Tanzania: Umusore warokoye abantu mu mpanuka y’indege yahembwe, ahabwa n’akazi

Jackson Majaliwa wari umurobyi wagize uruhare runini mu kurokora abagenzi 24 bari mu ndege yaguye mu kiyaga cya Victoria muri Tanzania yahembwe miliyoni y’Amashilingi akoreshwa muri Tanzania (abarirwa mu bihumbi 450 uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda) ahabwa n’akazi keza.

Minisitiri w'Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa (wambaye indorerwamo) ari mu bashimiye uyu musore
Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa (wambaye indorerwamo) ari mu bashimiye uyu musore

Iyo mpanuka yari ikomeye, dore ko yahitanye abagenzi 19 mu bari mu ndege.

Igikorwa cyo kuyamushyikiriza cyari cyitabiriwe na Minisitiri w’ Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa, kikaba cyabereye i Bukoba kuri Stade ya Kaitaba, aho abazize impanuka bunamiwe bakanashyikirizwa imiryango yabo.

Usibye kuba uwo musore yashyikirijwe iryo shimwe, Perezida wa Tanzania Samia Suluhu yahise amuha n’akazi mu itsinda rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro ndetse amusabira kujya kwihugura kugira ngo yongere ubumenyi.

Umurobyi Jackson Majaliwa yashimwe kubera ubutwari yagaragaje mu gutabara abari mu kaga
Umurobyi Jackson Majaliwa yashimwe kubera ubutwari yagaragaje mu gutabara abari mu kaga

Uwo murobyi Jackson Majaliwa wabonye iyo mpanuka iba, yavuze yari ari mu kazi ke k’uburobyi, nuko abona indege ita icyerekezo cy’aho yaganaga, ijya mu kiyaga cya Victoria.

Ngo yahise akora kuri bagenzi be batatu bahita bihutira gufungura umuryango w’indege ahawe ikimenyetso n’uwari utwaye iyo ndege, gusa byarangiye uyoboye indege n’umwungirije bo baguye mu mpanuka, abo barobyi babasha kurokora abagenzi 24.

Ni impanuka yababaje abatuye muri Tanzania no hanze yayo. Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yihanganishije ababuze ababo muri iyi mpanuka mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Twitter.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Uwomusore icyogihembo cyiramukwiye!ahubwo. nakorecyane

gasigwa yanditse ku itariki ya: 19-11-2022  →  Musubize

tubababajwe nabobavandimwe bakomeze kwihangana.

niyonkuru yanditse ku itariki ya: 10-11-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka