APR FC izakina na Power Dynamos ku Munsi w’Igitinyiro

Ikipe ya APR FC yatangaje ko izakina na Power Dynamos yo muri Zambia, ku Munsi w’Igitinyiro uteganyijwe tariki 17 Kanama 2025.

Iby’uyu mukino wa gicuti uzabera kuri Stade Amahoro saa cyenda z’igicamunsi, APR FC yabitangaje inyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo imenyesha abafana bayo.

Yagize iti "Ku ya 17 Kanama, tuzakira Power Dynamos FC ku Munsi w’Igitinyiro."

Uretse uyu mukino, APR FC iheruka gutsinda Gasogi United ibitego 4-1, ikanganya na Gorilla FC 2-2 mu mukino wa mbere ndetse na 1-1 mu mukino wa kabiri, kuri iki Cyumweru tariki 3 Kanama 2025 izabanza gukina na Police FC kuri Kigali Pelé Stadium saa cyenda zuzuye.

Power Dynamos izahagararira Zambia muri CAF Champions League 2025-2026, ibikesha gutwara igikombe cya shampiyona 2024-2025.

Ibiciro by'Umunsi w'Igikundiro tariki 17 Kanama 2025
Ibiciro by’Umunsi w’Igikundiro tariki 17 Kanama 2025
Ibiciro byo kwinjira ku mukino uzahuza Police FC na APR FC kuri iki Cyumweru
Ibiciro byo kwinjira ku mukino uzahuza Police FC na APR FC kuri iki Cyumweru

National Football League

Ibitekerezo   ( 2 )

Aprfc yacu igo gutsinda kugirango itwereke uko imbere hayo hameze, ndayizeye. kuriyi nshuro nizereko izajyana mu matsinda

Mbonyinshuti Marc yanditse ku itariki ya: 3-08-2025  →  Musubize

APR ndayifana cyane kuva nkiri umwana mutoya kugeza ubungubu icyo nashimira kigali today ni uko iduha amakuru agezweho kandi yizewe

JP WAVES yanditse ku itariki ya: 2-08-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka