U Rwanda rurifuza ko ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagira uburyo bumwe bwo guha ubutabera abaturage batuye muri ibi bihugu. Ibi u Rwanda rubihera ko hari aho usanga abagore n’abana bagikangamizwa.
Ishyaka rya Gisosiyalisiti rirengera Abakozi mu Rwanda (PSR) ryatangaje gahunda nshya rigomba kugenderaho mu matora, ndetse no mu myaka itanu iri imbere, aho rivuga ko rizaharanira ko hashyirwaho urukiko rw’umurimo rwihariye.
Bamwe mu bimuwe mu bice bishobora kubateza impanuka baratangaza ko bamaze kumenya akamaro ko kuba baravuye muri ibyo bice bashoboraga gusigamo ubuzima. Bagakangurira bagenzi babo gushirika ubwoba nabo bagatera iyo ntambwe.
Umunyarwanda Rudahunga Emmanuel ni we wabaye uwa mbere mu gace ka mbere k’isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka Congo ryatangiye ku wa gatatu tariki 19/06/2013.
Abashoramari mu kubaka ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba bo mu gihugu cya Isaraheli bemereye Perezida Kagame ko bagiye kubaka mu Rwanda ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba zigera kuri Mega Watts umunani n’igice (MW 8,5).
Kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013, mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro uruganda ruciriritse rukora Kawunga ndetse rukanatunganya amafu anyuranye rwa koperative Twisungane yagezweho ku nkunga ya RDB.
Umunyamabanga mukuru wa CECAFA, Nicholas Musonye, yagaye cyane ibihugu byakuye amakipe yabyo mu irushanwa ry’igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ cy’uyu mwaka, avuga ko babangamiye cyane imigendekere myiza y’irushanwa.
Inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Musanze, kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013 yibutse ku nshuro ya mbere abana n’abagore bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Olivier Ndatimana, uzwi nka Papa Hero ni umuhanzi ubarizwa mu itorero rya ADEPR-Matyazo mu karere ka Huye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi, tariki 19/06/2013, bwatashye bimwe mu bikorwa byagezweho mu mihigo ya 2012-2013 mu mirenge ya Bwishyura na Murambi. Ibikorwa byatashywe byose bifite agaciro kari hejuru y’amafaranga miliyoni 500.
Umunyamkuru kuri City Radio, Aboubakar Adams uzwi ku izina rya Dj Adams kuri uyu wa kane tariki 20/06/2013 arasomerwa urubanza amaze igihe aburana.
Gutunganya ahantu habera umuhango wo Kwita Izina ndetse n’indi mirimo ijyanye n’imyiteguro biha akazi abaturage benshi kuburyo bamwe bamaze kwikenura bagura amatungo abandi bakarihira abana amashuri babikesheje amafaranga bavana muri iyo mirimo.
Ikipe ya Musanze FC, mu rwego rwo kwiyubaka yitegura shampiyona itaha, yamaze kugura abakinnyi batatu bashya, ndetse ngo ikaba iri hafi no kongeramo abandi batatu kuko ibiganiro iyo kipe irimo kugirana nabo bigeze kure.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko “Abarembetsi” baza ku isonga mu bintu biteza umutekano muke muri ako karere kuburyo n’abaturage bo muri ako karere babatinya kuko baba bazi ko babagirira nabi.
Nyuma y’aho Leta ishyiriyeho gahunda y’uburezi kuri buri wese, abafite ubumuga barashimira iyi gahunda bakavuga ko ubu abamugaye nabo batagihezwa mu burezi.
Umuryango w’abagore b’abakirisitu (YWCA) ubifashijwemo n’ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi (RAB) beretse abahinzi bo mu karere ka Muhanga na Kamonyi uburyo bashobora gutubura imbuto y’ibijumba ku buryo bwihuse kandi bworoshye.
APR FC, imwe mu makipe ahagarariye u Rwanda muri ‘CECAFA Kagame Cup’ y’uyu mwaka, yatsinze Elman yo muri Somalia igitego 1-0 mu mukino wayo wa mbere wabereye mu mujyi wa Kadugl mu ntara ya Darfur muri Soudan kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013.
Umuhanzi Ngarambe Victoire uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Ellion Victory, avuga ko itangazamakuru ryo mu Rwanda rirangwa n’amarangamatima aho rizamura bamwe mu bahinzi batanafite ubuhanga, abandi bagahera hasi.
Abinyujije ku rubuga rwa Facebook, Anita Pendo yagize ati : «Beef hari igihe yinjiza cash mu bindi bihugu ubu ndimo ndibaza niba izo mbona mu bahanzi bacu muri iyi minsi niba zituma bunguka!»
Nyuma yo kubona impano zitandukanye zagaragajwe n’intore ziri ku rugerero mu Karere ka Gatsibo, ubuyobozi buratangaza ko iki ari icyiciro gikwiye kwitabwaho hashingiwe ku musanzu w’uru rubyiruko mu iterambere ry’Akarere n’igihugu.
Mu gihugu cya Mexique haravugwa injangwe iri kwiyamamariza kuyobora umujyi wa Jalapa kandi ngo yamaze kugira abayoboke bavuga ko bazayitora kuruta benshi mu bakandida, ndetse ngo irarusha abayoboke n’uwari asanzwe ayobora umujyi wa Jalapa.
Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Kenya mu mutwe wa Sena ategerejwe kugera mu Rwanda tariki 20/06/2013 mu ruzinduko azamaramo iminsi itanu areba iterambere u Rwanda rugezeho mu nzego zinyuranye, akazanitabira imihango yo kwita izina ingagi zo mu birunga tariki 22/06/2013.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, François Kanimba, arashima uko gahunda ya Hanga Umurimo ihagaze mu karere ka Nyamagabe, uburyo inzego zitandukanye zayigize izayo ndetse n’uko yatangiye gufasha abayigannye.
Intumwa zo mu ruganda FONTERRA zituruka muri Clinton Health Access Initiative yo mu gihugu cya New Zealand zasuye akarere ka Gicumbi mu rwego rwo kureba ahantu bakubaka uruganda rukora amata y’ifu mu Rwanda.
Mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri, abashoramari bibumbiye mucyo bise Banana Paper Industry Ltd baraba batangiye kubaka uruganda ruzajya rukora impapuro mu mivovo n’imitumba y’insina zeraho ibitoki, rukazubakwa ahitwa Munyiginya mu karere ka Rwamagana.
Abaturage batuye mu gasanteri kitwa Rond Point ko mu Karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’akarere n’ubwa EWSA kubagezaho umuriro w’amashanyarazi kuko ari mu bizatuma babasha gutera imbere.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu batarengeje imyaka 19, ikomeje kwitwara neza mu mikino ya gicuti ikinira muri Turukiya, aho irimo kwitegura kujya mu gikombe cy’isi kizabera muri Mexique kuva tariki 28/06/2013.
Yohani Uwihoreye wari uzwi ku kabyiniriro ka “Bisazi” wari utuye mu mudugudu wa Mututu mu murenge wa Nyarusange uherutse kwivugana abantu batatu mu masaha ya saa sita z’ijoro rya tariki 28/05/2013 yakatiwe igifungo cya burundu n’urugereko rw’urukiko rukuru rw’i Nyanza.
Umuryango Plan International Rwanda watangije porogaramu ya mudasobwa (data base) izagaragaza amakuru ku makoperative akorera mu turere twa Rwamagana, Kayonza na Gatsibo.
Abana bo mu mashuri yisumbuye batangiye gutegurirwa imikino jeux olympiques kugirango nibakura bazabashe guhagararira igihugu bariteguye neza.
Kuri uyu wa mbere tariki 17/06/2013, Igisirikare cy’u Rwanda cyakiriye Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Burundi waje mu ruzinduko rugamije kunoza umubano hagati y’ingabo z’ibihugu byombi. Hanakiriwe kandi abasirikare bakuru ba Ethiopia baje mu Rwanda kwigira kuri bagenzi babo b’abagore.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abaturage bo muri ako karere kugira amakenga kugira ngo batazahabwa amafaranga y’amiganano kuko muri ako karere hafatiwe abantu bayafite ndetse n’umwe mu bakekwaho kwigana kuyakora.
Pasteur Sibomana Jean, umuvugizi w’itorero rya ADEPR mu Rwanda, yasuye abayobozi b’amaparuwasi yose uko ari arindwi agize ururembo rwa Kibungo, mu rwego rwo kuganira ku buzima bw’itorero bushyingiye ku nkingi z’itorero n’ivuga butumwa, imibereho myiza n’iterambere.
Rompuwe (rond-point) nini ituruka mu mujyi wa Karongi ikamanuka ikanyura kuri Golf Eden Rock Hotel igakomeza igatunguka ku bitaro bikuru bya Kibuye yinjira mu mujyi yagezamo amatara yo ku muhanda.
Ubwo hashyirwagaho itsinda ry’indashyikirwa mu rugaga rw’abikorera mu karere ka Karongi, tariki 18/06/2013, abari muri iryo tsinda bakusanyije amafaranga miliyoni 50 azakomeza kwiyongera.
Abanyarwanda 43 bari barahungiye muri Congo batangazaza ko bafashe ingamba zo gutahuka kubera ubuzima bubi bari barimo mu mashayamba, aho ngo baherutse gutwikirwa amazu bari barimo n’imitwe yitwaje intwaro yo muri Congo cyane cyane Raiya mutomboki.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burakomeza gushishikariza abaturage bo muri ako karere kurara irondo kugira ngo bafashe inzego zishinzwe kubungabunga umutekano bityo umutekano ukomeze usagambe.
Ikipe ya Yanga Africans FC yo mu gihugu cya Tanzaniya yasubije igikombe cya CECAFA cyitiriwe Prezida Kagame yegukanye mu mwaka wa 2011 nyuma yo kwanga kwitabira iri rushanwa kubera impungenge z’umutekano w’i Darfur aho irushanwa ribera.
Abafite ubumuga bwo kutumva bajya bagira ikibazo cyo kutabasha kumvikana n’abandi bantu muri rusange. Gaston Rusiha, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’abafite ubumuga, avuga ko ari yo mpamvu hari gutegurwa dictionnaire y’ibimenyetso byifashishwa n’abatavuga.
Mu gihe hategerejwe ibitaramo by’umwimerere (live) mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 3, abantu banyuranye bakurikiranira hafi umuziki basanga ari ikintu gikomeye kigiye kugaragaza koko umuhanzi w’umuhanga.
Itsinda rya Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) ryashimye uburyo akarere ka Nyabihu kateguye igenamigambi ry’imihigo yako y’umwaka wa 2013/2014 ugereranije n’utundi turere tw’intara y’Uburengerazuba iri tsinda ryanyuzemo.
Bamwe mu batuye mu mujyi wa Ngororero bakomeje kwinubira urusaku rwa nijoro ruturuka mu tubari ducuruza inzoga, aho ba nyiratwo barara bavuza amaradiyo n’urusaku rwinshi bikabuza bamwe gusinzira.
Robert M Persaud, Ministiri mu gihugu cya Guyana ushinzwe umutungo kamere n’ibidukikije, ari mu rugendo ruzamara icyumweru mu Rwanda, asura ibikorwa bibeshejeho bamwe mu Banyarwanda kandi bigafasha igihugu kurengera ibidukikije, hamwe n’ibiteza imbere ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT).
Banki ya ECOBANK yatangije uburyo bushya bwo kuzigama bwiswe Kaby’Inzozi, bushobora no guha umukiriya wayo amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye birimo n’igihembo kiruta ibindi cy’imodoka ifite agaciro ka miliyoni 35.
Inkongi y’umuriro ifite inkomoko kugeza n’ubu itarabasha kumenyekana yibasiye urugo rw’umupasiteri w’itorero EBENEZER mu karere ka Nyanza itwika bimwe mu byumba by’inzu ye ndetse n’ibyari biyirimo.
Komisiyo ishinzwe gukurukirana imitungo n’imari by’igihugu mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda irasaba ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga kongera ibarura ry’imitungo itagira beneyo kuko ngo bwari bwatangaje ko nta yihari kandi bikaba bimaze kugaragara ko ihari.
U Rwanda rutanga akayabo ka miliyoni 350 z’amadolari buri mwaka kuri service y’ubwikorezi bw’ibiremereye bukoresha amakamyo. Ministeri y’ubucuruzi n’inganda iravuga ko hari ikibazo gikomeye cy’uko Abanyarwanda bagenda bareka uwo murimo, ibyo bikaba bifite ingaruka mbi ku bukungu bw’igihugu.
Umusaza Rutayisire Gervais w’imyaka 90 uheretse kwakirwa na Perezida Paul Kagame, aratangaza ko nawe yamwijeje ko azamusura akareba aho aba.
Umuforomo ukiri umusore ukora ku Bitaro bya Nemba biherereye mu Karere ka Gakenke ari mu maboko ya Polisi, Stasiyo ya Gakenke akurikiranweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 17 ufite ubumuga bwo mu mutwe.
Gahunda yo kuhira imyaka niyo izakemura burundu ikibazo cy’igabanuka ry’umusaruro igihe izuba ryabaye ryinshi mu karere ka Nyagatare; nk’uko byagaragajwe mu nama njyanama idasanzwe yerekaniwemo gahunda y’iterambere ry’aka karere y’imyaka 5 no gusuzuma no kunononsora imihigo ya 2013- 2014.