Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yatangaje ko Leta y’u Rwanda yakiriye neza irekurwa ry’Abanyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda ku buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse n’iyoherezwa mu Rwanda ry’abandi Banyarwanda babiri bakekwaho kuba mu bagabye igitero mu Kinigi mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2019.
Bitewe nuko imiturire igenda itwara ubutaka bwari busanzwe buhingwaho, Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) igira abantu inama yo gutekereza ubundi buryo babona ibiribwa, aho abatuye mu mijyi bagirwa inama yo guhinga mu bikono batereka mu nzu (vases), hanze no hejuru yazo.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Masahiro Imai, yishimiye ko ubufatanye bw’igihugu cye n’ikigo cya Mutobo bwagize uruhare mu guha ubumenyi abatahuka bitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikari iri mu mashyamba ya Kongo Kinshasa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB kiratangaza ko amanota y’ibizamini bya Leta ku banyeshuri barangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2019 azatangazwa mu cyumweru gitaha.
Ahagana mu ma saa cyenda n’iminota cumi n’umwe (03h11min) mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Gashyantare 2020, nibwo abanyarwanda 15 bari bafungiye mu Gihugu cya Uganda mu buryo butemewe n’amategeko, bashyikirijwe u Rwanda, banyujijwe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda uherereye i Kagitumba mu Ntara y’Iburasirazuba
Mu mikino ibanza ya 1/8 ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bihugu byo ku mugabane w’u Burayi, amakipe ya Liverpool na Paris Saint-Germain ntiyahiriwe kuko yatsinzwe iyo mikino.
Abanyeshuri 45 basanzwe biga ikoranabuhanga mu ishuri ry’ubumenyi ngiro i Karongi (IPRC Karongi) batangiye kwiga ubumenyi mu gukoresha Drones, ayo masomo bakaba barayahawe n’inzobere zitabiriye irushanwa ryiswe Lake Kivu Challenge mu Rwanda.
Mu Karere ka Musanze abana bataye ishuri bagaragara bakora imirimo y’amaboko bahemberwa amafaranga y’intica ntikize, ubucuruzi bw’ibiribwa, no kuba inzererezi mu mihanda.
Ababyeyi bivugwa ko bateje impagarara ku ishuri no ku murenge bakabifungirwa, baravuga ko intandaro yo kugirana amakimbirane n’ubuyobozi bw’ikigo, ari uko bangaga itotezwa ikigo gikorera abana babo.
Umuryango w’Abibumbye (UN) urahamagarira abantu guhatanira igihembo kitiriwe ‘Le Prix Nelson Rolihlahla Mandela 2020’. Gutanga kandidatire bishobora gukorwa mu Cyongereza cyangwa mu Gifaransa.
Amakuru aturuka muri Uganda aravuga ko kuri uyu wa kabiri tariki 08 Gashyantare 2020 Uganda yarekuye Abanyarwanda 13 barimo abagabo icumi n’abagore batatu.
Umuryango w’abantu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wandikiye Umushinjacyaha Mukuru, Umumenyesha ko hari amakuru ufite ku mutungo w’umuntu wahamijwe ibyaha bya Jenoside ugiye kugurishwa.
Umwiherero ni umwanya abayobozi b’igihugu mu nzego zitandukanye bafata, bakiherera bagatekereza kuri ejo heza hazaza h’igihugu, bakajya Inama zizatuma bafatanya ntawe usigaye inyuma bakageza iterambere rirambye ku baturage bayobora. .
Majyambere Alex uherutse gufatanwa ihene yiyemerera ko amaze imyaka ibiri yiba kandi abifashwa no kuba azi amasaha abari ku irondo baryamira.
Mu Karere ka Musanze haracyari ibigo by’amashuri biri inyuma mu ireme ry’uburezi, kubera ko bitagira amazi meza n’umuriro w’amashanyarazi. Ibi ngo bitera abana gukererwa amasomo, kuko hari aho babanza kujya gushaka amazi yifashishwa mu isuku n’ayo gutekesha.
Umwarimukazi witwa Irikujije Christine w’imyaka 26, wigishaga ku rwunge rw’amashuri rwitiriwe Mutagatifu Kizito rwa Gikongoro, riherereye mu Murenge wa gasaka mu Karere ka Nyamagabe, yasanzwe mu rugo iwe yapfuye nyuma yo kwiyahura.
Kuva tariki 27-28 Gicurasi 2020, u Rwanda rushobora kwakira imikino ya 1/4 ya Basketball Africa League.
Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yatangaje ko igiye gutumiza Abaminisitiri bane muri Guverinoma bagatanga ibisobanuro ku bintu bitandukanye. Mu byo bagomba gusobanura harimo kuba hari gahunda za Leta zigamije iterambere ry’abaturage badashyira mu bikorwa hirya no hino mu gihugu.
Abasirikare 23 b’u Buholandi bakorera ku mugabane wa Afurika, bahuriye mu nama ibera mu Rwanda kuva tariki 17-21 Gashyantare 2020, bajya no kunamira bagenzi babo b’Ababiligi biciwe i Kigali mu 1994.
Abanyeshuri biga muri INES-Ruhengeri beretswe uburyo impinduramatwara ya kane ya Murandasi mu bijyanye n’inganda ifite umuvuduko ukabije, basabwa kwihutana na yo kugira ngo bakomeze kuyiyobora birinda ko yabayobora.
Muri Tombola y’amatsinda ya CHAN yabereye muri Cameroun kuri uyu wa Mbere, u Rwanda na Uganda bisanze mu itsinda rimwe
Mu Karere ka Kamonyi Abasukuti n’Abagide bafatanyije n’abaturage baho biganjemo urubyiruko, bateye ibiti 2000 birimo ibiribwa n’ibivangwa n’imyaka mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
Icyorezo cyiswe Coronavirus gikomeje kwibasira ahanini igihugu cy’u Bushinwa ndetse n’abantu batandukanye bo mu bindi bihugu hirya no hino ku isi bagaragaweho iyo ndwara, umuntu yakwibaza uko bimeze mu Rwanda.
Ingabire Rehema umwe mu bakobwa 20 bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2020, afite umushinga wihariye ujyanye no gushyiraho isoko ryihariye ry’abarimu, kugira ngo babashe kubaho neza bijyanye n’umushahara bahembwa.
Kaminuza za bimwe mu bihugu by’i Burayi zatangije ubufatanye na zimwe muri Kaminuza zo mu Rwanda, aho abarimu n’abanyeshuri bazajya basurana bakigana ibijyanye no kongera ibiribwa ndetse no kubungabunga ibidukikije.
Kuri uyu wa mbere ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryatangaje abakinnyi bazaba bagize Team Rwanda muri Tour du Rwanda 2020
Tetanos (Agakwega) ni indwara isa n’iyibagiranye mu Rwanda ndetse mu mwaka wa 2004 u Rwanda rwahawe icyemezo cy’Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga ryita ku Buzima (OMS), kigaragaza ko rudafite ibipimo biri hejuru bya tetanos.
Hari abaturage bamwe bavuga ko intama n’ubworozi bwazo muri rusange biriho bikendera bitewe n’uko inyungu bazibonagamo ziva mu bundi bworozi, abandi bakavuga ko nta nyungu bagikuramo.
Gahunda ya Gerayo Amahoro mu nsengero z’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi mu Karere ka Rubavu yayobowe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Twizere Karekezi, avuga ko Gerayo Amahoro igamije gukumira impanuka mu muhanda.
Pasitoro Abidan Ruhongeka uyobora Itorero ry’Abadivantisiti mu gice cy’Amajyepfo y’u Rwanda, avuga ko niba hifuzwa ko abantu bazagera mu ijuru amahoro, bakwiye no kwirinda impanuka bakagera ku rusengero amahoro.
Nyiricyubahiro Musenyeri Nzakamwita Servilien, Umushumba wa Diyoseze ya Byumba, akaba anahagarariye Umuryango ‘University of Technology and Arts of Byumba’ (UTAB), yashyizeDr.Ndahayo Fidel ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTAB.
Muri Tombola ya 1/8 mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports yatomboye Mukura, APR FC icakirana na Kiyovu
Abashoramari bakomoka mu Karere ka Nyaruguru barakangurirwa gufata iya mbere bakabyaza umusaruro amahirwe ari muri aka karere kugira ngo karusheho gutera imbere.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 17 Gashyantare 2020, ahagana saa kumi n’imwe, Kizito Mihigo w’imyaka 38 wari ufungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Remera yasanzwe yiyahuye arapfa.
Abategura irushanwa rya Miss Rwanda batangaje ko Ingabire Jolie Ange yavuye mu irushanwa nyuma y’uburwayi bukomeye butatuma akomeza urugendo rwo guhatana.
Ku bufatanye n’inzego zinyuranye za Leta n’abafatanyabikorwa, ababyeyi barerera mu Rwunge rw’amashuri rwa APAPEC Murambi mu Karere ka Rulindo, biyujurije amacumbi y’abanyeshuri nyuma yo kwishakamo ibisubizo bakusanya agera kuri miliyoni 86.
Nyinawumuntu Rwiririza Delice uri mu bahatanira ikamba rya Miss Rwanda, yahisemo umushinga wo gukangurira abakobwa bagenzi be kwiga amasomo ya Siyansi kubera uburyo yasanze Siyansi ari ingenzi mu mibereho rusange y’ubuzima bw’abantu cyane cyane mu gihugu cy’u Rwanda cyihuta mu iterambere ry’ikoranabuhanga.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera, asaba Abanyarwanda bakunda gutega moto kwirinda ubwira buterwa no gukererwa muri gahunda zabo, bagategeka umumotari kwihuta cyane kuko bishobora guteza impanuka.
Mu mikino y’umunsi wa 20 wa shampiyona, Rayon Sports yatsindiwe i Nyamirambo na Sunrise ibitego 2-0, bituma APR yatsinze Muhanga iyirusha amanota arindwi.
Perezida Kagame atangiza umwiherero w’Abayobozi urimo kuba ku nshuro ya 17, yagarutse ku bibazo u Rwanda rwatewe n’Abanya-Uganda, bakaba ari n’abaturanyi bo mu majyaruguru y’u Rwanda.
Mu ijambo ryo gutangiza umwiherero wa 17 w’Abayobozi, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yagarutse ku makosa yatumye Evode Uwizeyimana na Dr. Isaac Munyakazi bari Abanyamabanga ba Leta begura kimwe na Dr. Diane Gashumba wari Minisitiri w’Ubuzima.
Nyuma yo kugera hirya no hino mu madini n’amatorero, higishwa gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’, Polisi y’u Rwanda kuri iki cyumweru tariki ya 16 Gashyantare 2020 yakomereje ubu bukangurambaga mu Itorero ry’Abadventiste b’umunsi wa karindwi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Gabiro mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, mu mwiherero ubaye ku nshuro ya 17.
Mu gihe hasigaye amezi abarirwa muri ane ngo u Rwanda rwakire inama mpuzamahanga ikomeye kurusha izindi zose rwakiriye, imyiteguro irarimbanyije by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere (RDB), Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage z’u Rwanda, ku bufatanye na Minisiteri y’Ingabo (MINADEF), batoje abunganira ba mukerarugendo, kuzabamurikira amateka yo kubohora u Rwanda.
Abayobozi bagera kuri 400 baturutse mu nzego za Leta n’iz’abikorera, bageze i Gabiro mu Karere ka Gatsibo kuri uyu wa gatandatu tariki 15 Gashyantare 2020, aho bazamara iminsi ine mu mwiherero ubaye ku nshuro ya 17. Abayobozi kandi basuzumwe Coronavirus mbere yo kwerekeza i Gabiro mu Mwiherero. Dore uko bahagarutse i Kigali (…)