Mu ruzinduko abanyeshuli bo muri college de Nkaka yo mu Karere ka Rusizi bari gukorera mu gihugu cy’Ubudage kuva tariki 20/06/2013 kugeza 03/07/2013 , barishimira uburyo bakiriwe n’abaturage bo mu mujyi wa Speyer mu gihugu cy’Ubudage.
Abaturage bahoze batuye mu cyahoze ari Komini Mutura bibutse ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bavuga ko Jenoside yatangiye 1990 hakorwa igeragezwa kugera 1994.
Abasenateri bagize komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bari mu karere ka Kirehe kuva tariki 24/06/2013 mu rwego rwo kureba uburyo abaturage bakorana n’abunzi hamwe n’urwego rushinzwe kugira inama abaturage ku bijyanye n’amategeko (MAJ).
Mu myaka itatu hazaba ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu hazaba huzuye inzu izafasha abatuye ibi bihugu kuganira ku byazana amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge mu bihugu byombi.
Umuryango Croix-Rouge uzwiho gutabara imbabare watangiye gutegura abasore n’inkumi 20 muri buri murenge mu rubyiruko ruvuye ku rugerero ngo bagire ubumenyi bwa ngombwa mu bikorwa by’ubutabazi bw’ibanze kugira ngo bajye bagoboka abaturage igihe cyose habaye Ibiza n’impanuka, babarindire ubuzima mbere y’uko bagezwa kwa muganga.
Ibitaro byitwa Mercy bya Oklahoma muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), byemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko bizafatanya n’inzego za Leta mu guteza imbere ubuvuzi mu Rwanda, nyuma y’inyigo irimo gukorwa kugira ngo bamenye ibyiciro bigomba kwitabwaho kurusha ibindi.
Umukecuru witwa Consolata Nyirabusanane utuye mu murenge wa Gitovu, akarere ka Burera ashima ubuyobozi bwatumye ava mu bukene bigatuma abasha gufasha umwana we kwiga amashuri yisumbuye ndetse na kaminuza.
Umushinga IBYIRINGIRO wa Caritas waterwaga inkunga na USAID muri Diyoseze ya Nyundo usize abantu barenga 1000 babana n’ubwandu bwa SIDA bamwenyura ndetse bakemeza ko nubwo urangiye aho bageze badateze gusubira inyuma.
Abahinzi b’imbuto zinyuranye mu turere twa Nyanza na Karongi batunguwe n’uko ngo burya hariho uburyo bwabafasha gusarura umusaruro wikubye inshuro nyinshi baramutse bahinduye imikorere gakondo benshi bakoresha mu buhinzi bwabo.
Muri za kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda, havutse ihuriro ry’abakobwa b’abayobozi (Girl’s Leaders Forum), rigamije gukorera ubuvugizi abakobwa ku bibazo bahura nabyo, ndetse no kubagira inama ku myitwarire ibategurire ejo hazaza heza.
Umuyobozi w’ingabo zigize umutwe w’Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyepfo, Brig. Gen. Dan Gapfizi, yakoze impanuka y’imodoka yabaye mu ijoro rishyira ku wa 26/06/2013 ahita ahasiga ubuzima.
Abayobozi b’umuryango MSAADA w’Abongereza usanzwe ufasha abarokotse Jenoside mu ntara y’Iburasirazuba bemereye umuyobozi w’iyo ntara ko bagiye gufasha abarokotse Jenoside kubaka imishinga ibyara inyungu kandi iramba bazajya bikorera ubwabo kuko ngo kubaha imfashanyo za hato na hato bibaheza mu bukene no gutegereza ak’imuhana.
Jean Damascène Ndagijimana w’imyaka 35 yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri azira kwiba insinga z’amashanyarazi zifite uburebure bwa metero 1100 zaguzwe n’abaturage bagamije kwizanira amashanyarazi iwabo mu tugari twa Mataba na Shyembe two mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro.
Abagore batatu hamwe n’abana babo bane banze kwakirwa mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse bakaza gusubira muri Congo rwihishwa bagamije kugera kunyungu bahabwa na HCR.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu karere ka Rusizi rwashyizeho itsinda ry’abacuruzi b’indashyikirwa bazajya bafasha bagenzi babo mu buryo butandukanye burimo kubagira inama no kubakorera ubuvugizi.
Umuhanzi Auddy Kelly aherutse gushyira hanze indirimbo « Sinzagutererana » yakoranye na Jody nyuma y’uko ngo bakomeje kuvugwaho urukundo hagati yabo.
Abagize komite y’Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha (Community Policing Commitees) bo mu turere twose tw’u Rwanda ndetse n’umujyi wa Kigali bari mu itorero i Nkumba, mu karere ka Burera, aho bari gutozwa gukora uko bikwiye akazi bashinzwe.
Bifashishije itorero ry’igihugu ryatangijwe mu ishuri rya bo, abana biga mu ishuri ribanza rya SOS Kayonza biyemeje kuba umusemburo w’ubutwari muri bagenzi ba bo nk’uko babyemereye umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Boniface Rucagu, ubwo yabasuraga tariki 25/06/2013.
Ingengo y’imari akarere ka Ngororero kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, ingana n’amafaranga miliyali 9 azakoreshwa mu bikorwa bitabashije kurangizwa ndetse n’ibindi bikorwa bizamura imibereho y’abaturage.
Abanyeshuri b’urwunge rw’amashuri rwa Ririma mu karere ka Bugesera barishimira amazi meza bagejejweho n’umushinga Water Breeze kuko ubundi mbere bavomaga amazi mabi y’ibiyaga, kandi bakaba bashoboraga no guhura n’impanuka zo kuribwa n’ingona ziba muri ibyo biyaga bajya gushaka amazi.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), kuri uyu wa 25/06/2013 mu karere ka Kirehe hateraniye inama yo kwiga ku buryo bwo gukomeza gukumira forode zishobora kuzanywa mu gihugu zinyujijwe ku mipaka y’u Rwanda n’u Burundi.
Federation Internationale des Droits de l’Homme (FIDH) na Ligue des Droits de l’Homme (LDH) n’Umuryango Survie, kuwa mbere tariki 24/06/2013 yashyikirije ikirego Urukiko Rwisumbuye rw’i Paris mu Bufaransa irega Umufaransa Capt. Paul Barril ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni n’uwa Kenya, Uhuru Kenyatta bagiranye inama kuri uyu wa Kabiri tariki 25/06/2013 mu Mujyi wa Kampala biyemeza guteza imbere ibikorwaremezo n’ubucuruzi mu Karere k’Afurika y’Uburasizuba (EAC).
Bamwe mu bagize imiryango ya sosiyete sivile baravuga ko igitutu Leta ibashyiraho cyo kumenya amategeko no kugendana n’aho isi igeze bitaborohera, kubera ko amikoro yabo atabemerera kugendera ku muvuduko umwe n’uwa Leta.
Leta y’u Rwanda irahamya ko yafashe ingamba mu rwego rw’ubukungu zizatuma umuvuduko igihugu kiriho utagabanuka. Bitandukanye n’ibyatangajwe n’impuguke za Banki y’isi zivuga ko muri uyu mwaka ari bwo u Rwanda ruzahura n’ingaruka zikomeye, bitewe no kuba rwarakuriweho inkunga n’ibihugu bisanzwe birufasha mu mwaka ushize.
Kigali Today iri mu bigo 20 byatsindiye ibihembo by’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA), kubera imishinga byatanze igamije gufasha urubyiruko kwiyungura ubumenyingiro yashimwe.
Ntahorutaba Jean de Dieu uzwi ku izina rya Gifege ukomoka mu Kagali ka Sereri, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke yatawe muri yombi n’abaturage ahagana saa saba z’ijoro zo kuri uyu wa kabiri tariki 25/06/2013 azitura intama enye mu rugo rw’umuturage.
Aba basenateri basuye umupaka kuri uyu wa 24/06/2013, mu rwego rwo kureba uburyo hari kubakwa ikiraro gishya gihuza u Rwanda na Tanzaniya hamwe na One Stop Border Post (OSBP) ku mpande zombi z’umupaka w’u Rwanda na Tanzaniya.
Igikoni cy’ishuri rya Lycee Ikirezi de Ruhango cyagwiriye abakozi batekera abanyeshuri, babiri barakomereka bikomeye cyane bahita bajyanwa mu kigo nderabuzima cya Kibingo.
Impugucye z’ibihugu zigaga ku cyegeranyo cy’igenamigambi rya CEPGL 2013-2020 zasuye u rwibutso rwa Gisozi taliki 24/06/2013 zagaragaje ko zibabajwe n’amarorerwa yabaye mu Rwanda.
Nsabiyezu Venuste w’imyaka 24 ufungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva kuri uyu wa mbere tariki 24/06/2013, yiyemerera ko yishe umusore witwa Ntibansekeye Wellars akuraho ijosi, umutwe ajya kuwuhisha kure.
Nizeyimana Yohani, umwana w‘ahitwa mu Rugarama ho mu Karere ka Huye, ashimira umuryango Compassion kuba waramuhaye umubyeyi usimbura nyina utarabashije kuzuza inshingano zo kurera, ubundi ababyeyi baba bafite imbere y’abana babo.
Ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu biyaga bigari (CEPGL) byanze kwemeza igenamigambi ry’imyaka irindwi (2013-2020) ryakozwe na TRANSTEC nyuma yo gusanga ibyo ibi bihugu birambirijeho mu iterambere n’ubukungu bitabonekamo.
Umutahira mukuru wungirije w’Itorero ry’igihugu, Ntidendereza William, avuga ko biteganyijwe ko mu minsi iri imbere hazatangizwa gahunda y’itorero mu mashuri.
Abaturage ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Nyabihu barasabwa kwitabira kugira amakaye abafasha mu miyoborere myiza, mu mutekano, mu gutanga serivise nziza ndetse no mu kwesa imihigo.
Umuririmbyikazi wo muri Amerika Christina Aguilera ari mu nzira aza mu Rwanda mu gikorwa cy’urukundo aho azagera kuwa gatatu tariki 26/06/2013.
Umuryango l’Appel wo mu Rwanda ufatanije n’uwo mu gihugu cy’ubufaransa batashye ku mugaragaro umuyoboro w’amazi wa km 4 mu kagari ka Nyagafunzo mu murenge wa Nyankenke mu rwego rwo kugeza amazi meza ku baturage.
Mu gihe hirya no hino mubafite uruhare mu iterambere rya muzika bari kwiga uburyo umuziki nyarwanda watera imbere ndetse ukaba wanatunga abawukora, ELE Rwanda yiteguye gufasha abahanzi bazaba bateguye neza inyigo y’umushinga wabo (Business plan) mu by’ubuhanzi.
Mu gihe hasigaye iminsi itageze ku kwezi kumwe ngo yimikwe ku mugaragaro kuba umwepisikopi wa Diyosezi Gatorika ya Kibungo, Munsenyeri Kambanda Antoine yatangiye gusura amaparoisse y’iyi Diyosezi.
Indangagaciro za gikristu, no kuba intangarugero mu bikorwa byiza, ni bimwe mu byakanguriwe abakristu b’itorero ADEPR mu karere ka Nyagatare mu ruzinduko rw’umuvugizi w’iri torero mu Rwanda.
Abaganga babiri baturutse mu bitaro bya Apollo byo mu mujyi wa Chennai ho mu Buhinde, baraba bari mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 26/06/2013 kugirango bavure abarwayi batandukanye bafite indwara z’imitima ndetse n’imitsi.
Ingano y’imisoro n’amahoro yari yemejwe n’Inama Njyanama y’Akarere ka Huye mu mwaka ushize w’ingengo y’imari ntiyishimiwe n’abasora bituma hari imisoro igabanywa bishingiye ku kuba abayitanga batinjiza amafaranga menshi.
Ishyirahamwe ry’abafite ubumuga mu Rwanda, AGHR (Association Générale des Handicapés au Rwanda) rirashimirwa uruhare rwaryo mu kurwanya ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA kubera ko amatungo ritanga atuma abanduye bihishaga bemera kwigaragaza kugira ngo na bo abagereho.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko bwafashe icyemezo cyo gusenya zimwe mu nyubako ziri muri uyu mujyi kuko zitajyanye n’igishushanyo mbonera cyawo.
Ku cyumweru tariki 23/06/2013, korari ijuru yijihije yubile y’imyaka 25 imaze itangiye umurimo wo guhimbaza Imana ibinyujije mu majwi agoroye.
Kubera ukuntu Abanyekongo bakunda kuza kugura amakara mu karere ka Rusizi, ngo abaturage babyishinze bagakomeza gutema ibiti bivamo ayo makara, akarere kazahinduka ubutayu mu minsi mike.
Abatera ubwoba abaturage bakoresheje ibyo bita ubuhanuzi bimaze iminsi myinshi bigaragara mu karere Rusizi barasabwa kubicikaho kuko ngo hari n’ababurira abandi ngo bagiye gupfa bigatuma biheba.
Abayisiramu bo mu turere twa Nyarugenge na Kamonyi basuye abo mu karere ka Ngoma, banatangiza igikorwa cyo gukusanya inkunga yo kubaka umusigiti wa Gituku mu murenge wa Rukira.
Intore yo mu murenge wa Gihango ihagarariye intore zo mu kagari ka Congo Nil yitwa Evode Niyibizi yasabye imbabazi ndetse asaba ko na we yashyirwa ku rutonde rw’abazahabwa icyemezo (certificate) cy’uko yakoze urugerero, nyuma y’uko yasize bagenzi be akigira gukora akazi yari yabonye muri EWSA.