Nyuma yo kugirana ibiganiro na Minisitiri w’Intebe, kuri uyu wa gatatu tariki 05/12/2012, uhagarariye Afurika y’Epfo mu Rwanda, George Nkosinati Twala, yatangaje ko igihugu cye gushobora gukorana neza n’u Rwanda, kuko hari byinshi ibihugu byombi bihuriyeho mu mateka.
Abahinzi n’aborozi bitabiriye imurikagurisha n’imurikabikorwa mu karere ka Rusizi baratangaza ko ryababereye umuyoboro wo kunoza neza ibyo bakora binyuze mu biganiro bibahuza n’ibigo by’imari, amabanki n’imiryango ikorana n’abahinzi mu Rwanda.
Umugabo witwa Gregory Eldred w’imyaka 52 y’amavuko akaba yari umwarimu mu ishuli ryigisha muzika muri Leta ya Pennsylvanie muri Leta zunze ubumwe z’Amerika akurikiranweho kwica uwahoze ari umugore we Darlene Sitler amurasiye mu rusengero.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lit. Gen. Charles Kayonga, atangaza ko ibihuha ari yo ntwaro ikomeye FDLR isigaye kuko nta mbaraga ifite zo guhungabanya umutekano w’igihugu.
Nyuma yo gutsinda Ethiopia ibitego 2-0 mu mukino wa ¼ cy’irangiza tariki 04/12/2012, Uganda yahise ibona itike yo kuzakina ½ cy’irangiza ikazakina na Tanzania ku wa kane tariki 06/12/2012.
Umuhanzi Henry Hirwa wo mu itsinda rya KGB uherutse kwitaba Imana yari afite gahunda yo gukora itorero (club) ry’imyidagaduro mu rwego rwo gufasha abarwayi.
Abatuye ku butaka bwabaruwe kuzubakwamo ibiro by’akarere ka Kamonyi, bahangayikishijwe n’uko ubuyobozi butabishyura kandi n’ ibiciro by’ubutaka bikaba byiyongera bataragura aho bazimukira.
Mu mwaka wa 2017, ingufu z’amashanyarazi u Rwanda rufite zizava kuri kuri MW 110,8 zihari ubu zigere kuri MW 1000. Icyo gihe 70% by’ingo zo mu Rwanda zizaba zifite amashanyarazi zivuye kuri 16% ziyafite ubu.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abaturage bose bo muri ako karere kumvira impanuro bahabwa n’abayobozi babo birinda ibihuha kandi birindira umutekano bakaza amarondo kugira ngo umutekano usesuye bafite woye guhungabana.
Kuri uyu wa kabiri tariki 04/12/2012, akarere ka Rubavu na Polisi y’igihugu bashyizeho ubufatanye bwihariye mu kurwanya ibyaha no gufasha abaturage kwiteza imbere.
Hafashwe icyemezo ko hajyaho abazamu barinda ikiyaga cya Ayideri kiri mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga nyuma y’uko hagaragaye ubujura bw’impombo zivanamo amazi ziyajyana mu gace k’Amayaga.
Leta y’u Rwanda, mu ijwi rya Minisitiri w’ingabo n’uw’ububanyi n’amahanga, iravuga ko FDLR nikomeza kugaba ibitero mu gihugu, izahita ikurikiranwa hatitawe ku ma raporo ashinja u Rwanda.
Minisitiri w’Intebe yasabye ko Equity bank yongera umubare w’abenegihugu bayikorera hamwe n’abitabira kuzigama, hibandwa cyane cyane ku rubyiruko n’abagore mu bice by’icyaro.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB), Prof. Anastase Shyaka, aratangaza ko nubwo ubundi bushakashatsi bwagaragarije ko u Rwanda aricyo gihugu cya mbere gitekanye ku isi, u Rwanda ruzakomeza gushakira Abanyarwanda icyiza.
Abasezeye umwuga w’uburaya baratangaza ko bashobora gukoresha akagoroba k’ababyeyi bakangurira abashakanye kwirinda gucana inyuma, kuko bazi neza amayeri abashaka gusenya ingo muri ubwo buryo bakoresha.
Abantu batanu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’i Burengerazuba Jabo Paul bategetswe kwishyura ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 buri muntu, kubera guhamwa n’icyaha cy’uburangare no kwica itegeko rigenga itangwa ry’amasoko ya Leta.
Urubyiruko rw’umuryango FPR-Inkotanyi mu Kagali ka Kabeza, Umurenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo rwatashye ku mugaragaro inzu rwubakiye umukecuru muri gahunda yo kuremera abatishoboye.
Imitungo y’umugore witwa Mukashyaka Veneranda wo mu mudugudu w’Akimpara, akagari k’Urugarama, umurenge wa Gahini mu karere ka Kayonza yatejwe cyamunara n’umuntu utarayitsindiye mu rubanza.
Inama yahuje umuyobozi w’akarere ka Nyanza n’abashinzwe imibereho myiza n’iterambere ry’abaturage mu tugali twose tugize ako karere yemeje ko abayobozi batarara aho bakorera bagiye gutangira guhabwa igihano bikarishye birimo kwirukanwa ku mirimo.
Ikipe y’igihugu y’igimbi y’umukino wa Volleyball yahawe itike yo kwitabira imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika izabera i Tunis muri Tuniziya, kuva tariki 28/02-09/03/2013.
Chairperson w’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu ntara y’Uburasirazuba akaba na guverineri w’iyi ntara arashima politiki ya FPR yahinduye isura mbi yari ku Munyarwanda none ubu n’abanyamahanga bakaba bifuza kuba Abanyarwanda.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Caharles Kayonga, avuga ko ikibazo cya FDLR ihungabanya umutekano w’u Rwanda kizakurikiranwa ku rwego rw’akarere k’ibiyaga bigari nyuma y’igihe kitari gito gihangayikishije u Rwanda.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga baratangaza ko batinya kugana imirenge SACCO kuko bumva ko ishobora guhomba nk’uko za microfinance zahombye mu myaka ishize.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba uturere kwishakamo ibisubizo kuko byagaragaye ko bishoboka ko bimwe mu bibazo byakemuka nta nkunga ivuye ahandi.
Inzeko za polisi mu Ntara y’Uburasirazuba zirakeka ko abarashe umusore witwa Nshimyumurwa Bonaventure bamukekagaho amafaranga kuko bamutwaye agakapu yari afite ku rutugu avuye gucuruza mu isoko rya Ntunga muri Rwamagana.
Minisitiri ushinzwe ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda, Francois Kanimba, aranenga amabanki yakiriye imishinga abaturage bari batekereje muri gahunda ya Hanga Umurimo, bakayibika mu tubati ntibayihe inguzanyo cyangwa ngo bayisubize ba nyirayo bazishakire undi muterankunga.
Abakoresha umuhanda mukuru wo mu mujyi wo mu karere ka Muhanga uzwi ku izina rya Kigali-Butare barinubira ko ari muto kandi ugendwa n’abantu benshi kuko uhuza imijyi minini.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt.Gen Charles Kayonga n’umuyobozi wa Polisi IGP Emmanuel Gasana bagiranye ikiganiro n’inzego z’ibanze mu karere ka Rubavu kuri uyu wa kabiri tariki 04/12/2012, bababwira ko FDLR itakomeza kubatera ubwoba kuko ikibazo cyayo cyahagurukiwe n’akarere.
Habiyambere Samuel wo mu mudugudu wa Nyamatete, akagari ka Nyamugari, umurenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga akurikiranyweho kwiba moto.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Rulindo bavuga bashimishwa n’ibikorwa bagenda bageraho ku giti cyabo nta nkunga z’amahanga zitanzwe. Ngo niyo izo nkunga zitaboneka bazakomeza kwiyubakira igihugu nk’uko bakirwaniriye.
Noneninjye Jean Crallene ukora mu kigo cya Tumba College of Technology, avuga ko ashaka gutoza urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo gukora siporo ariko akeneye ubufasha.
Havugimana Jules w’imyaka 13 utuye mu murenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi amaze kwigurira ihene ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 10, abikesha inyungu yakuye mu bucuruzi bw’amagi.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 16 witwa Ndatimana Jason wo mu mudugudu wa Mushungo, akagari ka Nyarusange, umurenge wa Kirimbi mu karere ka Nyamasheke, yarohamye mu kiyaga cya Kivu ubwo yari agiye kuvoma ahita yitaba Imana tariki 03/12/ 2012.
Abafite ubumuga butandukanye bagaragaje ko bakibangamirwa mu buryo bunyuranye, burimo no kubura uko bahabwa serivisi. Babitangaje mu gihe isi yongeye kubazirikana, kuri uyu wa mbere tariki 02/12/2012.
Umuyobozi wa polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana, arasaba Inkeragutaba zo mu karere ka Musanze kwima amatwi ibihuha, maze bagacunga umutekano wabo ndetse n’uw’abandi bashinzwe kurinda.
Urugendo rw’Amavubi muri CECAFA rwarangiye, ubwo yatsindwaga na Tanzania ibitego 2-0 mu mukino wa ¼ cy’irangiza wabereye kuri Stade Lugogo kuri uyu wa mbere tariki 03/12/2012.
Mu mpera z’icyumweru kirangiye, inzu ebyiri zafashwe n’inkongi y’umuriro watewe na sirikwi ijyanye no kwesitara amashanyarazi nabi maze zirashya zirakongoka; nk’uko Polisi ibitangaza.
Abana babiri baturikanwe n’igisasu mu gitondo cyo kuri uyu wa 03/12/2012 mu Mudugudu wa Mutara, Akagali ka Raba, Umurenge wa Minazi, Akarere ka Gakenke bahita bitaba Imana.
Urugaga rw’urubyiruko ruri mu muryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamagabe rwubakiye umukecuru, umwe mu bahejwe inyuma n’amateka utishoboye utagiraga aho yikinga.
Umwana w’amezi 10 witwa Ishimwe Kevin wo mu mudugudu wa Kavumu, akagali ka Gahondo, mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yitabye Imana aguye mu ndobo y’amazi.
Mutabaruka Gakumba Desire, Munyemana Jean Pierre, Twahirwa Prothegene, Habiyaremye Theodere na Niyosenga Octave barashinjwa kuba barateye urugo rwa Nsengiyumva Euraste tariki 29/11/2012 bagiye kumwiba bagatema abantu batatu bari batabaye.
Umugabo witwa Nyarwaya Jean Pierre utuye mu murenge wa Ruhunde, mu karere ka Burera yiganye ingoma za kizungu maze azikora yifashishije ingoma za Kinyarwanda zikoze mu ruhu rw’inka.
Umuyobozi w’umuryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamagabe, Philbert Mugisha aratangaza ko FPR-Inkotanyi yabahesheje agaciro ikabahindurira amateka, abantu bakaba batacyumva Gikongoro ngo bumve inzara n’abaturage bakennye cyane.
Abana b’umugore mukuru w’umugabo witwa Hategekimana Samson bakambitse mu gikari cy’umugore we muto kubera amakimbirane bafitanye ashingiye ku masambu.
Abaturage bo mu karere ka Nyagatare bizihije isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ivutse ndetse banishimira ibikorwa yabagejejeho nko kubakirwa no korozwa; banakangurirwa kongerera agaciro ibyo bakora no guharanira kwiteza imbere.
Abagabo babiri batawe muri yombi n’abamotari tariki 01/12/2012, mu Murenge wa Rushashi, Akarere ka Gakenke bazize kutambara ingofero-ndindamutwe (casque) bituma bimenyekana ko moto yo mu bwoko AG 100 bari batwaye bayibye mu Karere ka Rulindo.
Nubwo imyaka 25 ishize umuryango FPR-Inkotanyi uvutse, ibikorwa by’uyu muryango biracyakomeza kuko ubu aribwo ifite icyerekezo cy’imbere kandi gihamye.
Ubwo Abanyarulindo bizihizaga isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ivutse, bishimiye ibyo uwo muryango wabagejejeho birimo kuba barabashije kuva mu bukene, kugira umutekano, kuva mu bujiji n’ibindi byinshi bitandukanye bagiye bavuga.
Amarimbi arenga 100 mu gihugu cya Benin yibwemo bimwe mu bice by’imibiri y’abantu bashyinguyemo ijyanwa gukoreshwa mu bupfumu bwo mu bwoko bwa “Voodoo” bufasha abantu kugera ku bukire bw’agahebuzo, ibyishimo n’ubudahangarwa.