Nyuma y’iminsi atagaragara mu myitozo y’ikipe ya Rayon Sports, aho bivugwa ko yitegura kwerekeza mu gihugu cya Maroc, Muhire Kevin ari kwikorera imyitozo isanzwe i Gikondo, mu gihe agitegereje ibyangombwa ngo ajye muri Maroc.
Mu kiganiro yagiranye na Radio Salus, yayitangarije ko impamvu adakorana imyitozo na Rayon Sports ari uko nta masezerano bafitanye ari yo mpamvu nta gikorwa na kimwe cyayo yemerewe kwitabira.
Yagize ati "Centre ya Gikondo ni yo kipe imfiteho uburenganzira kugeza ubu, amasezerano na Rayon Sports yararangiye, byavugaga ko niba amasezerano ya mbere arangiye igomba gusubira muri centre bagakorana andi masezerano, mu gihe batarasubirayo bivuga ko nta gikorwa cya Rayon Sports ngomba kwitabira"

Muhire Kevin avuga ko yagurijwe, gusa ngo ntazabambura azabishyura neza
"Ni nk’aho bangurije, abayobozi ba Rayon barampagaye ngira ngo ni kwa kundi umuyobozi asangira n’umukinnyi we, narahageze bahita bantungura ngo mbasinyire amasezerano, naho ubundi ni nk’amafaranga bangurije angana na Milioni 4.5 Frws"
"Nabifashe nk’amafaranga bangurije kandi nteganya no kuyabasubiza vuba, gahunda zanjye nizicamo nta kuntu nagenda ntayabasubije, mu kwa mbere ni bwo isoko ryo kugura abakinnyi rifungura, nzagenda narayabahaye" Muhire Kevin aganira na Kigali Today
Ibiganiro n’ikipe ya Maroc ngo byararangiye, ubu yiteguye kugenda
"Ibiganiro byagenze neza, vuba nibishoboka ndagenda, byose byararangiye, igisigaye ni Viza kandi nayo iri hafi gusohoka, Rayon Sports hari ibyo itubahirije mu masezerano yanjye, yari yagiranye amasezerano na Centre yanjye mu myaka ibiri ishize aza kurangira"

Muhire Kevin waje mu ikipe ya Rayon Sports avuye mu Isonga FC aho yayisnyiye imyaka ibiri, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwo buvuga ko yari yarongereye amasezerano y’indi myaka ibiri, ubu bikaba bivugwa ko azerekeza mu ikipe ya Maroc aho yazamara amezi atatu mu igeragezwa, yakwitwara neza akayisinyira mu kwezi kwa mbere
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Kevin ngeran
geza urebe ahazaza hawe wanjye,wishaka gushyira icyavu mwizina ryawe
isubireho tuuu
wa mwana we watuje ugakina umupira ko ibyo ari umurengwe ntamuntu utwihenuraho ngo bimugwe amahoro umenyeko na Savio byamucanze nkanswe wowe?
nakore ibimurimo kuko gukora ibyo adakunze nibimuha amahirwe
niyigendere gushaka ikipe nyakipe ubwo sigusa yatangiye guhura namazimano atajya ava muri reyo sprt
Muhire kevin, nabonaga arumwana ufite ejo hazaza,ariko uko bigaragara, ndabona ashaka kwica kariyeri yumupira we, atuze akine umupira aracyarimuto, nabone ko arumukinlyi wijyitangaza.
Umugabo Bwengebuke ngo yaneye aho atema!Mister Kevin unanichekesha!
Contra ara
Contra aryifite imyaka 2 ngobaramurije?
Uyumuhungu aribeshya Mandi muzabibona,ntawuhana uwahanutse
"Burya koko utaratahirwa ubukwe agirango ntibazi kubyina",kdi ngo utazi ubwenge ashima ubwe,KEVIN ikipe akina na yo arayizi ?Niba mbeshya azabaze Ferwafa,ngo harya baragushutse urasinya,ese uri mineur?Ubundi ngo barakugurije ,ese uzabishyura ku nyungu ya kangahe ku ijana,ese nutsindwa igeragezwa uzerekera he?Nuritsinda se bwo release letter uzayihabwa na nde?Njye mbona ukwiye abakugira inama hato utazamera nka Sina Jerome.
vana iterabwoba aho wamurezi we, gasenyi se irihejuru yamategeko, niba nta contract afite FERWAFA izamuha lettre
ubwo hari abari kumushuka nawe mumwihorere azicuza, gusa jye mbona ameze nkutuzuye mumutwe, kandi abantu bameze nkawe bariho. nategereze urumutegereje, niba hari aho yasinye arengeje 18ans bizamugaruka vuba cg kera.
Ubwo nyine Iri niryo herezo rya Muhire Kevin muri Ruhago. Mbabajwe n’impano wari ufite ipfuye ubusa.