Bamwe mu bakoze Jenoside n’abayikorewe bo mu Karere ka Rusizi ku wa 23/06/2015, bagendereye abagororwa bo muri Gereza ya Rusizi mu rwego rwo kubashishikariza kubohoka bagasaba imbabazi abo bahemukiye .
Mu rwego rwo gufata mu mugongo no kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda , Ibitaro bya Gihundwe, ku wa 14 Kamena 2015, byatanze inkunga y’ibihumbi 200 yo kubaka Urwibutso rwa Kamembe n’inka y’inzungu ifite agaciro k’ibibumbi 200 yo gufasha umwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere (…)
Bamwe mu bakozi b’Ibitaro bya Gihundwe mu Karere ka Rusizi barinubira ko ibitaro bitabaha amafaranga yabo y’agahimbaza musyi mu gihe ngo bamwe muri bagenzi babo bayahabwa kandi ngo bakora akazi kamwe.
Abagororwa bagera ku bihumbi 2 na 870 bo muri Gereza ya Rusizi kuri uyu wa 04 Kamena 2015, batumye ubuyobozi bw’iyo gereza kubasabira Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ko Itegeko Nshinga ryavugururwa Perezida Kagame akemererwa kwiyamamaze kuri manda ya gatatu.
Mu gihe muri Kaminuza yigenga “Rusizi International University” havugwa amakimbirane ngo akomoka ku bwumvikane buke hagati y’abayishinze, Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi burabasaba kurangiza ibibazo bafitanye kuko ngo byangiza ireme ry’uburezi bikanatuma abarimu badahembwa.
Mu rwego rwo kurushaho kubungabunga ubuzima bw’umwana no guhesha agaciro cy’icyayi cy’u Rwanda mu mahanga, abafite uruhare mu guteza imbere uburezi bw’umwana barimo Abarimu, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’ababyeyi, barasabwa gukura abana mu mirimo ivunanye barimo cyane cyane mu buhinzi bw’icyayi, abakoreshwa mu ngo ndetse (…)
Isangano ry’abagore baharanira amajyambere y’icyaro (Reseaux des Femmes) rigiye gutangiza umushinga witwa “TUSHIRIKI WOTE” mu Karere ka Rusizi ugamije kongerera ubushobozi abagore 100, by’umwihariko abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka mu rwego rwo kubateza imbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko mu gihe abandi Banyarwanda badatuye ku birwa bahabwa inguzanyo n’ibigo by’imari bagatanga ingwate z’imitungo yabo, bo ngo hashize imyaka 2 barafatiwe ingamba n’ibigo by’imari bikorera muri ako karere.
Umuturage witwa Ntamukunzi Modeste wo ku kirwa cya Nkombo giherereye mu Karere ka Rusizi yahaye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ikibanza, kubera kumukunda ashingiye ku byo yabagejejeho.
Minisitiri w’ubutabera mu Rwanda, Johnston Busingye, avuga ko nta muturage wakagombye kuba agifite imanza zaciwe n’inkiko Gacaca zitararangizwa kugeza magingo aya. Ni muri urwo rwego asaba ubuyobozi gufasha abaturage kugira ngo imanza zaciwe zirangizwe, kuko umuturage watsindiye ibyo aburana ntabihabwe nta butabera aba yahawe.
Abanyeshuri umunani biga mu mwaka wa gatandatu muri ETO Mibirizi baraye bagenda kubera amakimbirane bafitanye n’umuyobozi w’ishuri ryabo, kuko yanze kubajyanira ibyangombwa bazakoreraho ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye hamwe n’iby’abandi mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA).
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko ingoma zose zagiye ziyobora u Rwanda nta n’imwe yigeze ibageza ku iterambere nk’iryo bagezeho ubu, bakifuza ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakomeza kuyobora u Rwanda kugeza igihe azaba atakibashije kuyobora.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza aravuga ko nyuma y’uko Umurenge wa Nkombo wo mu Karere ka Rusizi wari waribagiranye, ubu ugaragaza impinduka nyinshi zikomeye mu iterambere haba mu bikorwaremezo birimo amashuri, ibigo nderabuzima, amashanyarazi n’ibindi, ibyo kandi bikaba bigaragara no mu mibereho y’abaturage.
Umugore witwa Hugette Mireille, yibarutse umwana w’umuhungu nyuma y’iminsi itatu amaze ageze ku butaka bw’u Rwanda mu Karere ka Rusizi ahunga umutekano muke uri mu gihugu cye cy’u Burundi.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwitiriwe mutagatifu Agustine rwa Giheke, ku wa 20 Gicurasi 2015, batanze inkunga z’ibiribwa, imyambaro ndetse n’amasabune byo gufasha impunzi z’Abarundi 55 ziri mu nkambi ya Nyagatare yakira impunzi by’Agateganyo, ibarizwa mu Karere ka Rusizi, mu Murenge wa Gihundwe.
Ababyeyi bacuruza isambaza ahitwa Mubudike ho mu Karere ka Rusizi bavuga ko kuva kera bakuze basanga abagore bacuruza isambaza bagira umuco wo guhemba mugenzi wabo wibarutse, mu rwego rwo kugira ngo abone icyo aheraho agaruka mu kazi dore ko aba amaze iminsi ari ku kiriri ntacyo abasha gukora.
Mu kwibuka kuncuro ya 21 urubyiruko rwo mu karere ka Rusizi rwishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, urubyiruko rwitabiriye iki gikorwa rwasabwe kwirebera mu indorerwamo y’Ubunyarwanda kuko aribyo byatuma batagwa mu mutego w’amacakubiri yasenye igihugu atuma habaho na Jenoside.
Muri Kaminuza yigenga ya “Rusizi International University” haravugwamo kutumvikana hagati y’abanyamigabane b’iyo Kaminuza ari bo ba Nyirayo n’umuyobozi bari barashyizeho witwa Dr. Gahutu Pascal.
Abafundi 250 bakora umwuga wo gusiga amarangi mu karere ka Rusizi bibumbiye muri sendika y’abakora ubwubatsi n’ububaji, ubukanishi n’ubukorikori (STECOMA) bahuguwe ku buryo banoza umwuga wo gusiga amarangi mu kazi kabo ka buri munsi n’ahandi akoreshwa, kuri uyu wa gatandatu tariki 9/5/2015.
Abaturage bo mu Tugari twa Miko na Kabasigirira two mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi bavuga ko bafata Perezida wa Repubulika, Paul Kagame nk’intumwa y’Imana ku isi, kuko ku buyobozi bwe bagezweho n’iterambere.
Umuryango w’ Abanyamerika witwa STARKEY HEARING FOUNDATION ukora utwuma twunganira abafite ubumuga bwo kutumva kugira ngo bashobore kumva, kuri uyu wa 06 Gicurasi 2015, waduhaye abafite ubumuga bwo ku tumva bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke.
Umushinwa witwa Li Peng wamaze no gufata izina ry’ikinyarwanda rya “Irakiza” ukora mu ruganda rukora rwa CIMERWA rubarizwa mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, nyuma yo gukunda igihugu cy’u Rwanda n’imico y’abagituye, yahisemo gukorera ubukwe bwe mu Rwanda.
Visi perezida w’urukiko rurinda itegeko nshinga mu Burundi, Nimpagaritse Sylvère yasesekaye mu Murenge wa Bweyeye mu Karereka Rusizi ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba wo ku wa 04 Gicurasi 2015 hamwe n’umugore we n’abana 5, bahunze kubera umutekano muke yari afite bishingiye ku mirimo yari ashinzwe.
Abarokokeye Jenoside mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe mu w’1994 baranenga abahoze ari abashumba n’abayobozi bakuru b’itorero ADEPER babatereranye ubwo bicwaga n’interahamwe, nyamara kandi Imana yarabimitse kugira ngo baragire neza umukumbi wayo.
Abibumbiye mu makoperative y’abahinga umuceri mu Kibaya cya Bugarama bagera kubihumbi 6500 barasaba Inteko Nshingamategeko y’U Rwanda guhindura ingingo 101 yo mu Itegeko Nshinga kugira ngo bazongera bahabwe amahirwe yo kongera kwitorera Paul Kagame ngo azakomeze kubayobora muri manda itaha.
Abakora imirimo inyuranye mu karere ka Rusizi bamaze gutera intambwe barasabwa kujya batanga ubuhamya bwaho batangiriye, kugira ngo bitere imbaraga nabandi bakiri hasi bityo nabo bakore bafite icyizere cyo gutera imbere.
Sibomana Cyrille wo Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi wari ufite imyaka 23 y’amavuko mu gihe cya Jenoside ngo yarokoye abatutsi benshi bahigwaga none yagororewe kuri uyu wa 29 Mata 2015 ahabwa inka n’izindi mpano nyinshi.
Abarobyi 11 bo muri Kongo Kinshasa, bamaze gutabwa muri yombi n’abashinzwe kurinda Ikiyaga cya Kivu (gardes peches) ku mugoraba wo kuri uyu wa 28 Mata 2015 babashyikiriza abashinzwe umutekano ubwo babasangaga mu mazi y’ u Rwanda barobesha indobani zitemewe zo mu bwoko bwa kaningini.
Umusore witwa Nzeziryayo Emmanuel wo mu Kagari ka Gahungeri mu Murenge Gitambi ari mu maboko ya Polisi, akekwaho kuba yaba yishe nyina umubyara mu ijoro ryo kuri uyu wa 28 Mata 2015 akamujugunya mu musarane.