Abakozi 130 b’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Igororamuco (NRS), bitabiriye itorero ry’igihugu rizamara iminsi itanu, kuva tariki 09 kuzageza tariki 13 Gashyantare 2022, aho bizeye kurungukiramo ubumenyi buzabafasha kurushaho guha serivisi nziza abo bakira baza.
Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Gashyantare 2022, muri Village Urugwiro, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi.
Abahitanywe n’inkubi y’umuyaga yiswe Batsirai ivanze n’imvura nyinshi, biyongereye bagera kuri 92 muri Madagascar.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yasabye abayobozi kwita ku baturage no kubakorera neza. Yabibasabye ku wa 09 Gashyantare 2022, mu nama yagiranye n’abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Ngoma kuva ku rwego rw’Akarere kugera ku rwego rw’Akagari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abahinga mu Gishanga cya Nyamugari, kwibumbira muri koperative, kugira ngo babashe kubona amahirwe yo gukemura ibibazo bikigaragara mu buhinzi.
1. INZOZI JACKPOT LOTTO Ni IKI? INZOZI JACKPOT LOTTO ni umukino wa tombola woroshye kandi ushimishije, aho umuntu asabwa guhitamo imibare 6 hagati ya 1 na 49 yarangiza akayitondeka uko abyifuza. Ku munsi wo gutombola, sisitemu ihitamo imibare 6 hamwe n’umubare umwe wa bonus, abatsinze buri cyumweru ni abagiye bahuza (…)
Kuri uyu wa Kane tariki 10 Gashyantare 2021, Urukiko rw’Ubujurire rwasubitse urubanza ruregwamo Paul Rusesabagina n’abandi 20 bo mu mutwe yayoboraga wa MRDC-FLN, kubera uburwayi bw’umwe muri bo witwa Munyaneza Anastase.
Banki y’Isi yagaragaje ko Repubulika iharanira demokarasi ya Congo (DRC) ari amahirwe akomeye y’ubucuruzi bukomeje kwiyongera mu karere, by’umwihariko ku Rwanda, nk’uko imibare yo mu myaka yashize ibigaragaza.
Mu mikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, haratangira imikino yo kwishyura aho abakinnyi 11 batemerewe gukina kubera amakarita
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi “FIFA”, ryatangaje urutonde ngarukakwezi rw’uko amakipe akurikiranye mu mupira w’amaguru, aho u Bubligi bukomeje kuyobora mu gihe u Rwanda rwatakaje umwanya umwe.
Umuhanzi ukunzwe mu Rwanda no mu Karere, Bruce Melodie, yemereye Kigali Today ko azitabira Igitaramo cy’abakundana cyiswe ‘Concert des Amoureux pour la Paix’, kikazabera mu mujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abayobozi gukora cyane kugira ngo ibyo Perezida yemereye abaturage bigerweho 100%.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 33, bakaba babonetse mu bipimo 10,332. Abantu babiri bitabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi bazize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,449 nk’uko imibare (…)
Abarimu bigisha mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya IPRC-Musanze, baratangaza ko imikoranire hagati yaryo na Kaminuza ya Parma yo mu gihugu cy’u Butaliyani, irimo kubafasha kongera urwego rw’ubumenyi bw’amasomo bigisha, bigatuma barushaho kunoza imyigishirize ifite ireme.
Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yatanze raporo irimo icyifuzo cyo gusaba amashuri yose mu Rwanda, kujya agaburira abana ibiribwa byera mu gace aherereyemo.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022 yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, abahoze bakinira Arsenal ndetse bakayikoramo amateka akomeye ari bo Robert Pires na Ray Parlour, ndetse n’abo bari kumwe bo mu miryango yabo.
Abatuye mu Murenge wa Byumba mu Kagari ka Ngondore, basaba gukorerwa umuhanda Byumba-Ngondore ubahuza n’umupaka wa Gatuna, kugira ngo barusheho koroherwa no guhahirana n’abo mu bindi bice, kuko ufite ahantu henshi hangiritse cyane.
Ikipe ya Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, REG Basketball Club, yisanze mu itsinda rimwe na US Monastir yo muri Tunisia yakinnye umukino wa nyuma w’ irushanwa nyafurika rihuza amakipe akomeye yo ku mugabane wa Afurika rizwi nka BAL (Basketball Africa League).
Mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru, hari abahinzi bavuga ko bahoze bahinga marakuja n’ibinyomoro bikabaha amafaranga, ariko ubu bakaba basigaye babihinga amababi akikunja, bigatuma barumbya.
Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ishami ya Nyagatare, Kagwa Evalde, arasaba abahinzi gusarura ibigori byumye neza, hagamijwe ko umusaruro uba mwiza, kuko kenshi wangirika mu isarura.
Umukinnyi Kwizera Pierrot wari umaze iminsi ategerejwe muri Rayon Sports, yatangiye imyitozo kuri uyu wa Gatatu ku kibuga cy’imyitozo cya Nzove
Mu rwego rwo kurushaho kuzamura ubukungu bw’u Rwanda, Leta yiyemeje kugeza amashanyarazi ku baturage bose hirya no hino mu gihugu mu mwaka wa 2024. Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) iherutse gushyira ahagaragara gahunda ivuguruye yo gukwirakwiza amashanyarazi, aho ingo zizaba zifite amashanyarazi afatiye ku (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Musanze, barishimira Urwibutso ruri hafi kuhuzura, bakavuga ko iyi ari intambwe ikomeye itewe mu gusubiza ababo icyubahiro, bambuwe ubwo bicwaga urw’agashinyaguro mu gihe cya Jenoside.
Abaturage bo mu Kagari ka Kagomasi mu midugudu ya Runzenze na Rushubi ndetse n’ikigo cy’amashuri abanza cya Kagomasi, bishimiye umuyoboro w’amazi meza begerejwe, kuko hari icyo uje guhindura mu mibereho yabo.
Umukinnyi Hakim Ziyech w’imyaka 28 ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya Chelsea, agakinira n’ikipe y’igihugu ya Maroc, yamaze gutangaza ko asezeye mu ikipe y’igihugu nyuma y’igihe kinini adahamagarwa kubera ibibazo yagiranye n’umutoza wayo, Vahid Halilhodzic wamushinje kubeshya.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’amadini n’amatorero mu Karere ka Huye, buributsa abayobora n’abigisha mu matorero batabifitiye impamyabumenyi, ko hasigaye umwaka umwe n’igice gusa ngo babe batakibyemerewe.
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, nibwo hashyizwe ahagaragara itangazo riturutse muri Minisiteri y’Ingabo ya Uganda, rivuga ko Perezida Museveni akaba n’Umugaba mukuru w’Ikirenga w’Ingabo, yagize Major General Abel Kandiho, umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Polisi ya Uganda. Yari aherutse kumukura ku (…)
Abaturage hamwe n’inzego zishinzwe kurwanya ubukene mu Rwanda, baratanga icyizere cy’uko mu myaka itatu iri imbere (2024) gahunda ya VUP (Vision 2020 Umurenge Program), izaba yaranduye ubukene bukabije mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe cy’imyaka itatu gusa, impanuka zahitanye abantu 2103, zikaba zabaye mu myaka ya 2019, 2020 na 2021.
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU) wakuyeho icyemezo cyari cyafashwe mu 2016, cy’ibihano byari byafatiwe u Burundi, nko guhagarika imfashanyo y’amafaranga arimo n’ayari agenewe inzego za Leta.
Mu minsi ibiri ishize ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Mozambique, bagabye ibitero mu duce twa Pundanhar na Nhica do Ruvuma mu Burengerazuba bw’Akarere ka Palma muri Mozambique, hagamijwe kwirukanamo inyeshyamba zari zikigaragara muri utwo duce.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 20, bakaba babonetse mu bipimo 11,264.
Perezida Kagame yavuze ku kibazo cy’umupaka w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe warafunzwe cyane cyane uwa Gatuna, dore ko ari n’umwe mu mipaka ikoreshwa cyane. Yabigarutseho kuri uyu wa kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu myanya mishya.
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare muri Burkina Faso kuri uyu wa kabiri tariki 08 gashyantare 2022, rwasabiye igifungo cy’imyaka 30 uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, Blaise Compaoré.
Akenshi uburwayi bwo mu mutwe iyo bufashe umuntu, bivugwa ko ava aho yari ari akagendagenda bityo akaba ashobora kugera kure, ku buryo arenga n’urusisiro rw’iwabo abamubonye mu gihe batamuzi ntibamenye agace aturukamo.
Mu mukino wa gicuti wahuje ikipe ya Rayon Sports na Nyanza FC, urangiye ikipe ya Rayon Sports inyagiye Nyanza FC ibitego 4-0
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ubwo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu myanya y’ubuyobozi, yaboneyeho no kugaragaza uko umubano w’u Rwanda n’abaturanyi uhagaze.
Aborozi bororera mu nkengero za Pariki ya Gishwati-Mukura, bamaze iminsi bagaragaza ikibazo cy’inyamaswa ziva muri Pariki zikaza kubarira amatungo, cyane cyane zikibasira inyana zikiri nto.
Urubanza rw’ubujurire rw’abaregwa hamwe na Paul Rusesabagina rwakomeje kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, aho abaregwa batanze ikirego cyuririra ku bujurire bw’abaregeye indishyi.
Amazi y’imvura akomeje gufunga imihanda yo mu makaritsiye anyuranye yo mu nkengero z’umujyi wa Musanze, aho abaturage basaba ubuyobozi kubakemurira icyo kibazo, nyuma yo kubona ko iyo mihanda yarengewe n’ibiziba, bikaba bikomeje kubagiraho ingaruka.
Elizabeth II ni Umwamikazi wa kabiri w’Ubwami bw’u Bwongereza (United Kingdom), bugizwe n’ibihugu bine: England, Scotland, Wales na Northern Ireland.
Abantu bagera kuri 20 bapfuye mu gihe ababarirwa mu bihumbi 55 bakuwe mu byabo n’inkubi y’umuyaga yiswe Batsirai, ivanze n’imvura nyinshi mu burasirazuba bwa Madagascar, nk’uko abayobozi babitangaje.
Urwego rw’igihugu rushinzwe Tekiniki, Imyuga n’ubumenyingiro (RTB), ruratangaza ko guhera mu mwaka utaha w’amashuri, muri TVET hazatangira kwigishirizwa amasomo y’iby’indege na Gari ya moshi.
Abashumba ni inyito y’abemera kwandikwaho imitungo itari iyabo, bikorwa na bamwe mu bayobozi baba bashaka guhisha Urwego rw’umuvunyi imitungo yabo.
Ku Cyumweru tariki 06 Gashyantare 2022, ubwo hasozwaga ku mugaragaro inama ya 35 y’Inteko ya Afurika yunze Ubumwe y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, yateraniye ku cyicaro gikuru cya AU i Addis Ababa muri Ethiopia, yafatiwemo icyemezo cyo gusubika guha Isiraheli umwanya wo kuba indorerezi muri AU.
Robert Pires na Ray Parlour bamamaye mu ikipe ya Arsenal bagaragaje ko bagiriye ibihe byiza mu Rwanda, muri gahunda bajemo ya Visit Rwanda, y’ubufatanye bw’u Rwanda n’iyi kipe yo mu Bwongereza.
Bamwe mu bahinzi ba soya mu Karere ka Gatsibo bavuga ko babuze imbuto yayo y’indobanure, bagasaba kuyegerezwa, gusa ubuyobozi bwo buvuga ko imbuto ihari ahubwo abahinzi batayisaba, nk’uko basaba iy’ibigori muri Smart Nkunganire.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 07 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 16, bakaba babonetse mu bipimo 9,235.
Abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya gisirikare, Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC), kuri uyu wa Mbere batangiye icyumweru cy’urugendo ngarukamwaka, mu rwego rwo gutegura amasomo (NST 2022). Uyu mwaka insanganyamatsiko igira iti “Iterambere ry’imibereho n’ubukungu binyuze mu bikorwa bigira ingaruka”.