Nyuma yo kugirira imvune mu mukino ikipe ya APR FC yatsinzemo Rayon Sports ibitego bine ku busa, Umukinnyi Mwiseneza Djamar ntazagaragara mu mukino wo kwishyura n’ikipe ya Liga Muculmana de Maputo ku wa gatandatu tariki ya 28/02/2015.
Ku wa gatatu tariki 25/02/2015, Anaclet Bagirishya yakoresheje imyitozo ye ya mbere nk’umutoza mukuru w’ikipe y’APR handball Club asimbuye Munyangondo Jean Marie Vianney.
Uwamahoro Chantal w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Nyarupfubire, Akagari ka Nyarupfubire mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare yakuyemo inda y’ abana 2 b’impanga arabica afatwa amaze guta umwe mu musarane.
Abaturage bo mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza batumye umuyobozi wabo ngo ababwirire Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko bamusaba kuziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu muri 2017.
Iterambere ry’imyubakire mu Karere ka Nyarugenge, kamwe mu turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali, riri muri bimwe bihesha isura nziza umujyi wa Kigali.
Umuyobozi mushya w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aimé Fabien, aravuga ko ubufatanye no gutahiriza umugozi umwe n’inzego zitandukanye zirimo Inama Njyanama y’akarere ndetse n’abandi bayobozi batandukanye bako ari byo bizamufasha kugera ku nshingano ze.
Abahinga mu gishanga cya Kayumbu giherereye mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko bajya bagira ibibazo byo kurumbya kubera izuba, bakavuga ko nubwo mu gishanga harimo amazi batitabira gahunda yo kuvomerera kuko nta bikoresho bafite kandi igishanga kikaba kidatunganyije.
Ubuyobozi bwa Groupe Scolaire Nyarugenge riri mu Kagari ka Burima, Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, ngo bwishimiye kuba Akarere ka Ruhango karabubakiye amashuri ajyanye n’igihe, nyuma y’uko bakoreraga mu mashuri ashaje yubatswe mu mwaka 1962.
Bamwe mu bikorera ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere bakorera mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko umwanya bahabwa wo kugaragaza ibikorwa byabo mu ruhame ari ingenzi kuri bo, kuko utuma bunguka abakiriya bashya.
Col Tom Byabagamba na bagenzi be bakurikiranyweho gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko, basabye urukiko ko barekurwa bakaburana bari hanze, ariko ubushinjacyaha bwo buhakana iki cyifuzo buvuga ko bakurikiranyweho ibyaha biremereye bishobora gutuma batoroka igihugu.
Maurix Music Studio, inzu itunganya umuziki yamamaye cyane mu Rwanda mu mwaka wa 2009 ubwo yakoragamo producer Maurix afatanyije na Dr JACK uherutse kwitaba Imana, yamaze gufungura imiryango i Kigali.
Mu turere tw’u Rwanda tutari dufite abayobozi habaye ibikorwa byo gutora ababasimbura ku wa 25/02/2015 kandi bose bamaze kumenyekana.
Umugabo witwa Nshimiyimana Alphonse utuye mu Mudugudu wa Nyarucyamo II, mu Kagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye yaraye akubiswe ahinduka intere, afatiwe mu ishuri riri muri uwo mudugudu ryitwa Gahogo Adventist Academy arimo kwica inzugi ngo yibe mu bubiko bw’iryo shuri.
Bamwe mu banyamakuru baravuga ko kuba hakiri abayobozi bashaka kwikubira umutungo w’igihugu aho gushyira inyungu z’abanyarwanda imbere, ari imwe mu bishobora gukoma mu nkokora ibigamijwe muri gahunda ya “Ndi umunyarwanda”.
The Rock, ari we Dwayne Douglas Johnson, afite imyaka 42, yavukiye mu Mujyi wa Hayward, Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) tariki 2 Gicurasi 1972 akaba umukinnyi wa kaci winjiye muri sinema aba umwe mu bakinnyi na Filimi bakize muri USA.
Intumwa z’ibihugu by’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) zishinzwe gushaka no gusubizaho imbago zihuza ibihugu byombi hagati y’intara ya Kivu y’Amajyaruguru n’Akarere ka Rubavu ziravuga ko bamaze gushyiraho imbago eshatu zizashingirwaho mu gusubizaho imipaka ku ruhande rwa RDC, hakaba hagiye no (…)
Muri uyu mwaka wa 2015-2016, Intara y’Iburengerazuba ngo ifite imishinga mirongo irindwi n’itandatu izatwara miliyari miliyari 55 na miliyoni 362 n’ibihumbi 292 na 594 mu rwego rwo guteza imbere imijyi n’imiturire rusange ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, aravuga ko ubu bamaze gufata ingamba z’uko rwiyemezamirimo azajya akora urutonde rwabo yakoresheje amafaranga yabo agashyirwa ku ma konti na minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), mu rwego rwo gukemura ikibazo cya ba Rwiyemezamirimo bambura abaturage.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka aratangaza ko mu gihe abanyarwanda bakomeza kwiyumvamo amoko y’ubuhutu n’ubututsi badateze gutera imbere, kuko iturufu y’ubwoko ariyo yakomeje kumunga ubunyarwanda no kubwangiza ari nako yangiza ejo heza h’abanyarwanda.
Abatoza 36 nibo basabye gutoza ikipe nkuru y’igihugu Amavubi nyuma y’aho umutoza Stephen Constantine asezereye kuri uyu mwanya akajya gutoza ikipe y’igihugu y’ubuhinde.
Abaturage babiri barwanye umwe akubita undi ibuye amumena umutwe bapfuye ko amwishyuza urwagwa yari amaze kugura.
Umuryango Handicap International, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2015 mu nama wagiranye n’abayobozi b’ibigo by’amashuri, wabasabye gushyigikira amatsinda y’abanyeshuri arwanya ihohoterwa rishishingiye ku gitsina (Anti-GBV Clubs) kuko ngo byafasha mu kurirandura.
Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Mururu, urukiko rwa gisirikare rwakatiye igifungo cy’imyaka icumi n’ihazabu isaga miliyoni n’igice z’amafaranga y’u Rwanda Private Habakwitonda Apollinaire, umusirikare mu ngabo z’u Rwanda (RDF) washinjwaga gusambanya umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko ku ngufu akanamutera inda itifuzwa.
Abakoresha umuhanda uva mu Mujyi wa Kabarondo ujya muri Pariki y’Akagera bishimiye kuba ugiye gusanwa kuko wari warangiritse ku buryo watezaga ibibazo birimo no guhuhura bamwe mu barwayi bajyaga kwivuriza ku bitaro bya Rwinkwavu, nk’uko babivuze ubwo hatangizwaga imirimo yo gusana uwo muhanda tariki 24/02/2015.
Abantu batandatu bafite ubumuga bw’ingingo bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24/02/2015, bahawe inyunganirangingo z’amagare atandatu yatanzwe ku nkunga y’Umuryango “Road to Jannah” wo mu Bwongereza ku bufatanye n’Umuryango Nyarwanda “Umbrella for Vulnerable” ufasha abatishoboye.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe bahawe ihene, batangaza ko bagiye kubona igifumbira uturima twabo tw’igikoni, kugira ngo barwanye imirire mibi mu bana no mu muryango muri rusange banakumire ikibazo cyo kugwingira gikunze kugaragara mu karere ka Nyamagabe.
Ingabo za Congo (FARDC) ziratangaza ko zatangiye urugamba rwo kugaba ibitero ku birindiro by’inyeshamba za FDLR, biherereye muri Kivu y’Amajyepfo mu gace ka Uvira n’ahandi hitwa Reyo, ariko abaturage bo bakavuga ko hari kuraswa undi mutwe wa FNL.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatumiwe mu nama y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Muco (UNESCO) izabera mu mujyi wa Paris mu Bufaransa, igamije guteza imbere ikoranabuhanga hakoreshejwe telefoni zigendanwa
Itangazo rya minisitiri w’Intebe mu Rwanda riravuga ko guhera kuwa 24/02/2015 Ambasaderi Joseph Habineza atakiri Minisitiri w’umuco na Siporo, akaba yasimbuwe na madamu Uwacu Julienne wari usanzwe ari umudepite.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite ibirango T223ANH na T760ANY yari itwawe n’umushoferi witwa Kisanga Charles Peter w’imyaka 41 yagonze umunyegare witwa Nsengimana Evariste wari uri mu kigero cy’imyaka 19 ahita apfa.
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma iravuga ko amazu 173 mu karere kose yangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye muri aka karere ku gicamunsi cyo ku wa 23/02/2015.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye Komite ihoraho y’ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe imiturire (UN- Habitat), aho bemeranyijwe ku kunoza imiturire mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi itandatu iciriritse; mu rwego rwo kurinda abaturage gukomeza gutura mu tujagari no kubegereza iterambere.
Minisitiri w’Intebe wungirije unashinzwe ububanyi n’amahanga mu gihugu cy’Ububiligi, Didier Reynders ku wa kabiri tariki ya 24/02/2015 yageze mu Mujyi wa Goma agiye gusaba ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), FARDC gufatanya n’ingabo z’umuryango w’abibumbye, MONUSCO kwambura intwaro umutwe wa FDLR.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodice arasaba ababyeyi n’abarezi gufatanyiriza hamwe bagahagurukira isuku y’abana.
Abapolisi bagiye kujya bahabwa amahugurwa mu bumenyi n’ikoranabuhanga, binyuze mu masezerano Kaminuza y’u Rwanda (UR) yagiranye na Polisi y’igihugu, ku wa kabiri tariki 24/02/2015.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika bwasabye Leta ya Kongo gukuraho amananiza ishyira kuri Monusco bagafatanya kwambura ku ngufu za gisirikare intwaro abarwanyi ba FDLR banze kuzishyira hasi ku bushake kandi bari bahawe ku wa 2 Mutarama 2015 nk’itariki ntarengwa.
Ubuyobozi bw‘Akarere ka Ngororero buvuga ko bwiyemeje kwishyuza ku ngufu abantu ku giti cyabo cyangwa amatsinda y’abantu yahawe inguzanyo muri VUP ariko ntibayakoreshe ibyo bayasabiye ndetse bamwe bakaba nta n’ibikorwa bayakozemo.
Ubuyobozi bw’umuryango Shalom Education for Peace buvuga ko hatewe intambwe ikomeye mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge binyuze mu banyapolitike bagaragaje ubushake bwa politike bwo gushyigikira ubumwe n’ubwiyunge ndetse bagatanga umurongo ngenderwaho, ariko ko mu baturage bo hasi hagikenewe imbaraga kugira ngo habeho kubwizanya (…)
Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare y’u Rwanda bakiranywe icyubahiro ubwo bageraga mu Rwanda baturutse mu gihugu cya Gabon mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite (PAC), kuri uyu wa 23 Gashyantare 2015 bashimye intambwe imaze guterwa n’Akarere ka Nyanza mu gukosora amakosa kari kanenzwe muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imali ya Leta ya 2012-2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, buratangaza ko guhera kuri uyu wa kabiri ya 24 Gashyantare 2015, isoko ritangira kurema kabiri mu cyumweru, rikazajya rirema buri wa wa kabiri na buri wa Gatanu.
Bamwe mu bacuruza urwagwa mu Mirenge ya Mimuli na Nyagatare yo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko batakibona abakiriya, ahanini bitewe n’uko igiciro cy’ibigori kiri hasi bityo abaturage bagurisha umusaruro wabo ntibasengere.
Umuhanzi Doxa, umwe mu bahanzi bagaragayeho ibikorwa by’ubushabitsi bindi bibinjiriza bitari ubuhanzi gusa ngo kuba ari umuhanzi ntibimubera imbogamizi mu bucuruzi bwe b’inkweto.
Abikorera bo mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa 23 Gashyantare 2015 bagiranye inama n’Ubuyobozi bw’ako karere yari igamije kongera kureba uruhare rwa buri wese mu Kigega Agaciro Development Fund (AgDF) maze ku ikubitiro bakusanya abarirwa muri miliyoni 8 n’ibihumbi 398 (8398000FRW).
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) igaragaza ko umucuruzi ubereye u Rwanda ari umucuruzi ukunda igihugu cye, agakora ubucuruzi bwemewe n’amategeko kandi agatanga imisoro uko bikwiye ntawe ubimuhatiye.
Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku miturire (UN-Habitat), Dr Joan Clos arashima u Rwanda kuba ruri guteza imbere imiturire hongerwa imijyi yunganira uwa Kigali, kuko bizafasha iterambere gukwira mu gihugu kurusha uko umujyi wa Kigali warushaho gutera imbere wonyine.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 30 y’amavuko witwa Jérôme Muyoboke wari mucungamutungo w’ikigo nderabuzima cya Musasa giherereye mu Murenge wa Musasa ho mu Karere ka Rutsiro, ari gushakishwa n’inzego z’umutekano akekwaho gutorokana amafaranga y’u Rwanda miliyoni 6 y’iryo vuriro.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Mirenge ya Sake na Mutendeli yo mu Karere ka Ngoma ku gicamunsi cyo ku wa 23/02/2015 yasakambuye amazu y’abaturage, ishuri ribanza rya Nshiri ndetse abantu bane barakomereka.
Akarere ka Ngoma katashye ku mugaragaro ibyumba by’amashuri icyenda n’ubwiherero 12 byatwaye miliyoni zigera kuri 48, muri gahunda yihariye yo gusimbuza bimwe mu byumba by’amashuri bishaje.
Mukambarushimana Esther wo mu mudugudu wa Bara, Akagari ka Rubimba mu Murenge wa Kabare wo mu Karere ka Kayonza yaturikanywe n’ingunguru yari atekeyemo kanyanga kuri uyu wa 22 Gashyantare 2015 ahita apfa.