Nyuma y’aho u Rwanda rwari rumaze iminsi ruhagaze ku rutonde rwa FIFA, ubu rwongeye gusubira inyuma ho imyanya igera kuri 21, nyuma y’aho u Rwanda mu mezi agera kuri 12 ashize rwakinnye imikino igera kuri ine ku rwego rw’ikipe nkuru y’igihugu.


Ibihugu 10 bya mbere ku Isi
1 Ubudage
2 Ububiligi
3 Argentina
4 Colombia
5 Brazil
6 Ubuholandi
7 Portugal
8 Uruguay
9 France
10 Espagne

Ibihugu 10 bya mbere muri Afrika ku rutonde rw’Isi
21 Algeria
24 Côte d’Ivoire
29 Tunisia
34 Ghana
36 Senegal
38 Cape Verde Islands
43 Nigeria
45 Guinea
47 Congo
49 Cameroon
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter,umutoza w’ikipe y’Igihugu Amavubi Johnny McKinstry yagaragaje nawe ko atishmye umwanya u Rwanda rugezeho mu gihe rwakinnye imikino igera kuri ine mu mezi 12 ashize.

Kuva uru rutonde rwatangira gukorwa, nibwo bwa mbere mu mateka u Rwanda rusubiye inyuma ho imyanya myinshi (21) nyuma y’aho mu kwezi kwa karindwi 2009, u Rwanda rwari rwasubiye inyuma ho imyanya 17.
Sammy IMANISHIMWE
National Football League
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Aho niho hacu. Niba kandi nta gikozwe mu buyobozi tuzisubirira mu majana.