Abarenga ibihumbi 20 batangiye ibizamini ngiro (pratique) bya Leta

Ikigo gishinzwe Ibizamini mu Rwanda (NESA) cyatangiye igihe cy’ibizamini bya Leta kuri uyu wa Mbere tariki 27 Kamena 2022, aho abagera kuri 20,136 biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro ndetse n’abakandida bigenga 1,414, barimo gukora ibizamini ngiro(pratique).

Umunyeshuri wiga iby'ikoranabuhanga muri SOS Technical High School imbere ya mudasobwa agiye gukora ikizamini
Umunyeshuri wiga iby’ikoranabuhanga muri SOS Technical High School imbere ya mudasobwa agiye gukora ikizamini

NESA ivuga ko Leta yishyuriye aba banyeshuri ibikoresho bifashisha mu bizamini ngiro bifite agaciro k’arenga miliyoni 800 z’amafaranga y’u Rwanda, kugira ngo barangize kwiga bashoboye gukora ibifite ireme.

Ubwo yatangizaga ibyo bizamini mu Ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya SOS riri i Gacuriro muri Kinyinya(SOS Techinical High School), Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bernard Bahati yagize ati “Leta iba yatanze uburyo bugaragara kugira ngo abanyeshuri bakore ibizamini, icyo tubasaba ni ukubikora neza kugira ngo na bo bagaragaze ko bize neza”.

Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bernard Bahati
Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bernard Bahati

Abarimo gukora ibizamini ngiro babarizwa mu mashami 36 y’imyuga yose ikenewe mu Rwanda, harimo ijyanye n’ubwubatsi, ububaji, gusudira, ikoranabuhanga, ubukanishi, ubudozi, amashanyarazi, gukora ibikoresha amashanyarazi (electronics), ubuhinzi n’ibindi.

Uwitwa Keza Honnette Nshutiyayesu wo muri SOS avuga ko mu myaka itatu ahamaze ubu ngo ashoboye gushyira za porogramu muri ‘raptor’ (akuma gatanga murandasi), akaba yanafasha abantu bafite telefone cyangwa mudasobwa kubona iyo murandasi mu bikoresho byabo.

Nshutiyayesu asobanura ko impamvu hari ubwo umuntu atabona murandasi muri telefone cyangwa mudasobwa ye bitewe n’uko nta huzanzira rihari(connection), ibikoresho cyangwa ahaturuka amakuru(data) hifunze.

Uwitwa Thierry Katabarwa we avuga ko bafite ibikoresho bihagije byatumye yiga neza ibijyanye no kubaka imbuga za murandasi ndetse no kuzitunganya, akavuga ko yiteguye gutsinda ibizamini.

Ati “Ngira ngo musura imbuga nkoranyambaga, hari biriya ubona bigaragara ariko hakaba n’ibitagaragara bituma ariya makuru agira aho abikwa, ibyo byose twagize amahirwe yo kubyiga kandi turabisobanukiwe neza.”

Undi munyeshuri yagitangiye
Undi munyeshuri yagitangiye

Umuyobozi wa SOS Techinical High School, Jean de Dieu Hakizayezu avuga ko abahakoreye ibizamini bagera ku 190, bashoje amasomo bafite ubushobozi bwo gukora imishinga ikenewe n’abantu ku giti cyabo cyangwa ibigo bitandukanye.

Hakizayezu avuga ko abo banyeshuri bagiye gusohoka bashobora gusana no gukora ibikoresho na za porogaramu bishya bisimbura ibisanzweho.

Akomeza agira ati “(Umunyeshuri) ashobora kuvugurura igikoresho kigize televiziyo hagashyirwaho ikindi, ashobora guhuza radio na telefone (ku buryo uhamagara aganirira n’undi kuri radio), ashobora kuvuga ati ‘kuki ntacana ‘cuisinière’ nkoresheje telefone nibereye hano’, ndetse akabariranya iminota umuceri umara ku ziko akazimya ya cuisinière, abana bacu barashoboye.“

Abiga ibinyanye n'amashanyarazi na bo babanje gukora ikizamini cyanditse
Abiga ibinyanye n’amashanyarazi na bo babanje gukora ikizamini cyanditse

Ikigo NESA kivuga ko mu barimo gukora ibizamini ngiro, abanyeshuri b’igitsina gore ari bo benshi bagera kuri 11,207 mu gihe abahungu ari 8,929.

NESA ivuga ko ibizamini bya Leta byatangiye gukorwa n’abiga mu mashuri atandukanye mu gihugu hose bagera kuri 429,518 (kuva mu mashuri abanza, ayisumbuye ya rusange n’ay’imyuga, hamwe n’amashuri nderabarezi), bakazabirangiza ku itariki ya 05 Kanama 2022.

Leta yatanze arenga miliyoni 800Frw ku bikoresho bizifashishwa mu bizamini ngiro by'abiga muri TVET
Leta yatanze arenga miliyoni 800Frw ku bikoresho bizifashishwa mu bizamini ngiro by’abiga muri TVET
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka