Abayobozi batandatu bakora muri serivisi zitandukanye bafashwe n’inzego z’umutekano bakekwaho gukoresha nabi amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA).
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasaba ibigo nderabuzima n’ibitaro bya Gihundwe na Mibirizi kugaragaza uruhare bagize mu micungire y’amafaranga y’ubwisungane mu buvuzi buzwi nka mitiweli no kwishyuza ibyo batakoze, nyuma ya raporo yakozwe n’ubugenzuzi bw’intara y’uburengerazuba ku micungire mibi y’amafaranga y’ubu bwishingizi.
Abagore babiri n’abana bane bavuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) bavuga ko nyuma yo kuva muri RDC babuze amikoro yo kubageza aho bakomoka.
Nyuma y’ukwezi kumwe gusa mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi hibwe ibendera ry’igihugu, mu gitondo cyo ku wa 26/12/2014, mu Kagari ka Gahinga mu Murenge wa Mururu irindi bendera ryaburiwe irengero
Mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, polisi y’igihugu yafashe litiro 2700 z’ibiyobyabwenge bikoze mu biyoga by’ibikorano bifite agaciro ka miriyoni 2 n’ibihumbi 700 by’amafaranga y’u Rwanda, ahagana mu ma saa tanu z’amanywa zo ku wa 25/12/2014.
Inama yahuje abayobozi bashinzwe uburezi n’umuyobozi w’akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ku wa 24/12/2014, yibanze ku isuku nkeya igaragara mu bigo by’amashuri harimo ibiheri byateye abanyeshuri aho barara.
Umuyobozi w’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu Karere ka Rusizi, Bajyinama Athanase yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kuwa 20/12/2014, akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe.
Mu gihe isi yose yizihiza umunsi mukuru wa Noheri kuri uyu wa 25 Ukuboza, mu mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi abaturage baho baravuga ko bimwe mu biribwa bikunze gukoreshwa byazamuye ibiciro cyane cyane umuceri, inyama n’ibirungo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, ubw’imirenge n’inzego z’umutekano bafashe umwanzuro wo guhagurukira ikibazo cy’abanyarwanda bajya gufata indangamuntu z’i Burundi kuko gishobora guhungabanya umutekano kidafatiwe ingamba zikomeye
Inama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Rusizi yongeye kuvuga kuri serivisi mbi zihabwa abarwayi mu bitaro bya Mibirizi, aho hakomeje kuboneka ipfu z’abarwayi barimo ababyeyi bapfa babyara.
Umusore w’imyaka 22 witwa Isiraheri kuri uyu wa 22/12/2014 yazengurukijwe umujyi wa Kamembe yikoreye inyama z’ihene ebyiri yari yibye akazibaga.
Urubyiruko rwo mu matorero ya gikirisitu atandukanye yo mu bihugu by’u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC), by’umwihariko abo mu Karere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu muri RDC, rurasabwa gukomeza kubaka no guharanira kwimakaza umuco w’amahoro arambye mu karere k’ibiyaga bigari.
Akarere ka Rusizi karasaba abaturage kujya kurega Rwiyemezamimo wabambuye mu butabera kugira ngo barenganurwe.
Bamwe mu babyeyi bo mu mirenge iherereye mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi baratangaza ko ikibazo cy’abana b’abakobwa bagenda bakuramo inda kigenda kirushaho gukaza umurego uko iminsi igenda icyanamo, aho bavuga ko ahanini giterwa nirari ry’ikigihe kimwe n’umuco wo kudahana abana.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi baratangaza ko batarasobanukirwa neza akamaro ko kuba u Rwanda rwarinjiye mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kuko ahanini bakunze guhahirana n’abaturanyi babo bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) kandi bo batabarizwa muri uwo muryango.
Umukecuru witwa Julienne Nyirabanguka w’imyaka 59 wari utuye mu kagari ka Kacyangugu mu murenge wa Kamembe ho mu karere ka Rusizi yanigiwe mu nzu ye mu gitondo cyo ku wa 18/12/2014, n’abagizi ba nabi bataramenyekana basiga bibye nibyo yari atunze.
Nyuma yaho mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi hafatiwe imbunda yari imaze iminsi ikoreshwa mu kwambura abaturage ibyabo ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasaba abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze guhangana n’abashaka guhungabanya umuteno w’abaturage n’igihugu muri rusange.
Ibitaro bya Gihundwe, ibya Mibirizi n’ibigo nderabuzima byo mu Karere ka Rusizi birashinjwa ubujura bwo kwishyuza amafaranga menshi ugereranyije n’ubuvuzi baba bahaye abanyamuryango b’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza (MUSA).
Nyuma y’ikiganiro cyahawe abagororwa bo muri gereza ya Rusizi ku kwirinda gupfobya Jenoside no kurwanya ingengabitekerezo yayo, kuri uyu wa 16/12/2014, abagera kuri 228 bahise batangaza ko biteguye kujya gusaba imbabazi abo bahemukiye.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi baravuga ko ubuyobozi bw’inzego zibanze bubateranya na bagenzi babo aho bufata ibyemezo bwacya bakivuguruza, cyangwa n’ibifashwe nk’ibyemezo ntibishyirwe mu bikorwa.
Abaturage bo mu kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi bavuga ko nyuma yo kugezwaho gahunda ya Girinka, Ubudehe na VUP babashije korora amatungo magufi n’amaremare none ubutaka bwaho busigaye bugira umusaruro kubera ifumbire bakura muri ubwo bworozi.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi hafungiye abagabo babiri b’abashoferi bakekwaho guha abapolisi ruswa nyuma yo kubafatira mu makosa yo kwica amategeko yo mu muhanda.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Muganza yo mu Karere ka Rusizi hafungiye umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko ukurikiranyweho icyaha cyo kujugunya umwana we mu musarani nyuma yo kumubyara.
Bamwe mu barimu n’abashinzwe uburezi mu Karere ka Rusizi baravuga ko bishimira intambwe imaze guterwa muri gahunda y’uburezi budaheza kuko yatumye n’abana bafite ubumuga butandukanye bagerwaho n’uburezi.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi rurasabwa gufata ingamba zo gukumira ruswa no kudahishira abayitanga kimwe n’abayisaba.
Abaturage batuye akarere ka Rusizi n’ubuyobozi bw’Akarere basanga ko kuba Hagiye gutangizwa Ishami ry’icyiciro cya gatatu rya Kaminuza y’u Rwanda Mu ntangiro za 2015 ari amahirwe kuribo yaba mu iterambere ry’aka Karere kimwe no guhendukirwa ku bifuzaga gukomeza amasomo yabo dore ko bakoraga ingendo bagana hirya no hino (…)
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) bugaragaza ko imitangire ya serivisi mu nzego z’ibanze igihura n’imbogamizi zirimo imicungire y’itangwa rya Serivisi, kutamenya kwakira neza ababagana n’ubunyamwuga kimwe n’ubumenyi bukiri hasi kuri bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kugurizanya “Abakundana” ikorera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi baravuga ko batumva impamvu abayobozi bayo bashaka ko iseswa abayihombeje miliyoni 24 batagaragaye ngo babibazwe.
Mushimiyimana Ephrem wari usanzwe ari umukozi mu biro by’ubugenzuzi bukuru bw’imari ya Leta ni we wemejwe n’inama njyanama y’Akarere ka Rusizi nk’umunyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’ako karere.
Hafi buri rugo mu karere ka Rusizi rworoye inka ariko amata menshi acuruzwa muri ako karere aba yaturutse mu tundi turere tw’igihugu cyane cayene i Nyanza.