Kuva tariki ya 20 Werurwe kugera 01 Gicurasi 2020 ikipe ya Patriots BBC izakina imikino y’ijonjora rya gatatu rya Basketball Africa League.
Umugabo witwa Jean Damascene Mporamusanga wo mu Kagari ka Ruhinga, Umurenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, yasanzwe imbere y’urugo rwe yapfuye, nyuma y’amakimbirane yari yaraye agiranye n’umugore we Nyirabukara Odette.
Umwe mu bakobwa barimo guhugurirwa mu kigo cya Mutobo witwa Mukanoheri Joselyne, nyuma y’uko mu buzima bwe bwose yabumaze mu mashyamba ya Kongo ari na ho yavukiye, ubwo yabazwaga uburyo babagaho muri ayo mashyamba, mu kiniga cyinshi yagize ati “Natojwe igisirikare ndi umwana ariko ntibampa ipeti, nari soldat sans matricule (…)
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 02 Werurwe 2020, ikipe ya Etincelles FC ikinira kuri stade Umuganda mu Karere ka Rubavu yasinyishije umutoza Calum Haun Selby igihe kingana n’amezi ane.
Umunsi wa 21 wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda uzakinwa kuwa kabiri tariki ya 03 n’iya 04 Werurwe 2020.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, bifuza ko ibagiro rya kijyambere bamaze igihe barijejwe ryakubakwa. Ni nyuma y’uko aho iryahoze mu Kagari ka Ruhengeri rimaze igihe ryarahagaritswe gukorerwamo kubera ko ryari rishaje, ryimurirwa mu murenge wa Gataraga.
Coronavirus ni icyorezo cyugarije isi guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2020, kikaba mu mezi abiri gusa kimaze guhitana abarenga ibihumbi bitatu hirya no hino ku isi.
Banki Nkuru y’u Rwanda(BNR) hamwe n’impuguke mu by’ubukungu, baraburira abantu ko ibiciro by’ibicuruzwa bishobora gukomeza kuzamuka mu buryo budasanzwe bitewe ahanini n’imihindagurikrie y’ibihe, kuzamura ibiciro by’amashanyarazi ndetse n’icyorezo cya Coronavirus
Ubuyobozi bwa WASAC ishami rya Musanze, buvuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi kimaze iminsi kigaragara mu bice by’Umujyi wa Musanze, kiri guterwa no kuyasaranganya no gusimburanya amatiyo ashaje.
Abatuye mu Mudugudu w’Agatare mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, bishimira amashanyarazi y’imirasire y’izuba bahawe na Polisi y’u Rwanda, kuko yabafashije gutangira kuva mu bukene.
Abahanga mu bwubatsi bahamya ko ikibazo cy’ubukonje (Humidité) bwangiza inkuta z’inzu ahagana hasi, aho zomokaho irangi n’isima iterwa ku matafari, gihangayikishije ariko ngo kikanaterwa n’ubumenyi buke mu myubakire.
Ba Agronome bo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, bakomeje gutungwa agatoki na Minisiteri y’Ubuhinzi (MINAGRI), ibashinja gutererana abaturage no kubima amakuru ajyanye n’ubuhinzi, ibyo bikaba bikomeje guhombya abahinzi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Ignacienne Nyirarukundo, avuga ko adashyigikiye kuba hari ababyeyi bahabwa akazi muri gahunda ya VUP aho kukikorera bagatumayo abana babo.
Urubyiruko rwo mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Musanze ruremeza ko n’ubwo ako gace ariko gakize ku bakinnyi benshi muri Tour du Rwanda, ko hakiri urubyiruko rwinshi rufite impano mu mikino y’amagare bitewe no kubura amikoro.
Dr. Isaac Munyakazi wari Visi Perezida wa kabiri mu Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), nyuma y’ibimuvugwaho byo kurya ruswa, byanamuviriyemo kwegura muri Guverinoma.
Igitaramo ngarukakwezi cy’urwenya gitegurwa na Arthur Nation, cyatamyemo umunya-Nigeria Kenny Blaq na mugenzi we wo muri Afurika y’Epfo Ndumiso Lindi.
Isiganwa rizenguruka u Rwanda (Tour du Rwanda) ry’umwaka wa 2020 risojwe kuri iki cyumweru tariki 01 Werurwe 2020.
Leta y’u Rwanda iherutse gushyiraho iteka ryerekeye inkunga y’ubwisungane mu kwivuza itangwa na Leta hamwe n’itangwa n’ibigo by’abikorera.
Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye n’ayigisha imyuga mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko ibiganiro bahabwa mu mahuriro y’Ubumwe n’Ubwiyunge zabafashije kurwanya ivangura rishingiye ku turere.
Inkuru y’urupfu rwa Prince Charles Kwizera yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Gashyantare 2020.
Polisi y’u Rwanda na Polisi y’igihugu cya Turukiya bemeranyije gukomeza gushimangira ubufatanye mu nzego zitandukanye by’umwihariko mu kubaka ubushobozi.
Abatwara abagenzi kuri moto bavuga ko bahanishwa amakosa batakoze ndetse ngo hari igihe babona ubutumwa bubamenyesha amande baciwe batari mu kazi kimwe no gucirirwa amande ahantu batageze.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko uretse kuba bakunda kwihera ijisho irushanwa mpuzamahanga ry’amagare rizenguruka igihugu (Tour du Rwanda) ngo rinabasigira agatubutse.
Umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi Amina Layana, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda, yemeje ko u Rwanda rufite amahirwe menshi yo kwakira irushanwa ry’umukino w’amagare ku rwego rw’isi rizaba mu mwaka wa 2025.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Lt Col Dr. Mpunga Tharcisse, avuga ko mu mwaka wa 2021 nta Munyarwanda urwaye umwijima wo mu bwoko bwa C (Hépatite C) uzaba adafata imiti.
Umuhanzi Joeboy waturutse muri Nigeria yafatanyije n’abahanzi b’Abanyarwanda mu gususurutsa abitabiriye igitaramo ngarukakwezi cya Kigali Jazz Junction, kibaye ku nshuro ya mbere muri 2020.
Mu gace ka karindwi aho umuntu yakinaga ku giti cye, umunya-Colombia Restrepo Valencia yongeye kwegukana agace yanikiye abandi
Abikorera bo mu turere twa Burera na Gicumbi batangiye uburyo bwo gukwirakwiza ibicuruzwa mu ma centre yegereye umupaka uhuza u Rwanda na Uganda.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo(MIFOTRA) iramagana abakoresha bagirana amasezerano y’akazi y’igihe gito n’abakozi babo, kuko ngo baba bagamije gukwepa ibyo babatangira bijyanye n’ubwiteganyirize bw’abakozi.
Abapadiri 30 bo mu bihugu byo muri Afurika, guhera tariki 28 Gashyantare kuzageza ku ya 2 Werurwe 2020, bari i Kibeho kugira ngo basobanurirwe iby’amabonekerwa yahabereye.
Abakozi ba Sosiyete ya MTN Rwanda icuruza ibyerekeranye n’itumanaho, ku wa Gatanu tariki 28 Gashyantare 2020 basuye Tuyisenge Jeannette, bishimira kumubona amaze koroherwa, ndetse yiteguye gusubira mu kazi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko Umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Gashyantare 2020 (no ku Cyumweru ku Badivantisiti) abantu bawukorera mu ngo zabo aho batuye, ugaharirwa ibikorwa by’isuku muri buri muryango, nk’uko iri tangazo rya MINALOC ribisobanura.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu tariki 28 Gashyantare 2020, yakiriye indahiro z’abayobozi bashya, barimo Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta, n’Abadepite.
Umukino wa gicuti wahuje ikipe y’igihugu Amavubi n’iya Congo Brazzaville mu rwego rwo kwitegura imikino ya CHAN, urangiye amakipe yombi anganyije 0-0.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buravuga ko ibikorwa by’iterambere byangije imitungo y’abaturage ibarirwa muri miliyoni 200frw.
Ubwo yari mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yababwiye ko bagomba kwita ku buremere bw’amagambo ari mu ndahiro, aho biyemeje kutazakoresha ububasha bahawe mu nyungu zabo bwite.
Ababyeyi batuye mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko gahunda y’itorero ryo ku mudugudu yafashije abana n’urubyiruko kwisubiraho bakareka ubuzererezi.
Bukuru Cyprien wari umaze amezi atandatu afungiye muri Uganda aho yari yaragiye ajyanywe no gushaka akazi, nyuma yo kurekurwa yiyemeje gushakira imirimo mu Rwanda kuko aho yagiye nta cyiza yahasanze.
Icyayi cya Hibiscus ni icyayi gikorwa mu ndabo za Hibiscus zumishijwe. Iyo zishyizwe mu mazi ashyushye, icyayi kigira ibara ritukura cyane, ukumva gisa n’ikiryoshye n’iyo nta sukari yaba irimo nk’uko tubisanga ku rubuga www.medicalnewstoday.com .
Agace ka gatandatu k’isiganwa rizenguruka igihugu kavaga i Musanze mu Majyaruguru kerekeza i Muhanga mu Majyepfo kegukanywe n’Umunya-Colombia RESTREPO VALENCIA Jhonatan.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, baratangaza ko inteko z’abunzi zigira uruhare mu kubakemurira ibibazo batagombye gusiragira mu nkiko.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo(MIFOTRA) yaburiye abantu ko Itegeko rigenga umurimo rihanisha uwakoresheje umwana imirimo ivunanye igifungo cy’imyaka itanu hamwe n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 kugera kuri miliyoni eshanu.
Algeria ibaye igihugu cya kabiri ku mugabane wa Afurika kigaragayemo Coronavirus, nyuma ya Misiri (Egypte), kuko ni cyo gihugu cya mbere cyagaragayemo umurwayi wa Coronavirus, aravurwa arakira.