivisi ihinga udukoko dutera indwara kugirango bashobore kumenya utwaritwo nimiti utuvura (culture bacteriologique).

Igice kimwe cy'ibitaro bya Gihundwe.
Igice kimwe cy’ibitaro bya Gihundwe.

Ikindi kandi nuko bagira imashini za Elisa zipima SIDA kuburyo bugezweho ibyo bigatuma bashobora no gupima ibizamini bya Virusi itera SIDA biba bitagaragaye neza (indetermine) mu bigo nderabuzima bya Rusizi na Nyamasheke.

Iri zuzuma mikorere rizakomereza muri laboratwari z’ibitaro biri ku mipaka y’igihugu aribyo Gisenyi, Nyagatare, Byumba na Kibungo bifite laboratwari satellites ziterwa inkunga na banki y’isi ibinyujije mu mushinga EAPHLN.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 11 )

ibyiza biri imbere. ziriya nyenyeri bazibonye bazikwiye
nibakomereze aho ibyiza ni ukuzakomeza bajya imbere bakagera kuri 5,6,...... ahogusubira inyuma.

alexandre nizeyimana yanditse ku itariki ya: 16-06-2013  →  Musubize

wow ni byiza cyane bakomereze aho mubyo ubuzima, gusa ntibirare kuko ndumva ibyo bise umwihariko atari umwihariko kuko kuri ubu ibitaro bya nyagatare nabyo byamaze kubona amanota abahesha inyenyeri 4(85.6%) kandi izo service za (culture bacteriology na ELISA) na LABORATOIRE YA NYAGATARE irabikora so ntimwirare ahubwo mushake undi mwihariko.

jojo yanditse ku itariki ya: 14-06-2013  →  Musubize

wow ni byiza cyane bakomereze aho mubyo ubuzima, gusa ntibirare kuko ndumva ibyo bise umwihariko atari umwihariko kuko kuri ubu ibitaro bya nyagatare nabyo byamaze kubona amanota abahesha inyenyeri 4(85.6%) kandi izo service za (culture bacteriology na ELISA) na LABORATOIRE YA NYAGATARE irabikora so ntimwirare ahubwo mushake undi mwihariko.

jojo yanditse ku itariki ya: 14-06-2013  →  Musubize

nibyo rwose barazikwiye

NUNU yanditse ku itariki ya: 7-06-2013  →  Musubize

abakozi biyi LABORATWARI BARITANGA CYANE.UBUYOBOZI BUKORE UKO BUSHOBOYE BUBITEHO CYANE

nice yanditse ku itariki ya: 7-06-2013  →  Musubize

Labo ya Gihundwe rwose mugezweho mumikorere kandi nubuyobozi bw’ibitaro turabashima cyane cyane Directeur na admini kuko bahinduye byinshi bibi byakozwe mbere nkorera mumurenge ariko nabonye impinduka nimukomereze aho turi kumwe.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 7-06-2013  →  Musubize

Labo iciye agahigo,ziriya nyenyeri enye barazikwiye rwose kubera imikorere myiza basigaranye. Congretulations.

Jimy yanditse ku itariki ya: 7-06-2013  →  Musubize

INTEGO NI UKO IBITARO BYA GIHUNDWE MURI RUSANGE BIGERA KURWEGO MPUZAMAHANGA, IYO NIYO VISION. BYAHEREYE MURI SERVICE YA LABORATOIRE NONE N’IZINDI ZOSE ZIRAKATAJE. CONGRATULATION

DOM yanditse ku itariki ya: 6-06-2013  →  Musubize

felicitation.
continue dans ce sens

nancy yanditse ku itariki ya: 6-06-2013  →  Musubize

Yes! Byaringombwa kuko Labo yabo ifite abakozi babishoye kdi bazi icyo bakora n’ubuyobozi bwabo bubibafashamo. Bravoo!! Mibirizi nayo izigireho.

murenzi yanditse ku itariki ya: 6-06-2013  →  Musubize

Congs lab. Big up.

Enock yanditse ku itariki ya: 6-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka