Abaturage bo mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi baravuga ko bishimira ibyo Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda imaze kubagezaho nyuma y’imyaka 21 u Rwanda rumaze rwibohoye none ngo bakaba bifuza ko Itegeko Nshinga ryahinduka kugira ngo Perezida Paul Kagame, Umuyobozi wa FPR Inkotanyi, azongere kwiyamamariza kuyobora iki (…)
Abaturage b’Umurenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi baravuga ko ikibazo cy’inkuba zikubita abantu kimaze kuba karande kuko nta mwaka ushira zitishe abantu.
Abagore bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko mu rwego rwo kubahisha abagabo babo biturutse ku rukundo n’umuco bavutse basangaho, babakorera ibikorwa bimwe n’ibikorerwa umwana w’uruhinja birimo kubuhagira no kubasiga amavuta, ndetse no kubaheka mu mugongo bajya kubaryamisha mu masaha ya ninjoro.
Umugabo witwa Nzabamwita Vincent uvuka mu Karere ka Karongi yafatiwe mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi akekwaho kwambura abaturage yiyita umusirikare mukuru (Officer).
Abasore batatu bo mu Kagari ka Nyange mu Murenge wa Bugara mu Karere ka Rusizi batawe muri yombi ku wa 10/03/2015 bakekwaho kwica umusaza Bizabarabandi Vincent w’imyaka 55 y’amavuko, bashaka kumwambura amafaranga ibihumbi bibiri yari afite ni uko bakayarwanira ari nabwo bamuteye umugeri mu nda agahita yitaba Imana.
Sedorogo Fabien wo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga wahoze utuye mu Karere ka Rusizi, avuga ko yakorewe akarengane n’uruganda rwa Shagasha rwamwambuye imitungo ye itimukanywa none hashize imyaka 16 atarishyurwa.
Gusobanukirwa n’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ngo bizatuma abaturage b’Akarere ka Rusizi bamenya amahirwe bawufitemo bityo bagure ibikorwa byo kwiteza imbere mu bucuruzi n’ubuhahiranire mu bihugu byose biwugize.
Mu gitondo cyo ku wa 02/03/2015, abakinnyi b’ikipe ya Espoir FC banze gukora imyitozo kubera ko bamaze igihe cy’amezi 2 badahembwa.
Abagore bo ku kirwa cya Ishwa giherereye mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bibumbiye mu itsinda ry’abantu 10 ryitwa “Ishwa nziza” borojwe Inkoko 50 mu rwego rwo kubatinyura kwikorera ngo biteze imbere, ku wa 28/02/2015.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yagonze inzu y’umugore witwa Nyirantuyahaga Seraphine utuye mu Mudugudu wa Kabageyo, Akagari ka Rangiro ho mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi abantu bane barakomereka, umwe akaba arembye.
Umwana witwa Shema Darius w’imyaka 9 wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi yarohamye mu Mugezi wa Rusizi mu ma saa tanu zo ku wa 25/02/2015 ubwo yari agiye koga ari kumwe n’abandi aburirwa irengero.
Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Mururu, urukiko rwa gisirikare rwakatiye igifungo cy’imyaka icumi n’ihazabu isaga miliyoni n’igice z’amafaranga y’u Rwanda Private Habakwitonda Apollinaire, umusirikare mu ngabo z’u Rwanda (RDF) washinjwaga gusambanya umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko ku ngufu akanamutera inda itifuzwa.
Imirimo ikorerwa mu Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Nyamasheke, irimo n’uburobyi ngo yaba yaragurishijwe rwiyemezamirimo n’ubuyobzi bw’amakoperative y’abarobyi bwacyuye igihe, ku buryo ibikorerwa muri icyo kiyaga byose bizajya bibanza gutanga umusanzu kuri uwo rwiyemezamirimo.
Mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015, abarimu batandatu batawe muri yombi na Polisi mu Karere ka Nyamasheke baguwe gitumo ngo bakurikiranyweho gukoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko amafaranga ya VUP.
Kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015, abagororwa b’abagore bose bari bafungiye muri Gereza ya Rusizi bimuriwe muri Gereza Nkuru ya Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo naho abagabo bari muri Gereza ya Nyamagabe bimurirwa mu ya Rusizi, muri gahunda ya politiki y’amagereza yo kudafungira hamwe abagore n’abagabo.
Raporo yashyizwe ahagaragara na Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Rusizi iragaragaza ko ingo 772 zo muri aka karere zibanye nabi ndetse zirangwa n’amakimbirane.
Imiryango 378 y’abaturage bo mu Karere ka Rusizi mu Kagari ka Pera, mu Murenge wa Bugarama irasaba ubuyobozi kuyirenganura ku byangombwa by’ubutaka bita ubwabo ariko bukaba bwanditse kuri MINAGRI.
Abaturage bo mu midugudu irindwi mu midugudu 12 igize Akagari ka Ryankana, mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, barishimira ibikorwa by’ubuhinzi bwabo bwabakuye ku dutadowa bakaba bacana amashanyarazi.
Abacuruzi bo mu Karere ka Rusizi barasaba ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gukora ubuvugizi kugira ngo ubucuruzi bwambukiranya imipaka bakorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bubashe kunoga.
Umucungamutungo w’Umurenge wa Nyakarenzo n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kanoga mu Karere ka Rusizi baburiwe irengero mu cyumweru gishize, ibura ryabo, nk’uko byagaragajwe mu nama y’umutekano, ngo ryaba rifitanye isano n’ibyo bagenzi babo bakoraga muri uwo murenge bakurikiranweho n’ubutabera byo gukoresha nabi (…)
Bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze cyane cyane abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Rusizi ngo barangwa n’amarangamutima mu gikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe.
Umusore Dusenge Saidi uzwi ku izina rya The Black atangaza ko ubufindo bwe bwo kwitobagura ibice by’umubiri bitandukanye birimo amatwi, amaso, mu ijosi, akanahuza umunwa w’epfo n’uwa ruguru akoresheje igikwasi ntaho buhuriye n’imbaraga za Shitani.
Abanyarwanda batahutse bava mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) baravuga ko inama barekoreshwaga n’umutwe wa FDLR zigamije kubangisha igihugu cyabo bababwira ko utashye wese ahura n’itotezwa ritandukanye, arizo zibera benshi inzitizi mu gutahuka kuko zibaca intege.
Bamwe mu bagize uruhare mu rupfu rwa Mukandabasanze Dorothée w’imyaka 34 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Renga, Akagari ka Muhehwe mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi bakatiwe igihano cyo gufungwa burundu undi umwe agabanyirizwa ibihano.
Mu rwego rwo kubafasha kuborohereza ingendo bakora bimwe mubigo nderabuzima bya Nyabitimbo na Rwinzuki byo mu karere ka Rusizi bifite ibibazo by’imiteterere mibi yingendo bitewe n’uko nta modoka zihagera , byahawe ibinyabiziga bya Moto bizajya bibafasha kwihuta no gutunganya akazi kabo neza.
Abaturage bakora umwuga w’uburobyi mu kiyaga cya kivu, bavuga ko iki kiyaga ari ubukungu bukomeye kuko isambaza n’amafi bagikuramo bimaze kubavana mu bukene mu buryo bugaragarara.
Ku gicamunsi cyo kuwa 04/02/2015, inzego z’umutekano zataye muri yombi abayobozi b’utugari dutanu two mu Murenge wa Nyakarenzo ndetse n’umukozi ushinzwe ubuhinzi n’ushinzwe ubworozi muri uyu murenge, bakekwaho gukoresha nabi amafaranga ya VUP agenewewe gufasha abaturage.
Urukiko rukuru, urugereko rwa Rusizi rwanze ubujurire bwa Nzeyimana Oscar wahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Rusizi na bagenzi be ku cyemezo cyo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo bafatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Rusizi.
Ubwo intumwa za Rubanda mu nteko ishinga amategeko zasuraga Umurenge wa Gikundavura wo mu Karere ka Rusizi zatunguwe n’ibiro uwo murenge ukoreramo, kuko bakihagera bakubitswe n’icyuka cy’impumuro mbi yavaga muri ibyo biro.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi yabwiye abaturage ko agaye ku mugaragaro bamwe mu bayobozi batekinika bagahimba imibare minini y’abaturage bafite ubwishingizi mu kwivuza, aho usanga iyo mibare itajyana n’amafaranga yatanzwe kugira ngo kwivuza ndetse n’imiti iboneke mu bitaro no mu bigo nderabuzima.