
Nk’uko byatangajwe n’ikipe ya Kiyovu Sports ibinyujije kuri Twitter, yagize ati "Irambona Eric wakiniraga Rayon Sports amaze kudusinyira imyaka ibiri. Wakoze Eric kuza iwacu, ntabwo uzigera wicuza ku cyemezo wafashe."
Eric Irambona abaye umukinnyi wa kabiri uguzwe na Kiyovu Sports nyuma ya Babua Samson, ndetse hakiyongeraho abandi bakinnyi batatu b’urucaca bongereye amasezerano ari bo : Kapiteni Serumogo Ally, myugariro Mbogo Ally na Ishimwe Saleh.
Irambona Eric ni we mukinnyi wari umaze imyaka myinshi muri Rayon Sports aho yari amaze imyaka umunani akinira ikipe nkuru. Yazamuwe mu mwaka wa 2012 aho yari avuye mu ikipe y’abato yabaga i Nyanza.
Eric Irambona former Rayon Sports left back has penned a two year Deal with us, Thanks Eric for joining Us you will never regret your Decision @FERWAFA @GBrigadeFanClub @Radiotv10rwanda @Nyarugenge @CityofKigali @KapierreJean @DavidMugaragu pic.twitter.com/iQWvQa3Dky
— The Official Account of SC Kiyovu (@SCKiyovuSports) May 23, 2020
MENYA UMWANDITSI
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Mwiriwe nge ndi umukunzi wareyo ndagirango mpumurize abareyo bagenzi bange bitewe na vuruvuru Iri mwikipe yacu mwibukeko iyo umuntu agiye gusimbuka abanza gusubira inyuma akabona gusimbuka . Irambona we ndamwifuriza amahirwe masa ntacyo abareyo tumushinza ibyo yarafite yarabiduhaye ubundi tuzongera guhura murishampion tubanyagira rayon yanyuma yibibibazo muzayitege murakoze