Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko umubare w’abasaba serivisi z’ubuvuzi binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga (digital systems) bikubye gatanu muri uyu mwaka wa 2021 ugereranyije n’umwaka ushize wa 2020.
Padiri Munyeshyaka Wenceslas ni Umunyarwanda wahungiye mu Bufaransa. Akekwaho kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ageze mu Bufaransa yakomeje gukora umurimo w’Ubupadiri muri Paruwasi zitandukanye.
Ikipe ya APR FC yaraye igeze muri Maroc aho igiye gukina umukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup na RS Berkane yo muri Maroc
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 03 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 10, bakaba babonetse mu bipimo 14,002.
Impuguke zivuga ko haba hakenewe ingamba n’ubugenzuzi bukomeye cyane ku mipaka, kugira ngo hatagira imiti yica udukoko mu myaka itemewe yinjizwa mu gihugu mu buryo bwa magendu.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika , Joe Biden yavuze ko kugeza ubu nta guma mu rugo ikenewe muri Amerika, kuko asanga iyo virusi abantu bashobora kuyirinda mu gihe bikingije kandi bagakomeza kwambara agapfukamunwa neza.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Koffi Olomide, kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Ukuboza 2021 yageze i Kigali aho aje mu gitaramo giteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu muri Kigali Arena.
Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yongeye kwibutsa no gukangurira abatwara ibinyabiziga kurushaho kubahiriza ibimenyetso byo mu muhanda kuko kutabyubahiriza bihanwa n’amategeko.
Umuhanzi King James uririmba cyane cyane mu njyana ya RnB yatangaje ko agiye gusohora Album ye ya karindwi yise ‘Ubushobozi’, igikorwa cyo kumurika iyo Album ye kikaba giteganyijwe ku itariki 12 Ukuboza 2021.
Itsinda riturutse mu Bwongereza ryari rimaze iminsi ibiri mu Karere ka Gakenke risura abagenerwabikorwa bahabwa inkunga y’ingoboka ya VUP, by’umwihariko abagenerwabikorwa bo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri bafite abana batoya mu rwego rwo kubagezaho indyo yuzuye. Abo bashyitsi bavuze ko banyuzwe n’uburyo inkunga batanga (…)
Kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Ukuboza 2021, ku kibuga cya Kimisagara- Football for Hope Center, habereye umuhango wo gutangiza Football y’abagore bafite ubumuga
Ba Dasso 26 bashya bo mu karere ka Musanze bagizwe na 19 b’igitsinagore barahiriye inshingano zabo, basabwa kurangwa n’imyitwarire myiza (discipline), birinda ruswa baharanira kurinda abaturage n’ibyabo.
Inama yiga ku mikoreshereze ya Interineti mu Rwanda yateraniye i Kigali, yiga uburyo bwo kuvugurura serivisi za Interineti nk’uburyo bufasha rubanda guhorana amakuru y’ibyo bakeneye, ariko no gutekereza uko barinda abana bakoresha Interineti.
Abajya gusengera i Kibeho bakunze kuvuga ko bahabonera ibitangaza binyuranye byaba ibimenyetso by’uko Bikira Mariya ari kumwe na bo, byaba gukemurirwa ibibazo bari bafite mu buzima, n’ibindi.
Umunyezamu Kwizera Olivier uheruka kongera amasezerano muri Rayon Sports, yatangiye imyitozo hamwe n’ikipe ye iri gutegura umukino wa Kiyovu Sports
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 02 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 19, bakaba babonetse mu bipimo 8,482.
Akarere ka Rubavu kakiriye ingufu z’amashanyarazi zitangiza ikirere zigomba gucanira inkengero z’ikiyaga cya Kivu no mu mujyi wa Gisenyi. Ni ingufu zitanga KW 12 zatwaye akayabo ka Miliyoni 63 zituruka ku mirasire y’izuba zatanzwe n’ikigo cya UN Habitat mu guteza imbere imiturire itangiza ikirere.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Ukuboza Polisi ikorera mu Karere ka Gatsibo yafashe uwitwa Hakizisuka Jean Claude w’imyaka 39, aracyekwaho kujya mu byanya bikomye akica inyamanswa mu bikorwa by’ubuhigi muri Pariki y’Akagera. Yafatiwe mu Murenge wa Rwimbogo, Akagari ka Minini, Umudgudu wa Nyamwiza.
Mu mpera z’iki cyumweru mu karere ka igisagara ho mu ntara y’amajyepfo harabera irushanwa ngaruka mwaka ryitwa Gisagara Tournament rihuza amakipe yose akina icyiciro cya mbere muri Volleyball abagabo n’abagore
Ishyaka PDI (Parti Démocrate Idéal ), ryizihije imyaka 30 ribayeho no gukomera ryagize mu guhagarara rigahangana n’ibyaha byakozwe n’ubutegetsi bwariho mu gihe ryavukaga, kandi rikanashobora gukora n’ubuyobozi bwiza bw’u Rwanda buriho uyu munsi.
Ku nshuro ya kane, uruganda nyarwanda rukora sima mu Rwanda (CIMERWA) ku bufatanye na Kigali Golf Llub rwongeye gutegura irushanwa ry’iminsi 2 mu mukino wa Golf rizwi nka Cimegolf, irya 2021 rikazakinwa tariki 3 n’iya 4 Ukuboza 2021 kuri Kigali resorts &Villas i Nyarutarama.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije avuga ko bifuza ko mu mwaka wa 2030 uzagera abanyarwanda 95% bafite ubwandu bwa Virusi itera ndetse na 95% babufite bafata neza imiti igabanya ubukana.
Mu biganiro hagati y’imiryango itandukanye y’abafite ubumuga, amabanki n’ibigo by’imari, byabaye tariki 01 Ukuboza 2021, hagaragajwe ubushakashatsi bwerekana ko 91% by’abafite ubumuga bagerwaho na serivisi z’imari, naho 9% ntizibagereho. Nyuma y’uko icyo cyuho kigaragajwe, abahagarariye ibigo by’imari bagize icyo babivugaho (…)
Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yateranye kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 Ugushyingo 2021, yafatiye ibihano abasifuzi barindwi bashinjwa amakosa mu mikino ya shampiyona
Umuryango witwa ‘Duterimbere’ utegamiye kuri Leta urimo gufasha abahinzi b’imbuto n’imboga mu Karere ka Nyagatare kuzamura umusaruro no kubafasha kuwugeza ku isoko mpuzamahanga kugira ngo babashe kuwukuramo inyungu nyinshi.
Kuva ku itariki ya 22 kugeza ku ya 26 Ugushyingo 2021, i Lomé muri Togo habereye amahugurwa ya Radio za gikirisitu zo mu bihugu bya Afurika bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Forum des médias Chrétiens d’Afrique francophone - FOMECAF) ku bufatanye na Radio Réveil yo mu Busuwisi.
Urukiko Rukuru rwa Gisirikare (rukorera i Kanombe) rwagabanyirije ibihano abasirikare babiri(Pte Nishimwe Fidèle na Pte Ndayishimiye Patrick) bashinjwaga gusambanya abantu ku gahato muri Kangondo(Bannyahe) kuko icyo cyaha cyabahanaguweho.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 01 Ukuboza 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 13, bakaba babonetse mu bipimo 8,513.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi (Fire Brigade), ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukuboza 2021 ryasoje amahugurwa yahabwaga abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda (Military Police) ku kwirinda no kurwanya inkongi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu babiri bakurikiranyweho ubujura bukoresheje ingufu bakoreye mu Mujyi wa Kigali mu bihe bitandukanye, bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro.
Hari ibihugu byafashe umwanzuro wo guheza bimwe mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo nyuma y’uko hagaragaye virusi ya Covid-19 yihinduranyije yiswe Omicron. Mu Nama y’Inteko rusange ya Komisiyo ishinzwe iby’indege za Gisivili ku Mugabane wa Afurika, Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyo bihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (…)
I Dakar mu Gihugu cya Senegal, tariki ya 30 Ugushyingo 2021 habaye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 Ambasade y’u Rwanda muri icyo Gihugu imaze ifunguye imiryango.
Umugabo n’umugore we bari baturutse muri Afurika y’Epfo bageze mu Buholandi bashyizwe mu kato muri Hoteli yo muri Amsterdam, nyuma Polisi ibafata bacitse bahunze ako kato bashyizwemo na Guverinoma y’igihugu cy’u Buholandi.
Urubyiruko rw’abafite ubumuga ni bamwe mu cyiciro bagifite ibibazo bikomeye byo gukorerwa ihohorerwa rishingiye ku gitsina ahanini bigaterwa n’uko nta bumenyi baba bafite ku buzima bw’imyororokere.
Ku munsi wa gatandatu wa shampiyona y’icyiciro cya mbere yakinwe kuri uyu wa Gatatu, Rayon Sports yatakarije i Rusizi, mu gihe AS Kigali na Police FC zabone amanota atatu
Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International (TI-Rwanda) wasesenguye Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2019/2020, usanga inzego z’ibanze zikwiye gukurikiranwa mu mikoreshereze y’umutungo wa Leta.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ya 73 y’Itangazo Mpuzamahanga ry’Uburenganzira bwa Muntu iba ku wa 10 Ukuboza buri mwaka, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu ifatanyije n’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku burenganzira bwa Muntu na zimwe mu Nzego za Leta hatangijwe icyumweru cyahariwe uburenganzira bwa Muntu (…)
Ku munsi wa mbere w’amakipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya ECAHF riri kubera muri Tanzania, amakipe y’u Rwanda yitwaye neza
Nyuma y’aho impirimbanyi z’uburenganzira bw’abagore zikomeje gusaba ko umuhanzi Koffi Olomide atakorera igitaramo mu Rwanda, ndetse bamwe bakaba baratangaje ko bashobora no gukora imyigaragambyo mu gihe iki gitaramo kitahagarikwa, abategura icyo gitaramo bagize icyo babivugaho.
Urubyiruko rufite ubumuga rwibumbiye mu muryango UWEZO ruvuga ko ubusanzwe bafite imbogamizi nyinshi zishamikiye ku bumuga, zituma badatera imbere ariko icyorezo cya Covid-19 na cyo kikaba cyarabigizemo uruhare runini aho bamwe babuze imirimo yabo ndetse Leta ikaba itarashyiraho uburyo bungana buborohereza mu gupiganwa ku (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 30 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 5, bakaba babonetse mu bipimo 8,322.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yaburiye Abaturarwanda batazubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yashyizweho n’Inama y’Abaministiri tariki 28 Ugushyingo 2021, ko bashobora kwikururira ibibazo byo gufatwa bakabihanirwa.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Uwamungu Theophile, umwanditsi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Gisenyi (Greffier) yafunzwe akurikiranyweho ibyaha byo kwaka ruswa y’ishimishamubiri rishingiye ku gitsina ndetse no kwiyitirira urwego rw’umwuga.
Abanyarwanda umunani bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda tariki ya 29 Ugushyingo 2021 banyujijwe ku mupaka wa Kagitumba.
Mu nama rusange yabaye tariki 27 Ugushyingo 2021 kuri Sitade Amahoro i Remera yahuje abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri (RAF), hagaragajwe ibikorwa byagezweho muri 2021 ndetse n’ibiteganywa gukorwa n’igihe cy’amatora ya komite nshya.