Muhanga: Bahumurijwe ku rujya n’uruza rwa Drones

Ikigo cy’igihugu cy’indege za Gisivire cyasabye abatuye mu Karere ka Muhanga kutagira impungenge igihe bazabona utudege tutagira abapilote mu kirere.

Imirimo yo kubaka ikibuga cy'indege zitagira abapirote i Ruri mu Karere ka Muhanga irarimbanyije.
Imirimo yo kubaka ikibuga cy’indege zitagira abapirote i Ruri mu Karere ka Muhanga irarimbanyije.

Umukozi w’iki kigo, Bazatoha Claver avuga ko umushinga w’indege zitagira abapilote (Drones), urimo ibice bibi aho kimwe kizabanza gukora igerageza ryo kureba niba izi ndege nta kibazo cy’impanuka zateza mu kirere nk’izindi ndege zose za gisivile.

Avuga ko zizabanza kugurukira hafi kuri kilometero imwe aho umupilote wicaye i Ruri azajya ayigurutsa hanyuma abari i Kigali bakavugana na we basuzuma niba nta kibazo ifite, nyuma y’isuzuma hagatangira akazi kazo ko kugeza amaraso aho akenewe.

Bazatoha asaba abaturage kutagira impungenge igihe izi ndege zizatangira kuguruka mu kirere cyabo.
Bazatoha asaba abaturage kutagira impungenge igihe izi ndege zizatangira kuguruka mu kirere cyabo.

Agira ati “Umupilote azajya aba yicaye i Ruri yifashishije ikoranabuhanga ryabugenewe abashe kuyikontorora mu kirere, nimubona turiya tudege tuguruka ntimukabyibazeho ngo twabonye ibintu bitunyura hejuru bidasanzwe.”

Ku ikubitiro izi ndege zizagwa ku kibuka kiri kubakwa mu ka Ruri mu Murenge wa Nyamabuye, zizanye amaraso ku bitaro bya Kabgayi, nyuma hatangire imishinga yo kuzigeza no mu zindi Ntara.

Ubwoko bw'utudege tuzifashishwa mu gutwara amaraso bwatangiye kugera mu Rwanda.
Ubwoko bw’utudege tuzifashishwa mu gutwara amaraso bwatangiye kugera mu Rwanda.

Keller Renaudo , umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’Abanyamerika Zipline, kiri gufata n’u Rwanda muri uyu mushinga mu kugeza izi ndege mu Rwanda no gutunganya ibibuga byazo, avuga ko u Rwanda ari cyo gihugu cya mbere ku isi gitangije uyu mushinga kandi ko uzabera icyitegerezo abandi igihe uzaba utangiye gutanga umusaruro.

Ati “Turifuza ko aho mu Rwanda ntawuzongera kugira ikibazo cy’amaraso haba igihe umuhanda wapfuye haba ahantu hatagendeka neza.

Keller avuga ko afite icyizere cyo kubona u Rwanda ruba intangarugero mu kugoboka abakeneye amaraso ku isi hifashishijwe indege zitagira abapilote.
Keller avuga ko afite icyizere cyo kubona u Rwanda ruba intangarugero mu kugoboka abakeneye amaraso ku isi hifashishijwe indege zitagira abapilote.

Kandi u Rwanda rurarusha ibindi bihugu byose byo ku isi yaba Amerika, uburayi n’ahandi gukoresha ubu buryo twizera ko ruzabera isi yose urugero muri iri koranabuhanga.”

Ikibuga cy’i Ndege cya Ruri kirimo kubakwa vuba hanashyirwa ibikoresho bizifashishwa mu kuyobora izi ndege, biteganyijwe ko imirimo izatangira bitarenze uyu mwaka wa 2016.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

ni byiza pe.

mahoro yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

ni byiza pe.

mahoro yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

u RWANDA rurakataje mu majyambere kabisa.

mahoro yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

hhhhhh! ngo amaraso?! nuko nyine nubundi bitagabanya igiciro cy’ ibirayi n’ isukali naho ubundi nta maraso!!!

haf yanditse ku itariki ya: 1-09-2016  →  Musubize

1.ese urwanda nicyogihugu ku.isi kìnini kuburyo ambirans zitageza amaraso kubayakeneye? 2 ese urwanda nicyogihugu gituwe na bantu beshi kwisi? 3ese urwanda nicyogihugu gikize cyane kwisi ? Cyangwa hari I kindi kibyihishe inyuma badashaka kugaragaza nko kwitegura intambara ndangije mbashimira ubwitange bwanyu murakoze imana ibane namwe mubyo mukora byose

alias yanditse ku itariki ya: 31-08-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka