Abagize inama y’igihugu y’abagore bo mu Mirenge ya Kamembe na Gihundwe, ku wa 25 Mata 2015, bakusanyije inkunga yiganjemo ibiribwa n’imyambaro mu rwego rwo gufasha bagenzi babo b’Abarundi bahungiye mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare iri mu Karere ka Rusizi.
Abayobozi b’ibimina by’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) bo mu mirenge inyuranye y’Akarere ka Rusizi banyereje miliyoni zisaga 9 z’amafaranga y’u Rwanda, barasabwa kuzishyura bitarenze ukwezi kwa 5 batarafatirwa ibihano bikarishye.
Abagize ihuriro ry’amakoperative y’abatwara abagenzi kuri moto, COOPERATIVES DE RUSIZI (U.M.R), kuri wa 23 Mata 2015, bakoze urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no gusaba akarere ko kabagereza ubutumwa mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda ko bifuza ko Itegeko Nshinga ryahinduka, Perezida Kagame akemererwa (…)
Ku wa 22 Mata 2015, Urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rwagize abere Nzeyimana Oscar wari umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Bayihiki Basile wari umuyobozi w’akarere wari wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Rusizi, ndetse na Nzayituriki Théoneste wari ushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu bitaro bya Gihundwe, ku (…)
Mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi , mu Mudugudu wa Gitwa mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Mata 2015, umugabo witwa Ngamije Innocent w’imyaka 36 yazindutse ajya gucukura amabuye yo kubaka muri Carrieri akigerayo umusozi ngo uramugwira ahita yitaba Imana.
Mu rwego rwo kuzamura imibereho y’abaturage by’umwihariko abagore n’urubyiruko umushinga wa World Vision ugiye gutangira ibikorwa byawo mu Kerere ka Rusizi kugira ngo uzamure imibereho y’abaturage.
Umugabo witwa Ndayisenga Mariko wo muri Komine Butereri mu gihugu cy’u Burundi yageze mu Karere ka Rusizi mu nkambi ya Nyagatare yakira impunzi by’agateganyo ku wa 17 Mata 2015, avuga ko ahunze “Imbonerakure” nyuma yo kwanga gukorana nazo.
Impunzi z’Abarundi 25 zageze munkambi ya Nyagatere yakira impunzi by’agateganyo ibarizwa mu karere ka Rusizi mu murenge wa Gihundwe, aho bavuye iwabo babeshye ko baje mu giterane k’ivugabutumwa kugira ngo batangirwa guhita ku mupaka.
Cyiza Alexandre, umupolisi wo muri Komine ya Mugina, Intara ya Cibitoki mu Burundi yahungiye mu Rwanda nyuma yo kubona ko ubuzima bwe buri mu kaga.
Mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi haguye imvura yuzuza imigezi ya Katabuvuga na Muhuta yahise imena amazi menshi asandara mu mirima no mu mazu y’abaturage akorerwamo ubucuruzi n’ayo guturamo.
Mu Nkambi ya Nyagatare yakira impunzi by’agateganyo iri mu Karere ka Rusizi, ku wa 14 Mata 2015, hageze abanyarwanda 28 batahutse bava muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Nyuma y’ibikorwa bibi birimo ingengabitekerezo ya Jenoside no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi byagaragaye mu Murenge wa Bugarama kuva gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda yatangira kugeza ubu, abaturage b’Umurenge wa Bugarama bafatanyije n’inzego z’ubuyobozi zitandukanye, ku wa 14 Mata (…)
Ahagana mu ma saa kumi z’igitondo cyo ku wa 13 Mata 2015, mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Bugarama mu Kagari ka Pera mu Mudugudu wa Kinamba, umugore warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 witwa Solina Mukantagozera yasohotse ajyanye umwana we kwiherera ahura n’abantu babiri bahita bamufata bamuzirika amaguru (…)
Nyuma y’uko umugore witwa Mukangwije Vérène warokotse Jenoside yaraye atwikiwe ikiraro cy’inka ubwo abandi bari mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi hongeye kuboneka ikindi gikorwa gihohotera uwarokotse Jenoside, ubwo ahagana saa cyenda (…)
Abantu bataramenyekana batswitse ikiraro cy’umukecuru warokotse Jenoside yakorewe abatutsi witwa Mukangwije Vérène wo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Bugarama mu Kagari ka Ryankana, ubwo yari yagiye mu bikorwa byo kwibuka ku shuro ya 21 Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, ku wa 05 Mata 2015 hageze abagore babiri n’abana 4 bahunze bava mu gihugu cy’u Burundi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nyakarenzo baravuga ko bababajwe n’amafaranga yabo batanze kuri biyogaze ariko hakaba hashize imyaka 2 zidakora.
Agatsiko k’abantu umunani bo mu Murenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi bari bagiye gutera urugo rw’uwitwa Twagirayezu Frederic wo mu Mudugudu wa Gahinga kugira ngo bamwivugane, ku bw’amahirwe bahura n’irondo bararwana ariko ribarusha imbaraga, batatu muri bo barakomereka ubu bari kuvurirwa mu kigo nderabuzima cya Mushaka, (…)
Abana b’imfubyi 5 bo mu Kagari ka Burunga, mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi barasaba gufashwa kwishyura cyangwa gusonerwa umwenda basigiwe n’ababyeyi babo kuko nta bushobozi bwo kuwishyura bafite.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga muri Kaminuza “Rusizi International University” iri mu Karere ka Rusizi rurashima ko Leta y’u Rwanda yabatekerejeho ikabaha kaminuza ijyanye n’ubushobozi bwabo mu gihe ako karere karere ingoma zabanje zitagafataga nk’akari mu Rwanda kubera kuba hakurya ya Nyungwe.
Bamwe mu banyarwanda batuye muri Zambia bari rugendo rwa “Ngwino urebe ugende ubwire abandi” mu Rwanda baravuga ko ishusho basanganye u Rwanda itandukanye n’uko barusize batarahunga haba mu bikorwa remezo birimo amashuri, imihanda, amazu y’amagorofa, amavuriro, amasoko n’ibindi.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imari n’Umutungo mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda kuri uyu wa 26 Werurwe 2015 basuye Akarere ka Rusizi bagiye kureba aho kageze gakoresha ingengo y’imari yako y’uyu mwaka wa 2014-2015 maze ntiyishimira kuba bamaze gukora ibingana na 46% y’ibyo bategeganyije mu ngengo y’imari kandi umwaka usa (…)
Umuyobozi ushinzwe abinjira n’abasohoka mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), NGOY MUKALAY Sixte arizeza abanyarwanda bakorera imirimo inyuranye muri RDC ko bagiye kuvugurura imikorere mibi irangwa ku mupaka wa Rusizi I.
Mu gihe hasigaye amezi atatu ngo umwaka w’ingengo y’imari urangire, Akarere ka Nyamasheke ngo ntikaranakoresha 50% by’ingego y’imari ku bikorwa biyemeje kuzakora muri uyu mwaka wa 2014-2015.
Umuyobozi wa Gereza ya Rusizi, Superintendent Christophe Rudakubana aratangaza ko nta bagororwa barangije igihano bakomeza gufungwa, kuko amadosiye yabo akurikiranwa umunsi ku wundi bityo urangije igihano agataha.
Ku wa 23 Werurwe 2013, uwari Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi. Nzeyimana Oscar, yaburanye ubushinjyacyaha bumusabira gufungwa imyaka 7 kubera guhakana ibyo aregwa, naho Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu watawe muri yombi ku wa 22 Werurwe 2015 ashyikirizwa ubushinjacyaha.
Mu Karere ka Rusizi kuri uyu wa 21 Werurwe 2015 ni ho hatangiriye ibitaramo bya PGGSS5 aho abahanzi barushanwa bari babukereye mu gushimisha abafana babo ariko abafana bo bakavuga ko kuri iyi nshuro baha amahirwe abahanzikazi.
Abaturage bo mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi baravuga ko babangamiwe n’ibibazo bitandukanye bya hato na hato bikururwa n’indaya zicumbitse aho batuye, kuko ngo ntawe ugitora agatotsi kubera intoganya n’imirwano by’urudaca hagati yazo n’abakiriya cyangwa abo zibye amafaranga.
Abaturage bo mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi baravuga ko bishimira ibyo Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda imaze kubagezaho nyuma y’imyaka 21 u Rwanda rumaze rwibohoye none ngo bakaba bifuza ko Itegeko Nshinga ryahinduka kugira ngo Perezida Paul Kagame, Umuyobozi wa FPR Inkotanyi, azongere kwiyamamariza kuyobora iki (…)