Mu mbuga y’inyubako Radio Salus ikoreramo habonetse imibiri bikekwa ko ari iy’abishwe muri Jenoside
Amakuru aturuka mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo aravuga ko mu mbuga irimo inyubako Radio Salus ikoreramo habonetse ibimenyetso bigaragaza ko hashobora kuba hari imibiri bikekwa ko ari iy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Amakuru atangwa n’ubuyobozi bwa Radio Salus, Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye n’ubuyobozi bwa Ibuka mu Murenge wa Ngoma muri ako karere aravuga ko abanyamakuru b’iyo Radio ari bo babonye ibimenyetso birimo imyenda, babigeza ku buyobozi bwa Radio, nabwo bubigeza ku buyobozi bw’Akarere, bituma mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2020 haba ibikorwa byo gushakisha imibiri n’ibindi bimenyetso muri iyo mbuga.
Iyo nyubako yahoze ituyemo abakozi b’iyahoze ari Kaminuza y’u Rwanda, yegereye Stade ya Huye, bikavugwa ko hari abantu bahazanwaga mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bakicirwa mu nkengero z’iyo Stade.
Umuyobozi wa Ibuka mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, Norbert Mbabazi, avuga ko imibiri yabonetse mu mbuga ya Salus tariki 22 Gicurasi 2020, yaba yaragiye ibonwa n’abatunganyije ubusitani, ariko ntibayigaragaze.

Ibi abivuga ahereye ku kuba icyagaragaye ahari habonetse ibimenyetso by’uko hashobora kuba hari imibiri y’Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ari imyambaro ukwayo, itari kumwe n’imibiri uko yakabaye, ndetse n’amagufa manini ariko hatagaragara amatoya yayo, na yo ategeranye ku buryo wabona “ishusho” ya nyiri umubiri.
Ati “Bigaragara ko abatunganyije ubusitani bagiye bakurura itaka iyo mibiri na yo irimo, hanyuma bakongera bakayitaba, ntibanabitangeho amakuru.”
Mbabazi anavuga ko impamvu baketse ko imibiri iri muri buriya busitani ari iy’Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside, ari ukubera ko mu gihe cyo gutanga amakuru muri Gacaca hari abavuze ko bagiye gufata intwaro zo kwicisha Abatutsi muri Sitade Huye, hanyuma Abatutsi bari bahazanye bakajya kubicira hanze yayo.
Ubusitani bwabonywemo iriya mibiri ni ubw’inzu ebyiri za Kaminuza y’u Rwanda Radio Salus ikoreramo, ziri inyuma neza neza ya Stade Huye. Ni na yo mpamvu hakekwa ko imibiri yahabonetse yaba ari iya ba Batutsi biciwe inyuma ya Stade Huye.

Mbabazi anavuga ko ubu bari gushakisha amakuru ku bari batuye muri ziriya nzu zombi, kimwe no mu zindi ziri hafi aho, kugira ngo bamenye neza iby’iriya mibiri yabonetse. Ibizavamo ngo ni na byo bizababashisha gukomeza gushakisha imibiri muri buriya busitani.
Kugeza ubu icyo bumvise, ngo ni uko mu nzu za Kaminuza y’u Rwanda ziri inyuma ya Stade Huye hari iyari ituwemo n’Umurundi ndetse n’umu CDR bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mujyi wa Butare.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ohereza igitekerezo
|
Tubashimira kunkuru nziza muba mwaduteguriye Imana ibahe umugisha
Tubashimira kunkuru nziza muba mwaduteguriye Imana ibahe umugisha
Tubashimira kunkuru nziza muba mwaduteguriye Imana ibahe umugisha