

Wari umukino wa kabiri mu itsinda rya kabiri wabereye kuri Stade Amahoro, ni nyuma y’umukino Kiyovu Sports yari yatsindiwemo na Rutsiro kuri Stade Umuganda i Rubavu.

Rayon Sports yamaze iminota myinshi y’igice cya mbere yihariye umukino, aho yaje no gutsinda ibitego bibiri byari byattsinzwe na Nishimwe Blaise ndetse na Drissa Dagnogo, ariko umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko habaga habayeho kurarira, igice cya mbere kirangira ari ubusa ku busa.

Igice cya kabiri kigitangira, Drissa Dagnogo yaje gusimburwa na Sugira Ernest wari wabanje ku ntebe y’abasimbura, nyuma umutoza aza no gukora izindi mpinduka aho Muhire Kevin yasimbuwe na Niyonkuru Sadjati, naho Ciza Hussein asimburwa na Sekamana Maxime.
Nyuma yo gusatirana ku mpanze zombi , umusifuzi yaje kongeraho iminota ine, Rayon Sports iza kubona igitego ku munota wa nyuma gitsinzwe na Sugira Ernest n’umutwe, ku mupira yari ahawe na Manace Mutatu.

Andi mafoto yaranze uyu mukino

















National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Ikipe yacu turayishyikiye ngwino dufatanye uzane umusanzu wae nange nzane uwange duhurize hamwe twikorere ikipe itwara ibikimbe naho ikigikombe cyo nicyacu ibi nuruc`abana
Rayon igikombe Ni cyacu ntawe tukirwe nite Ni shimiye kugaru kwamu hire. Kevve
Aba Rayon Sports twese turayeneza Sugira yakoze akazi tuba tumwitezeho,Yakoze cyane ,Dushimiye Imana ya tugabije Gasogi Yakoze cyane ntabwo umuyobozi wayo KNC twari kumukira ,nongera sabe Abafana ba Rayon Sports dukomeze dushyigikire Ikipe yacu tugura itike *702# ,kuko abakinnyi tubasaba itsinzi kuyibona rero nuko baba bahembwe,bakemuye needs zabo,Imana Yakoze yaduhaye Amanota 3 .
Sugira akomeje kwigarurira imitima y’Aba"Rayon" atumye turara neza.Ese KNC ageze he yegura? Wasanga avuze ko yikiniraga cg bikaba byabindi ko ururimi ari inyama yigenga...ikosora@com